Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 16:3 - Bibiliya Yera

3 Icyo gisonga kirībwira kiti ‘Ko databuja ari bunyage ubutware bwanjye nkaba ntashobora guhinga, nkagira isoni zo gusabiriza, ndagira nte?

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Uwo munyabintu aribaza ati: ‘Ubu se mbigenje nte ko databuja agiye kunyaga? Guhinga sinabishobora! Gusabiriza byantera isoni!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Uwo munyabintu aribaza ati: ‘Ubu se mbigenje nte ko databuja agiye kunyaga? Guhinga sinabishobora! Gusabiriza byantera isoni!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko uwo munyabintu aribaza ati ’Nzabigenza nte ko databuja ankuye mu bintu bye? Guhinga? Sinabishobora. Gusabiriza? Binteye isoni.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 16:3
26 Iomraidhean Croise  

Nuko Hamani araza. Umwami aramubaza ati “Umuntu umwami akunze kubaha yagirirwa ate?” Hamani aribwira ati “Hari uwo umwami yakunda kubaha kunduta?”


Umutima w'umunyabute urifuza kandi nta cyo ari bubone, Ariko umutima w'umunyamwete uzahazwa.


Inzira y'umunyabute imeze nk'uruzitiro rurimo amahwa, Ariko inzira y'umukiranutsi ni nyabagendwa.


Ugira ubute ku murimo we, Aba ameze nk'umuvandimwe w'umurimbuzi.


Ubute butera gusinzira ubuticura, Kandi uwinaniwe arananuka.


Nzarimirana w'umunyabute ntiyihingira atinya imbeho, Ni cyo gituma mu isarura azasabiriza kandi ntagire icyo abona.


Umugaragu warezwe neza uhereye mu bwana bwe, Hanyuma azabera shebuja umwana.


None se ku munsi w'amakuba no mu irimbura rizaturuka kure muzamera mute? Muzahungira kuri nde ngo abakize, kandi icyubahiro cyawe uzagisiga he?


Abahanuzi bahanura ibinyoma, abatambyi bategeka uko bishakiye, kandi abantu banjye bashima ko bagenza batyo. Amaherezo yabyo se muzabigira mute?”


Muzakora iki ku munsi wo guterana kwera, no ku munsi w'ibirori by'Uwiteka?


“Bugorobye nyir'uruzabibu abwira igisonga cye ati ‘Hamagara abahinzi ubahe ibihembo byabo, utangirire ku ba nyuma ugeze ku ba mbere.’


Nuko bagera i Yeriko. Akivana i Yeriko n'abigishwa be n'abantu benshi, asanga umwana wa Timayo witwaga Barutimayo, umusēzi w'impumyi yicaye iruhande rw'inzira.


nuko aribaza mu mutima we ati ‘Ndagira nte ko ntafite aho mpunika imyaka yanjye?’


Aragihamagara arakibwira ati ‘Ibyo nkumvaho ni ibiki? Murikira ibyo nakubikije kuko utagikwiriye kuba igisonga cyanjye.’


Kandi hariho n'umukene witwaga Lazaro, wahoraga aryamye ku muryango w'uwo mukire, umubiri we wuzuyeho ibisebe. Imbwa na zo zarazaga zikamurigata mu bisebe,


“Bukeye umukene arapfa, abamarayika bamujyana mu gituza cya Aburahamu, n'umutunzi na we arapfa arahambwa.


Have! Nzi icyo nzakora kugira ngo nimara kunyagwa bazandaze mu mazu yabo.’


Amara iminsi atemera, ariko aho ageze aribwira ati ‘Nubwo ntubaha Imana kandi sinite ku bantu,


Abaturanyi be n'abamubonaga kera ahora asabiriza barabazanya bati “Uyu si we wicaraga asabiriza?”


Hariho umuntu wavutse aremaye ibirenge, yarahekwaga agashyirwa ku irembo ry'urusengero ryitwa Ryiza, kugira ngo asabirize abinjira mu rusengero.


Ariko haguruka ujye mu mudugudu, uzabwirwa ibyo ukwiriye gukora.”


Twumvise yuko hariho bamwe bo muri mwe bagenda bica gahunda, batagira icyo bakora ahubwo bakaba ba kazitereyemo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan