Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 27:1 - Bibiliya Yera

1 Bamaze gutegeka ngo dutsuke tujye muri Italiya, Pawulo n'izindi mbohe babaha Yuliyo, umutware utwara umutwe wo mu ngabo zitwa iza Awugusito.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Bamaze kwemeza ko dufata ubwato tukajya mu Butaliyani, bashinga Pawulo n'izindi mbohe umukapiteni witwa Yuli wo mu mutwe w'abasirikari bita uw'umwami w'i Roma.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Bamaze kwemeza ko dufata ubwato tukajya mu Butaliyani, bashinga Pawulo n'izindi mbohe umukapiteni witwa Yuli wo mu mutwe w'abasirikari bita uw'umwami w'i Roma.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Bamaze kwemeza ko dufata ubwato tukajya mu Butaliyani, Pawulo n’izindi mfungwa bashingwa umutegeka w’abasirikare witwa Yuli, akaba uwo mu mutwe w’abasirikare witwa «uwa Ogusito».

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 27:1
29 Iomraidhean Croise  

Ku bwanyu mwari mushatse kungirira nabi, ariko Imana yo yashakaga kubizanisha ibyiza, kugira ngo isohoze ibi biriho none, ikize abantu benshi urupfu.


Imigambi y'Uwiteka ikomera iteka ryose, Ibyo yibwira mu mutima we bihoraho ibihe byose.


Ubwo Imana yahagurutswaga no guca amateka, Ngo ikize abagwaneza bo mu isi bose. Sela.


Mu mutima w'umuntu habamo imigambi myinshi, Ariko inama y'Uwiteka ni yo ihoraho.


Bikwiriye umuntu kuremererwa akiri umusore.


Umutware utwara umutwe w'abasirikare n'abari kumwe na we barinda Yesu, babonye igishyitsi n'ibibaye baratinya cyane bati “Ni ukuri, uyu yari Umwana w'Imana.”


Nuko umutware w'abasirikare abonye ibibaye ahimbaza Imana ati “Ni ukuri uyu muntu yari umukiranutsi.”


Hariyo umutware utwara umutwe w'abasirikare, yari afite umugaragu we akunda cyane, wari urwaye yenda gupfa.


Hariho umuntu w'i Kayisariya witwaga Koruneliyo, umutware utwara umutwe w'abasirikare wo mu ngabo zitwa Italiyana.


Baramusubiza bati “Koruneliyo umutware utwara umutwe w'abasirikare ijana, umuntu ukiranuka wubaha Imana, ushimwa n'ubwoko bwose bw'Abayuda, yabwirijwe na marayika wera kugutumira, ngo uze iwe yumve amagambo yawe.”


Amaze kurota izo nzozi, uwo mwanya dushaka kujya i Makedoniya, kuko tumenye yuko Imana iduhamagariye kubabwira ubutumwa bwiza.


Asangayo Umuyuda witwaga Akwila wavukiye i Ponto, wari uvanye muri Italiya vuba n'umugore we Purisikila, kuko Kilawudiyo yari yarategetse Abayuda bose kuva i Roma. Nuko ajya kubasūra.


Ibyo bishize, Pawulo agambirira mu mutima we kunyura i Makedoniya na Akaya ngo ajye i Yerusalemu, yibwira ati “Nimara kugerayo, nkwiriye kureba n'i Roma na ho.”


Muri ako kanya ajyana abasirikare n'abatwara imitwe, amanuka yirukanka abīrohamo. Na bo babonye umutware w'ingabo n'abasirikare, barorera gukubita Pawulo.


Uwo mutware abyumvise ajya kubibwira umutware w'ingabo, aramubaza ati “Urenda gukora iki, ko uyu muntu ari Umuroma?”


Mu ijoro ry'uwo munsi, Umwami Yesu amuhagarara iruhande aramubwira ati “Humura, uko wampamirije i Yerusalemu ni ko ukwiriye kumpamiriza n'i Roma.”


Pawulo ahamagara umwe mu batwara imitwe aramubwira ati “Jyana uyu muhungu ku mutware w'ingabo, kuko afite icyo amubwira.”


Ategeka umutware utwara umutwe kurindisha Pawulo amaso, no kutabuza umuntu wese mu ncuti ze kumukorera.


Fesito amaze kujya inama n'abanyarukiko aramusubiza ati “Ujuririye kuri Kayisari, nuko rero urajyeyo.”


Ariko menya yuko atakoze igikwiriye kumwicisha, kandi na we ubwe ajuririye kuri Awugusito, ngambirira kumumwoherereza.


Ariko umutware utwara umutwe yumvira umwerekeza na nyir'inkuge, kurusha ibyo Pawulo avuze.


Ariko umutware utwara umutwe ashatse gukiza Pawulo, agwabiza imigambi yabo, ategeka yuko abazi kōga bīroha mu mazi kugira ngo abe ari bo babanza kugera ku nkombe,


Umutware utwara umutwe asangayo inkuge yavuye mu Alekizanderiya ijya muri Italiya, adushyiramo.


Tumaze gukira tumenya yuko icyo kirwa cyitwa Melita.


Tumaze kugera i Roma, umutware utwara umutwe ashyikiriza imbohe umutware w'abasirikare barinda Kayisari, ariko bakundira Pawulo kuba ukwe, ari kumwe n'umusirikare umurinda.


Muntahirize ababayobora bose, muntahirize n'abera bose. Abo muri Italiya barabatashya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan