Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 4:2 - Bibiliya Yera

2 bajya imigambi bose uko bangana ngo bajye kurwanya ab'i Yerusalemu, babatere imidugararo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Bose bahuza umugambi wo gutera i Yeruzalemu no kwangiza ibyaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Bose bahuza umugambi wo gutera i Yeruzalemu no kwangiza ibyaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Bahuza umugambi kugira ngo baze gutera Yeruzalemu maze bayivutsemo imidugararo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 4:2
17 Iomraidhean Croise  

Maze abantu bo mu gihugu batera Abayuda gucika intege, mu iyubaka barabarushya.


Ubwo bezaga inkike y'i Yerusalemu, bashatse Abalewi aho babaga hose ngo babazane i Yerusalemu, bareme ibirori byo kuyeza banezerewe, bashimisha indirimbo bafite n'ibyuma bivuga na nebelu n'inanga.


Uwo munsi batamba ibitambo bikomeye baranezerwa kuko Imana yari ibateye umunezero mwinshi, kandi abagabo n'abagore n'abana bato baranezerwa, bituma umunezero wo muri Yerusalemu wumvikana kure.


Uhereye ubwo abagaragu banjye bamwe bakomezaga gukora uwo murimo, abandi bakenda amacumu n'ingabo n'imiheto n'amafurebo y'ibyuma, kandi abatware bari inyuma y'ab'umuryango wa Yuda babavuna.


Nuko ku munsi wa makumyabiri n'itanu w'ukwezi kwitwa Eluli inkike ziruzura, twari tumaze iminsi mirongo itanu n'ibiri tuzubaka.


Bagambirira imigambi y'uburiganya ngo bagirire nabi ubwoko bwawe, Bagire inama abo urindira mu rwihisho.


“Ku ngoma ya Hezekiya umwami w'Abayuda Mika w'i Moresheti yarahanuye, abwira abantu b'i Buyuda bose ati ‘Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga: i Siyoni hazahingwa nk'umurima naho i Yerusalemu hazaba ibirundo by'imisaka, n'umusozi wubatsweho inzu y'Uwiteka uzaba nk'aharengeye hose ho mu ishyamba.’


“Mbese ntiwumvise icyo ubwo bwoko bwavuze? Ngo ‘Ya miryango ibiri Uwiteka yari yitoranyirije yayiciye.’ Uko ni ko bahinyura abantu banjye, kugira ngo barorere kuba ubwoko bukiriho.


Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n'impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.


Uwiteka we, numvise inkuru zawe zintera ubwoba, Uwiteka we, hembura umurimo wawe hagati yo muri iyi myaka, Hagati yo muri iyi myaka ujye uwumenyesha, Mu burakari wibuke kubabarira.


Uwo munsi Uwiteka azarinda abaturage b'i Yerusalemu, umunyantegenke muri bo azamera nka Dawidi, kandi inzu ya Dawidi izamera nk'Imana, nka marayika w'Uwiteka uri imbere yabo.


“Mbese hari uwahinyura imishinga? Kandi bazanezerwa babonye timazi mu ntoki za Zerubabeli, kandi ibyo birindwi ni byo maso y'Uwiteka acuragana mu isi yose.”


Ahubwo Imana yatoranije abaswa bo mu isi ngo ikoze isoni abanyabwenge, kandi yatoranije ibinyantege nke byo mu isi ngo ikoze isoni ibikomeye,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan