Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Nehemiya 1:9 - Bibiliya Yera

9 kandi uti ‘Ariko nimungarukira mukitondera amategeko yanjye mukayasohoza, nubwo abirukanywe banyu bazaba ku mpera y'isi, nzabakurayo mbateranye mbazane aho nitoranirije nkahatuza izina ryanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ariko nimungarukira mugakurikiza amabwiriza yanjye, naho mwaba muri iyo gihera mwarajyanywe ho iminyago, nzabakoranyiriza hamwe mbagarure ahantu nzaba naratoranyije kugira ngo habe icyicaro cyanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ariko nimungarukira mugakurikiza amabwiriza yanjye, naho mwaba muri iyo gihera mwarajyanywe ho iminyago, nzabakoranyiriza hamwe mbagarure ahantu nzaba naratoranyije kugira ngo habe icyicaro cyanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

9 ariko nimungarukira mugakomeza amategeko yanjye kandi mukayakurikiza, kabone n’aho abajyanywe bunyago banyu bazaba bari inyuma y’ijuru, nzabakoranya maze mbagarure aho nahisemo kugira ngo mpatuze izina ryanjye.’

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Nehemiya 1:9
28 Iomraidhean Croise  

bakakugarukira n'umutima wabo wose n'ubugingo bwabo bwose bari mu gihugu cy'ababisha babo babajyanye ari imbohe, bakagusenga berekeye igihugu wahaye ba sekuruza babo n'umurwa watoranyije n'inzu nubakiye izina ryawe,


Uwiteka aramubwira ati “Numvise gusenga kwawe no kwinginga kwawe wingingiye imbere yanjye. Nereje iyi nzu wubatse kugira ngo izina ryanjye riyibemo iteka ryose, kandi amaso yanjye n'umutima wanjye bizayihoraho iminsi yose.


Muvuge muti “Mana y'agakiza kacu, udukize.” Utubumbire hamwe udukuye mu mahanga, Kugira ngo dushime izina ryawe ryera, Twishimire ishimwe ryawe.


Kandi Imana yahabesheje izina ryayo, nineshe abami bose n'amahanga yose n'abazaca mu itegeko ryanjye, bakaramburira amaboko yabo ngo basenye iyo nzu y'Imana y'i Yerusalemu. Jyewe Dariyo ntegetse iryo tegeko, risohozwe n'umwete wose.”


Uwiteka Mana yacu udukize, Udutarurukanye udukure mu mahanga, Kugira ngo dushime izina ryawe ryera, Twishimire ishimwe ryawe.


Akabatarurukanya abakura mu bihugu, Aho izuba rirasira n'aho rirengera, Ikasikazi no ku nyanja.


Uwiteka yongera kūbaka Yerusalemu, Ateranya abimuwe bo mu Bisirayeli.


Kandi azashingira amahanga ibendera, ateranye Abisirayeli baciwe, azateraniriza hamwe Abayuda batatanye, abakuye ku mpera enye z'isi.


Uwo munsi Uwiteka azakubita imbuto ze ngo ziragarike, uhereye ku Ruzi ukageza ku kagezi ka Egiputa. Nuko muzatoragurwa umwe umwe, mwa Bisirayeli mwe.


Umwami Imana ikoranya ibicibwa bya Isirayeli iravuze iti “Nzongera kumukoraniriza abandi udashyizeho abe bakoranijwe.”


Nimara kubaca nzagaruka mbagirire imbabazi, nzabagarura umuntu wese asubire mu mwandu we, n'umuntu wese mu gikingi cye.


“Nimugaruke bana basubiye inyuma mwe. Ni ko Uwiteka avuga. Kuko mbabereye umugabo kandi nzabakuramo umwe mu mudugudu, na babiri mu muryango mbajyane i Siyoni.


“Nimwumve ijambo ry'Uwiteka mwa mahanga mwe, muryamamaze mu birwa biri kure muti ‘Uwatatanije Isirayeli ni we uzabakoraniriza hamwe, akabaragira nk'umwungeri uragira umukumbi we.’


“Dore ngiye kubakoraniriza hamwe mbakuye mu bihugu byose aho nari nabatatanirije, mbitewe n'uburakari bwanjye n'umujinya wanjye ndetse n'umujinya ukaze, kandi nzabagarura ino mpabatuze amahoro.


Uwiteka avuga atya ati “Dore ubwoko buje buturuka mu gihugu cy'ikasikazi, ishyanga rikomeye rizahagurutswa riturutse ku mpera z'isi


“Nuko ubwire ab'inzu ya Isirayeli uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Nimugaruke mwimūre ibigirwamana byanyu, mukure amaso yanyu ku bizira byanyu byose.


Nuko nzabavana mu mahanga, mbakoranirize hamwe mbakuye mu bihugu byose, maze nzabageza mu gihugu cyanyu bwite.


“Nimuhora mwumvira amategeko yanjye, mukitondera ibyo nategetse mukabyumvira,


Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Dore nzakiza abantu banjye, mbakure mu gihugu cy'iburasirazuba no mu cy'iburengerazuba,


Azatumisha abamarayika be ijwi rirenga ry'impanda, bateranye intore ze mu birere bine, uhereye impera y'ijuru ukageza iyindi mpera yaryo.


Niba ahantu Uwiteka Imana yawe izaba yaratoranirije kuhashyira izina ryayo hazakuba kure ukananirwa kujyayo, uzabāge ku bushyo bwawe cyangwa ku mukumbi wawe Uwiteka yaguhaye uko nagutegetse, urīre iwanyu uko umutima wawe ushaka kose.


Ahubwo ahantu Uwiteka Imana yanyu izatoraniriza mu miryango yanyu yose kuhashyira izina ryayo, ubwo buturo bwayo azabe ari bwo mujya muyishakiramo, azabe ari bwo mujya mujyamo.


Ibyo byose nibimara kukubaho, umugisha n'umuvumo nagushyize imbere ukabyibukira mu mahanga yose Uwiteka Imana yawe izaba yarakwirukaniyemo,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan