Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 5:5 - Bibiliya Yera

5 Ananiya abyumvise atyo aragwa umwuka urahera, ababyumvise bose bagira ubwoba bwinshi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ananiya yumvise ayo magambo yitura hasi araca, ababyumvise bose bashya ubwoba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ananiya yumvise ayo magambo yitura hasi araca, ababyumvise bose bashya ubwoba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Ananiya ngo yumve ayo magambo, yitura hasi, araca; maze ababyumvise bose bashya ubwoba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 5:5
26 Iomraidhean Croise  

Arakebuka arabareba, abavuma mu izina ry'Uwiteka. Nuko haza idubu ebyiri z'ingore zivuye mu ishyamba, zitemagura abahungu mirongo ine na babiri bo muri bo.


Uwo munsi Dawidi atinya Imana aravuga ati “Najyana nte isanduku y'Imana imuhira iwanjye?”


Kuko ubwa mbere atari mwe mwayihetse, ni cyo cyatumye Uwiteka Imana yacu idusumira, kuko tutayishatse nk'uko itegeko ritegeka.”


Umubiri wanjye uhindishwa umushyitsi no kugutinya, Kandi ntinya amateka yawe.


Uko ni ko bazasitazwa, Ururimi rwabo ubwarwo ruzabarwanya, Ababareba bose bazazunguza imitwe.


“Ni cyo gituma Uwiteka Imana Nyiringabo ivuga itya iti ‘Ubwo bavuze iryo jambo, dore nzabahindura inkwi, n'amagambo yanjye nzayagira umuriro mu kanwa kawe azabatwike.


Nuko ngihanura, Pelatiya mwene Benaya aherako arapfa. Maze nikubita hasi nubamye ntera ijwi hejuru nti “Ayii Mwami Uwiteka! Mbese ugiye gutsembaho rwose abasigaye ba Isirayeli?”


Mose abwira Aroni ati “Ibyo ni byo Uwiteka yavuze ati ‘Kwera kwanjye kuzerekanirwa mu banyegera, kandi nzaherwa icyubahiro imbere y'ubu bwoko bwose.’ ” Aroni aricecekera.


Nuko dore ukuboko k'Umwami kuraguhannye, uraba impumyi utarora izuba, ubimarane iminsi.” Muri ako kanya igihu kiramugwira, n'umwijima ucura mu maso ye, arindagira akabakaba ashaka abo kumurandata.


Abantu bose bagira ubwoba, nuko intumwa zikora ibitangaza n'ibimenyetso byinshi.


Ariko nubwo abantu bose babahimbazaga cyane, ntihagiraga n'umwe muri bo watinyukaga kwifatanya na bo.


Mbese murashaka iki? Ko nza iwanyu nzanye inkoni, cyangwa ko nzana urukundo n'umutima w'ubugwaneza?


Igitumye nandika ibyo ntari kumwe namwe, ni ukugira ngo nimpaba ne kuzaca imanza z'imbabazi nke, kuko nahawe ubutware n'Umwami wacu bwo kubaka, atari ubwo gusenya.


Nabivuze kera ubwo nabasuraga ubwa kabiri, na none nubwo ntahari ni ko nkibivuga bitaraba, mbwira abacumuye kera n'abandi bose yuko ningaruka ntazabababarira,


Aho ntimurora ako gahinda ko mu buryo bw'Imana uburyo kabateye umwete mwinshi ungana utyo, ukabatera kwiregura no kurakara no gutinya, n'urukumbuzi n'ishyaka no guhōra? Muri byose mwiyerekanye ko muboneye muri ibyo.


Uzamwicishirize amabuye, kuko yagerageje kugushukashuka ngo agukure ku Uwiteka Imana yawe, yagukuye mu gihugu cya Egiputa mu nzu y'uburetwa.


Abagabo bo mu mudugudu wabo bose bamwicishe amabuye, uko azabe ari ko mukura ikibi hagati muri mwe. Abisirayeli bose bazabyumva batinye.


Mbese wa mugabo Akani mwene Zera ntiyacumuye akenda ku byashinganywe, umujinya w'Uwiteka ugaherako ukamanukira mu iteraniro ry'Abisirayeli? Kandi ubwo uwo mugabo yacumuraga, si we warimbutse wenyine.’ ”


Uwo mwanya habaho igishyitsi cyinshi, kimwe cya cumi cya wa mudugudu kiragwa, icyo gishyitsi cyica abantu ibihumbi birindwi, abasigaye baterwa n'ubwoba bahimbaza Imana nyir'ijuru.


Kandi iyo umuntu ashatse kubagirira nabi umuriro ubava mu kanwa ukotsa abanzi babo, kandi nihagira umuntu ushaka kubagirira nabi, uko ni ko akwiriye kwicwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan