Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 3:14 - Bibiliya Yera

14 Ariko mwihakana Uwera kandi Umukiranutsi, musaba ko bababohorera umwicanyi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Mwihakanye uwo Muziranenge akaba n'Intungane, maze mu cyimbo cye musaba ko bababohorera umwicanyi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Mwihakanye uwo Muziranenge akaba n'Intungane, maze mu cyimbo cye musaba ko bababohorera umwicanyi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

14 Mwihakanye Umutagatifu n’Intungane, maze musaba ko babarekurira umwicanyi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 3:14
22 Iomraidhean Croise  

Kuko utazareka ubugingo bwanjye ngo bujye ikuzimu, Kandi utazakundira umukunzi wawe ko abona kubora.


Nezerwa cyane wa mukobwa w'i Siyoni we, rangurura wa mukobwa w'i Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri. Ni we mukiranutsi kandi azanye agakiza, yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.


Ariko abatambyi bakuru n'abakuru boshya abantu ngo basabe Baraba, bicishe Yesu.


“Duhuriye he Yesu w'i Nazareti? Uje kuturimbura? Ndakuzi uri uwera w'Imana.”


Maze abatambyi bakuru boshya rubanda bati “Ahubwo Baraba abe ari we ababohorera.”


Nuko muri icyo gihe hariho uwitwaga Baraba wabohanywe n'abari bagomye, bishe abantu muri ubwo bugome.


Marayika aramusubiza ati “Umwuka Wera azakuzaho, n'imbaraga z'Isumbabyose zizagukingiriza, ni cyo gituma Uwera uzavuka azitwa Umwana w'Imana.


abohora uwashyizwe mu nzu y'imbohe bamuhora ubugome n'ubwicanyi, uwo bashakaga, maze atanga Yesu ngo bamugire uko bashaka.


n'ibyo gukiranuka kuko njya kwa Data, kandi namwe muzaba mutakimbona,


Ariko bongera gusakuza bati “Si we dushaka, ahubwo utubohorere Baraba.” Baraba uwo yari umwambuzi.


kandi nubwo babuze impamvu zo kumwicisha basaba Pilato kumwica.


Kuko utazarekera ubugingo bwanjye ikuzimu, Cyangwa ngo uhāne Uwera wawe abone kubora.


Aravuga ati ‘Imana ya ba sogokuruza yagutoranirije kera kumenya ibyo ishaka, no kubona wa Mukiranutsi, no kumva ijwi riva mu kanwa ke,


Kandi koko Herode na Pontiyo Pilato, hamwe n'abanyamahanga n'imiryango y'Abisirayeli bateraniye muri uyu murwa kurwanya Umugaragu wawe wera Yesu, uwo wasīze,


umutambyi mukuru arababaza ati “Ntitwabīhanangirije cyane kutigisha muri rya zina? None dore mwujuje i Yerusalemu ibyo mwigisha, murashaka kudushyiraho amaraso ya wa muntu!”


Ni nde mu bahanuzi ba sekuruza wanyu batarenganije? Bishe abāvuze ibyo kuza kwa wa Mukiranutsi bitari byaba, none namwe mwaramugambaniye muramwica,


kuko Utigeze kumenya icyaha Imana yamuhinduye kuba icyaha ku bwacu, kugira ngo muri we duhinduke gukiranuka kw'Imana.


Umukiranutsi mwamuciriye ho iteka, muramwica atabarwanya.


Kuko na Kristo yababarijwe ibyaha by'abantu rimwe, umukiranutsi ababarizwa abakiranirwa kugira ngo atuyobore ku Mana amaze kwicwa mu buryo bw'umubiri, ariko ahinduwe muzima mu buryo bw'umwuka.


Bana banjye bato, mbandikiriye ibyo kugira ngo mudakora icyaha. Icyakora nihagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ari we Yesu Kristo ukiranuka.


“Wandikire marayika w'Itorero ry'i Filadelifiya uti “Uwera kandi w'ukuri ufite urufunguzo rwa Dawidi, ukingura ntihagire ukinga kandi ukinga ntihagire ukingura, aravuga aya magambo ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan