Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 10:2 - Bibiliya Yera

2 Arababwira ati “Ibisarurwa ni byinshi ariko abasaruzi ni bake, nuko mwinginge nyir'ibisarurwa ngo yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Arababwira ati: “Imyaka yeze ari myinshi nyamara abasaruzi ni bake. Nuko rero nimusabe Nyir'imyaka yohereze abasaruzi mu murima we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Arababwira ati: “Imyaka yeze ari myinshi nyamara abasaruzi ni bake. Nuko rero nimusabe Nyir'imyaka yohereze abasaruzi mu murima we.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Arababwira ati «Imirima yeze ni myinshi, ariko abasaruzi ni bake; nimusabe rero Nyirimyaka yohereze abasaruzi mu mirima ye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 10:2
48 Iomraidhean Croise  

Eliya arongera abwira abantu ati “Ni jye jyenyine muhanuzi w'Uwiteka usigaye, ariko abahanuzi ba Bāli ni magana ane na mirongo itanu.


Ubwoko bwawe bwatuye muri wo, Mana witeguriye umunyamubabaro, Ku bwo kugira neza kwawe.


Kandi nzabaha abungeri bampwaniye n'umutima wanjye, bazabaragiza ubwenge no kumenya.”


Azabona ishyano uwo mwungeri gito usiga umukumbi! Inkota izamukubita ku kuboko no ku jisho ry'iburyo, ukuboko kwe kuzuma pe, kandi ijisho rye ry'iburyo rizahuma rwose.”


Bene zo ni bo bazica bakibwira ko nta bicumuro bafite, kandi abazitunda bakavuga bati ‘Uwiteka ashimwe kuko mbaye umukire’, kandi abashumba bazo ntibazibabariye.


Nanjye ndi bumanuke mvuganireyo nawe, nende ku Mwuka ukuriho mubashyireho. Na bo bazajya bahekana nawe uwo mutwaro w'abantu, we kuwuheka wenyine.


Mose aramubaza ati “Ni jye urwaniye ishyaka? Icyampa ab'ubwoko bw'Uwiteka bose bakaba abahanuzi, Uwiteka akabashyiraho Umwuka we!”


“Ubwami bwo mu ijuru bwagereranywa n'umuntu ufite urugo, yazindutse kare gushaka abahinzi ngo bahingire uruzabibu rwe.


Ni nk'umuntu wasize urugo rwe ajya mu kindi gihugu, aha abagaragu be ubutware, umuntu wese ahabwa umurimo we, ategeka umukumirizi kuba maso.


Arababwira ati “Mujye mu bihugu byose, mwigishe abaremwe bose ubutumwa bwiza.


Abo barasohoka bigisha hose, Umwami Yesu ari kumwe na bo abafasha, akomeresha ijambo rye ibimenyetso byagendanaga na ryo.]


Ahamagara abigishwa be cumi na babiri arabateranya, abaha ubushobozi n'ubutware bwo gutegeka abadayimoni bose no gukiza indwara.


Nuko abatatanijwe n'akarengane katewe n'ibya Sitefano bagera i Foyinike n'i Kupuro no muri Antiyokiya, ari nta wundi babwira ijambo keretse Abayuda bonyine.


Ubwo basengaga Umwami Imana biyiriza ubusa, Umwuka Wera yarababwiye ati “Mundobanurire Barinaba na Sawuli, bankorere umurimo mbahamagariye gukora.”


Nuko batumwe n'Umwuka Wera bajya i Selukiya. Batsukiraho barambuka, bafata i Kupuro.


Mwirinde ubwanyu, murinde n'umukumbi wose Umwuka Wera yabashyiriyeho kuba abarinzi, kugira ngo muragire Itorero ry'Imana, iryo yaguze amaraso yayo.


Aransubiza ati ‘Genda kuko nzagutuma kure mu banyamahanga.’ ”


Nuko abatatanye bajya hose, bamamaza ijambo ry'Imana.


Imana yashyize bamwe mu Itorero: ubwa mbere intumwa, ubwa kabiri abahanuzi, ubwa gatatu abigisha, maze ishyiraho abakora ibitangaza n'abahawe impano zo gukiza indwara, n'abahawe gufasha abandi, n'abahawe gutwara, n'abahawe kuvuga indimi nyinshi.


Ariko ubuntu bw'Imana ni bwo bwatumye mba uko ndi, kandi ubuntu bwayo nahawe ntibwabaye ubw'ubusa, ahubwo nakoze imirimo myinshi iruta iya bose, nyamara si jye ahubwo ni ubuntu bw'Imana buri kumwe nanjye.


Kandi ubwo dukorana na yo, turabinginga kugira ngo mudaherwa ubuntu bw'Imana gupfa ubusa,


kuko bose basigaye bashaka ibyabo badashaka ibya Yesu Kristo.


Icyakora nibwira yuko binkwiriye ko mbatumaho Epafuradito, mwene Data dufatanije umurimo n'ubusirikare. Ni we ntumwa yanyu kandi ni we unkorera ibyo nkennye,


kuko yagarukiye hafi yo gupfa ku bw'umurimo wa Kristo, ntiyita ku magara ye kugira ngo asohoze ibyasigaye byo kumfasha kwanyu.


Icyo ni cyo gituma nkora cyane, ndwanana umwete nk'uko imbaraga ze ziri zinkoreramo cyane.


Epafura mwene wanyu arabatashya, na we ni imbata ya Kristo Yesu ibarwanira iteka ikabasabira, kugira ngo muhagarare mushikamye kandi mutunganye rwose, mumenya neza mudashidikanya ibyo Imana ishaka byose.


Bene Data, mwibuke umuhati wacu n'imiruho nk'uko twababwirije ubutumwa bwiza bw'Imana dukora ku manywa na nijoro, kugira ngo hatagira uwo muri mwe turemerera.


Ariko bene Data, turabingingira kugira ngo mwite ku bakorera muri mwe, babategekera mu Mwami wacu babahana.


Ibisigaye bene Data, mudusabire kugira ngo ijambo ry'Umwami wacu ryamamare vuba rishimishwe nk'uko biri muri mwe,


kuko igituma tugoka tukarwana ari uko twiringiye Imana ihoraho, ari yo Mukiza w'abantu bose ariko cyane cyane w'abizera.


Ariko wowe ho wirinde muri byose, wemere kurengana, ukore umurimo w'umubwirizabutumwa bwiza, usohoze umurimo wawe wo kugabura iby'Imana.


Pawulo imbohe ya Kristo Yesu na Timoteyo mwene Data, turakwandikiye Filemoni ukundwa dusangiye umurimo,


Ariko Kristo akiranuka nk'Umwana utwara inzu yayo. Iyo nzu yayo ni twe niba dukomeza rwose ubushizi bw'amanga n'ibyiringiro twiratana, ngo bikomere kugeza ku mperuka.


“Wandikire marayika w'Itorero ryo muri Efeso uti “Ufashe inyenyeri ndwi mu kuboko kw'iburyo, akagendera hagati y'ibitereko by'amatabaza birindwi by'izahabu aravuga aya magambo ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan