Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 4:19 - Bibiliya Yera

19 Petero na Yohana barabasubiza bati “Niba ari byiza imbere y'Imana kubumvira kuruta Imana nimuhitemo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati: “Mbese tubumvire cyangwa twumvire Imana? Namwe nimwihitiremo icyo Imana ishima!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati: “Mbese tubumvire cyangwa twumvire Imana? Namwe nimwihitiremo icyo Imana ishima!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Ariko Petero na Yohani barabasubiza bati «Icyaba kiboneye mu maso y’Imana ni ikihe: ari ukubumvira cyangwa se kumvira Imana? Ngaho namwe nimwihitiremo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 4:19
30 Iomraidhean Croise  

Nuko ibyo bishushanyo biba ikigusha kuko abantu bajyaga baza kubiramya, ndetse bakagera no ku cy'i Dani.


Nuko asubirayo na we, bageze iwe ararya aranywa.


Kandi azahāna Abisirayeli abahoye ibyaha Yerobowamu yakoze, n'ibyo yoheje Abisirayeli ngo bacumure.”


Nuko abatware bo mu murwa n'ab'impfra b'abanyarurembo babigenza uko Yezebeli yabatumyeho, nk'uko yanditse muri izo nzandiko yaboherereje.


Mikaya arayisubiza ati “Ndahiye Uwiteka uhoraho, icyo Uwiteka ambwira ni cyo ndi buvuge.”


Nuko Umwami Ahazi ategeka Uriya umutambyi ati “Ku gicaniro kinini abe ari ho ujya utambira igitambo cyoswa cyo mu gitondo, uture ituro ry'ifu y'impeke rya nimugoroba, kandi n'igitambo cy'umwami cyoswa, n'ituro rye ry'ifu y'impeke, hamwe n'igitambo cyoswa cya rubanda rwose rwo mu gihugu, n'ituro ryabo ry'ifu y'impeke, n'amaturo yabo y'ibyokunywa, uminjagire amaraso yose y'igitambo cyoswa, n'ay'ikindi gitambo, ariko icyotero cy'umuringa kizabaho ku bwanjye, njye nkigishirizaho Imana inama.”


Uko ni ko Uriya umutambyi yagenzaga, uko Umwami Ahazi yategetse kose.


Zaburi iyi yahimbiwe umutware w'abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Witsemba.” Ni Zaburi ya Dawidi yitwa Mikitamu.


Maze abo babyaza bubaha Imana, ntibakora ibyo bategetswe n'umwami wa Egiputa, ahubwo bareka abahungu babaho.


Yeremiya aherako abwira ibikomangoma na rubanda rwose ati “Uwiteka yantumye guhanurira iyi nzu n'uyu murwa amagambo yose mwumvise.


Ariko naho itadukiza, nyagasani umenye ko tutari bukorere imana zawe, habe no kuramya icyo gishushanyo cy'izahabu wakoze.”


Nuko Umwami Dariyo ashyiraho ukuboko ku rwandiko rw'iryo tegeko.


Efurayimu atwazwa igitugu, yaciwe intege n'urubanza, kuko yishimiraga gukurikiza amategeko y'abantu.


Noneho wumve ijambo ry'Uwiteka. Uravuga uti ‘Ntuhanurire Isirayeli ibibi, kandi ntugirire inzu ya Isaka ijambo ribi’,


Kuko amategeko ya Omuri n'ibyakozwe n'umuryango wa Ahabu byose bikomezwa, namwe mugakurikiza imigenzo yabo, bigatuma nkugira umusaka n'abaturage baho bakabimyoza, kandi muzagerekwaho n'igitutsi batuka ubwoko bwanjye.”


Baramusubiza bati “Ni ibya Kayisari.” Maze arababwira ati “Nuko rero ibya Kayisari mubihe Kayisari, iby'Imana mubihe Imana.”


Atuma Petero na Yohana ati “Nimugende mudutunganirize ibya Pasika kugira ngo turye.”


Mwe guca imanza ku bigaragara gusa, ahubwo muce imanza z'ukuri.”


Babonye ubushizi bw'amanga bwa Petero na Yohana, kandi bamenye ko ari abaswa batigishijwe baratangara, maze bibuka ko babanaga na Yesu.


umutambyi mukuru arababaza ati “Ntitwabīhanangirije cyane kutigisha muri rya zina? None dore mwujuje i Yerusalemu ibyo mwigisha, murashaka kudushyiraho amaraso ya wa muntu!”


Petero n'izindi ntumwa barabasubiza bati “Ibikwiriye ni ukumvira Imana kuruta abantu.


Ndababwira namwe muri abanyabwenge, mutekereze ibyo mvuga niba ari iby'ukuri koko.


ntiducogora ahubwo twanga ibiteye isoni bikorwa rwihishwa, tutagendera mu buriganya kandi tutagoreka ijambo ry'Imana, ahubwo tuvuga ukuri tweruye bigatuma umuntu wese adushimisha umutima we imbere y'Imana.


Bana, mujye mwumvira ababyeyi banyu mu Mwami wacu, kuko ari byo bibakwiriye.


Ibyo ni byo byiza byemerwa imbere y'Imana Umukiza wacu,


Kwizera ni ko kwatumye Mose ahishwa n'ababyeyi be amezi atatu amaze kuvuka, kuko babonye ako kana ko ari keza ntibatinye itegeko ry'umwami.


mbese iyo mugenje mutyo ntimuba mwirobanuye, mukaba abacamanza batekereza ibidakwiriye?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan