Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 7:23 - Bibiliya Yera

23 “Ariko amaze imyaka mirongo ine avutse, yigira inama mu mutima we kugenderera bene wabo, ari bo bana ba Isirayeli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 “Musa amaze imyaka mirongo ine avutse, yiyemeje kujya gusura bene wabo b'Abisiraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 Igihe Musa yujuje imyaka mirongo ine, igitekerezo kimuzamo cyo kugenderera abavandimwe be, Abayisraheli.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 7:23
18 Iomraidhean Croise  

Umutima w'umwami uri mu kuboko k'Uwiteka, Awuganisha aho ashatse hose nk'uyobora amazi mu migende yayo.


Kuko Imana yashyize mu mitima yabyo gukora ibyo yagambiriye, no guhuza inama no guha ya nyamaswa ubwami bwabyo, kugeza aho amagambo y'Imana azasohorera.


Gutanga kose kwiza n'impano yose itunganye rwose ni byo biva mu ijuru, bimanuka bituruka kuri Se w'imicyo udahinduka, cyangwa ngo agire n'igicucu cyo guhinduka.


Uwiteka Imana ya ba sogokuruza ishimwe, yashyize mu mutima w'umwami imigambi imeze ityo yo kurimbisha inzu y'Uwiteka iri i Yerusalemu.


Hashize iminsi Pawulo abwira Barinaba ati “Dusubire tugenderere bene Data bo mu midugudu yose, aho twavuze ijambo ry'Umwami Yesu tumenye uko bameze.”


Nuko abatware b'amazu ya ba sekuruza b'Abayuda n'ab'Ababenyamini, bahagurukana n'abatambyi n'Abalewi n'abandi bose Imana yateye umwete wo guhagurukana, ngo bajye kubaka inzu y'Uwiteka i Yerusalemu.


Mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Kuro umwami w'u Buperesi, Uwiteka atera umwete umutima wa Kuro umwami w'u Buperesi, ngo ijambo Uwiteka yavugiye mu kanwa ka Yeremiya risohore. Ategeka ko bamamaza itegeko mu gihugu cye cyose kandi arandika ati


Kandi n'i Buyuda ukuboko kw'Imana kubaha guhuza umutima, bumvira itegeko ry'umwami n'abatware babitegetswe n'ijambo ry'Uwiteka.


Abisirayeli bazana amaturo ava mu rukundo bayatura Uwiteka, aturwa n'umugabo wese n'umugore wese wemejwe n'umutima we, kuzana ibyo kuremesha ibyo Imana yategetse Mose kurema byose.


Haza umuntu wese utewe umwete n'umutima we, uwemejwe na wo wese, bazana amaturo batura Uwiteka yo kuremesha rya hema ry'ibonaniro, n'ayo gukoresha imirimo yaryo yose n'ayo kuremesha ya myenda yejejwe.


Mose aragenda asubira kwa Yetiro sebukwe aramubwira ati “Ndakwingize, reka nsubire muri bene wacu bari muri Egiputa, menye yuko bakiriho.” Yetiro asubiza Mose ati “Genda amahoro.”


Ariko Imana ishimwe, ishyize mu mutima wa Tito kubagirira umwete nkanjye,


Mose yari amaze imyaka mirongo inani avutse, na Aroni yari amaze imyaka mirongo inani n'itatu, ubwo bavuganaga na Farawo.


Abonye umuntu urengana aramutabara, ahorera urengana akubita Umunyegiputa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan