Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Mika 7:3 - Bibiliya Yera

3 Amaboko yabo akorana ikibi umwete, igikomangoma cyaka amaturo na we umucamanza agahongesha, n'umuntu ukomeye yerura irari ry'ibibi riri mu mutima we. Uko ni ko bahuriza imigambi yabo hamwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Ni abahanga bo gukora ibibi, abategetsi n'abacamanza nta cyo bakora batatse ruswa, abakomeye barabyitwaza bakagera ku byo bashaka, babigeraho bakoresheje uburiganya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Ni abahanga bo gukora ibibi, abategetsi n'abacamanza nta cyo bakora batatse ruswa, abakomeye barabyitwaza bakagera ku byo bashaka, babigeraho bakoresheje uburiganya.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Ibiganza byabo bimenyereye gukora ibibi gusa: umutware arasaba amaturo ngo abone gutunganya umurimo we, umucamanza na we araka ruswa; umunyacyubahiro aravuga yeruye irari ry’umubiri we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Mika 7:3
26 Iomraidhean Croise  

Uwica ijisho aba atekereza iby'ubugoryi, Agahekenya amenyo agira ngo asohoze ibibi.


Umunyabyaha yakirira impongano zihishwe mu kwaha, Kugira ngo agoreke inzira z'imanza.


Abatware bawe ni abagome n'incuti z'abajura, umuntu wese muri bo akunda kugurirwa kandi akurikira impongano, ntibacira impfubyi imanza kandi imanza z'abapfakazi ntizibageraho.


Kuko Uwiteka aje aturuka mu buturo bwe, azanywe no guhanira abo mu isi gukiranirwa kwabo. Isi izagaragaza amaraso yayo, kandi ntabwo izongera gutwikira abapfuye bo muri yo.”


Abantu bazarenganywa, umuntu wese azarenganya mugenzi we, undi azarenganya umuturanyi we, umwana azasuzugura abakuru, umutindi azasuzugura abanyacyubahiro.


Kandi intwaro z'umunyabuntu buke ni mbi, agambanishiriza umugwaneza ibinyoma ngo amurimbure, nubwo uwo mutindi avuga ibitunganye.


bagatsindishiriza abakiranirwa ku bw'impongano, ariko umukiranutsi bakamwima ibyo atsindiye.


Uti ‘Mbese azahorana uburakari? Azabukomeza ageze ku iherezo?’ Umva uko wajyaga uvuga kandi ukora ibyaha, ukagenza uko wishakiye.”


Kuko abantu banjye ari abapfapfa ntibanzi, ni abana batitonda kandi nta bwenge bafite, bazi ubwenge bwo gukora ibyaha ariko gukora neza ntibabizi.


Ni cyo gituma abagore babo ngiye kubaha abandi, n'imirima yabo nzayiha abazayizungura, kuko uhereye ku muto ukageza no ku mukuru bose bihaye gushaka indamu mbi, uhereye ku muhanuzi ukageza no ku mutambyi bose bakora iby'uburiganya.


Abakurimo bakiriye impongano kugira ngo bavushe amaraso, wemeye kwakira indamu y'ubuhenzi n'inyungu zirenze urugero, kandi wabonye indamu kuri bagenzi bawe ubarenganije, ariko jye waranyibagiwe. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.


Ibikomangoma byo muri bo bimeze nk'amasega agiye mu muhigo, bivusha amaraso bikarimbura ubugingo bw'abantu, kugira ngo bibone indamu y'uburiganya.


Dore ibikomangoma bya Isirayeli, kimwe kimwe muri wowe, umurimo w'amaboko yabyo ni ukuvusha amaraso.


Kuko mwabyigishije izirwaye zose urubavu, mukazisunikisha igitugu, mukazitera amahembe yanyu kugeza ubwo mwazitatanirije kure,


Maze arambwira ati “Ibibi by'inzu ya Isirayeli n'iya Yuda birakabije kandi igihugu cyuzuwemo n'amaraso, n'umurwa wuzuyemo imanza zigoretse kuko bavuga bati ‘Uwiteka yataye igihugu, kandi Uwiteka nta cyo areba.’


Ibyo banywa birakarishye, bahora basambana, abatware be bakunda ibiteye isoni bisa.


“Banezereza umwami gukiranirwa kwabo, n'ibikomangoma byishimira ibinyoma byabo.


kuko nzi ibicumuro byanyu uko ari byinshi, n'ibyaha byanyu uko bikomeye mwa barenganya abakiranutsi mwe, mukakira impongano kandi mukagorekera imanza z'abatindi, aho muzicira ku irembo.


“Ariko mu bihe bishize ubwoko bwanjye bwahagurutse bumeze nk'umubisha, abagenda ari abanyamahoro badashaka kurwana mubambura ibishura bīteye ku mikenyero yabo.


Abatware baho bacira imanza impongano, n'abatambyi baho bigishiriza ibihembo, n'abahanuzi baho baragurira ingemu, nyamara bisunga Uwiteka bakavuga bati “Mbese Uwiteka ntari muri twe? Nta kibi kizatuzaho.”


Yemwe abanga ibyiza mugakunda ibibi, mugashishimura uruhu ku bantu banjye, mugakuraho inyama ku magufwa yabo,


arababaza ati “Mwampa iki nkamubagenzereza?” Bamugerera ibice by'ifeza mirongo itatu,


Ni cyo gituma mudakwiriye guca urubanza rw'ikintu cyose igihe cyarwo kitarasohora, kugeza ubwo Umwami wacu azaza agatangaza ibyari byahishwe mu mwijima, kandi akagaragaza n'imigambi yo mu mitima. Ubwo ni bwo umuntu wese azahabwa n'Imana ishimwe rimukwiriye.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan