Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Obadiya 1:12 - Bibiliya Yera

12 Ariko ntukarebēre ku munsi wa mwene so, umunsi yabonyemo amakuba, kandi ntukishime ku Bayuda ku munsi barimbutsemo, kandi ntukababwirane ubwibone ku munsi bagizemo amakuba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Ntimwari mukwiye gukina ku mubyimba bene wanyu bageze mu makuba, ntimwari mukwiye kwishimira kurimbuka kw'Abayuda, ntimwari mukwiye no kubirataho igihe bari mu kaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Ntimwari mukwiye gukina ku mubyimba bene wanyu bageze mu makuba, ntimwari mukwiye kwishimira kurimbuka kw'Abayuda, ntimwari mukwiye no kubirataho igihe bari mu kaga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Ntukanezezwe no kubona umuvandimwe wawe, umunsi yagwiririwe n’amakuba! Ntukishimire kuri bene Yuda, ku munsi w’irimbuka ryabo, kandi ntukabavuge nabi ku munsi w’akababaro!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Obadiya 1:12
27 Iomraidhean Croise  

Abazaza nyuma ye bazatangarira umunsi we, Nk'uko abamubanjirije bafashwe n'ubwoba.


“Hari ubwo nishimiye kurimbuka k'unyanga, Cyangwa nkishyirishwa hejuru n'uko ibyago bimugezeho?


Kuko imbwa zingose, Umutwe w'abanyabyaha untaye hagati, Bantoboye ibiganza n'ibirenge.


Uwiteka, ne gukorwa n'isoni kuko ngutakiye, Abanyabyaha abe ari bo bakorwa n'isoni, Bacecekere ikuzimu.


Ariko ncumbagiye barishima baraterana, Abatagira umumaro banteraniraho sinabimenya, Baranshishimura ntibarorera.


Umwami Imana izamuseka, Kuko ireba yuko igihe cye kigiye gusohora.


Azitura inabi abanzi banjye, Ubarimbure ku bw'umurava wawe.


Wa mbaraga yanjye we, nzagutegereza, Kuko Imana ari yo gihome kirekire kinkingira.


Ariko washyize hejuru ihembe ryanjye nk'iry'imbogo, Nsīzwe amavuta mashya.


Ushinyagurira umukene aba atuka Iyamuremye, Uwishimira ibyago by'abandi ntazabura guhanwa.


Watukishije Uwiteka abagaragu bawe uravuga uti: Nzamukanye igitero cyinshi cy'amagare yanjye y'intambara, ngeze mu mpinga z'imisozi, mu mirenge yo hagati y'i Lebanoni. Nzatema imyerezi yaho miremire n'imiberoshi yaho myiza cyane, kandi nzinjira mu ijuri ryo mu ishyamba hagati mu isambu yera.


Abanzi bawe bose barakwasamiye, Barakwimyoza bahekenya amenyo. Bati “Twamumize bunguri, Ni ukuri uyu ni wo munsi twari dutegereje, None turawubonye, turawuruzi.”


Ishime kandi unezerwe, mukobwa wa Edomu we, Utuye mu gihugu cyo muri Usi. Nawe igikombe kizahita kikugeraho, Uzasinda wiyambike ubusa.


Uzamenya yuko jye Uwiteka numvise ibitutsi byawe byose watutse imisozi ya Isirayeli ukavuga uti “Bihindutse amatongo, turabihawe ngo tubirimbure.”


Uko wishimye yuko gakondo yanyu y'inzu ya Isirayeli ibaye umwirare ni ko nzakugenzereza, nawe uzaba umwirare wa musozi wa Seyiri we, ndetse na Edomu yose. maze bazamenye yuko ndi Uwiteka.’ ”


“ ‘Aravuga ati: Ni ukuri navuye mu muriro mfuhira abasigaye bo mu mahanga n'Abedomu bose, abihaye igihugu cyanjye ngo kibabere inzungu, bafite ibyishimo byuzuye imitima bakanegurana, bakagira ngo bakinyage.’


Ubu amahanga menshi ateraniye kugutera aravuga ati “I Siyoni nihangizwe, amaso yacu arebe ibibi tuhifuriza.”


Ageze hafi abona umurwa arawuririra ati


N'ururimi na rwo ni ko ruri: ni urugingo ruto rukirarira ibikomeye. Murebe namwe ishyamba naho ari rinini rite, uburyo ritwikwa n'agashashi gato cyane!


kuko bavuga amagambo akakaje yo kwihimbaza, bashukashuka abari mu ihunga ryo guhunga abagenda bayobye, babashukashukisha irari ry'umubiri n'imigenzo y'isoni nke.


Abo ni abitotomba n'ababubura bagenda bakurikiza irari ryabo, akanwa kabo kavuga amagambo atumbyemo agasuzuguro, bubahira abantu kubakuraho indamu.


Ihabwa akanwa kavuga ibikomeye n'ibyo gutuka Imana, ihabwa no kurama ngo imare amezi mirongo ine n'abiri.


Ntimukongere kuvuga iby'ubwibone bikabije bityo, Ntimukabe abanyagasuzuguro mu byo muvuga, Kuko Uwiteka ari Imana izi byose, Kandi ari yo imenya urugero rw'ibyo abantu bakora.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan