Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Luka 1:6 - Bibiliya Yera

6 Bombi bari abakiranutsi imbere y'Imana, bagendera mu mategeko n'imihango by'Umwami Imana bose ari inyangamugayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Bombi bari intungane imbere y’Imana, bagakurikiza badatezuka amategeko n’amabwiriza yose ya Nyagasani.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Luka 1:6
33 Iomraidhean Croise  

Aburamu amaze imyaka mirongo urwenda n'icyenda avutse, Uwiteka aramubonekera aramubwira ati “Ni jye Mana Ishoborabyose, ujye ugendera imbere yanjye kandi utungane rwose.


Uru ni rwo rubyaro rwa Nowa. Nowa yari umukiranutsi, yatunganaga rwose mu gihe cye. Nowa yagendanaga n'Imana.


Uwiteka abwira Nowa ati “Injirana mu nkuge n'abo mu nzu yawe mwese, kuko ari wowe nabonye ukiranuka mu maso yanjye muri iki gihe.


kuko Dawidi yakoraga ibyiza imbere y'Uwiteka, ntateshuke ngo ave mu ijambo yamutegetse ryose iminsi yose yo kubaho kwe, keretse mu bya Uriya w'Umuheti.


Nuko nawe nugendera imbere yanjye nk'uko so Dawidi yagendaga ufite umutima ukiranutse kandi utunganye, ugakora ibyo nagutegetse byose, ukitondera amategeko n'amateka yanjye,


“Ndakwinginze Uwiteka, uyu munsi wibuke ko najyaga ngendera mu by'ukuri imbere yawe n'umutima utunganye, ngakora ibishimwa imbere yawe.” Nuko Hezekiya ararira cyane.


Ahubwo akambaza Imana ya se, akagendera mu mategeko yayo ntagenze nk'uko Abisirayeli bagenzaga.


Mu gihugu cya Usi hari umuntu witwaga Yobu, kandi uwo muntu yari umukiranutsi utunganye, wubahaga Imana akirinda ibibi.


Uwiteka arongera abaza Satani ati “Mbese witegereje umugaragu wanjye Yobu yuko ari nta wuhwanye na we mu isi, ko ari umukiranutsi utunganye, wubaha Imana kandi akirinda ibibi?”


“Ni ukuri nzi ko ari ko biri, Ariko se umuntu yashobora ate gukiranukira Imana?


Ubwo nzita ku byo wategetse byose, Ni bwo ntazakorwa n'isoni.


Ariko ntibagiraga umwana kuko Elizabeti yari ingumba, kandi bombi bari bageze mu za bukuru.


Arababwira ati “Mwebwe mukunda kwigira abakiranutsi imbere y'abantu ariko Imana izi imitima yanyu, kuko icyogejwe imbere y'abantu ari ikizira mu maso y'Imana.


I Yerusalemu hariho umuntu witwaga Simiyoni. Uwo yari umukiranutsi witonda kandi yategerezaga Ihumure ry'Abisirayeli, Umwuka Wera yari muri we.


Kuko Dawidi yavuze iby'uwo ati ‘Nabonye Umwami ari imbere yanjye iteka ryose, Kuko ari iburyo bwanjye ngo ntanyeganyezwa.


Pawulo atumbira abanyarukiko arababwira ati “Bagabo bene Data, nahoranye umutima utagira ikibi undega imbere y'Imana kugeza kuri uyu munsi.”


Ni cyo gituma mpirimbanira kugira umutima utandega ikibi, ngirira Imana cyangwa abantu iminsi yose.


Nta mugabane haba n'urutabe ufite muri byo, kuko umutima wawe udatunganiye Imana.


kugira ngo gukiranuka kw'amategeko gusohozwe muri twe, abadakurikiza ibya kamere y'umubiri, ahubwo bakurikiza iby'Umwuka.


Ndabashimira kuko mwibuka ibyo nabigishije byose, mugakomeza imigenzo nk'uko nayibahaye.


Kwishima kwacu ni uku: ni ibyo umutima wacu uhana uhamya yuko ingeso twagiraga mu isi, kandi cyane cyane kuri mwe, ari ukwera no kutaryarya kuva ku Mana no kudakurikiza ubwenge bwa kavukire, ahubwo gukurikiza ubuntu bw'Imana.


Mujye mugenda mu nzira yose Uwiteka Imana yanyu ibayoboye, kugira ngo mubeho mubone ibyiza, muramire mu gihugu muzahindūra.


kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b'Imana batagira inenge hagati y'ab'igihe kigoramye cy'ubugoryi, abo mubonekeramo nk'amatabaza mu isi,


none yiyungishije namwe urupfu rw'umubiri we, ngo abashyire imbere yayo muri abera n'abaziranenge mutagawa,


kugira ngo abakomeze imitima itabaho umugayo, yere mu maso y'Imana yacu ari yo Data wa twese, ubwo Umwami wacu Yesu azazana n'abera be bose.


Ni cyo gituma bakundwa, ubwo mutegereje ibyo, mukwiriye kugira umwete wo kuzasangwa mu mahoro, mutagira ikizinga, mutariho umugayo mu maso ye.


Ubwo muzi ko ari umukiranutsi, mumenye n'uko umuntu wese ukiranuka yabyawe na we.


Iki ni cyo kitumenyesha yuko tumuzi, ni uko twitondera amategeko ye.


Bana bato, ntihakagire ubayobya. Ukiranuka ni we mukiranutsi nk'uko uwo ari umukiranutsi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan