Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 26:6 - Bibiliya Yera

6 None mpagaritswe gucirwa urubanza, kuko niringira kuzabona ibyo Imana yasezeranije ba sogokuruza,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 None ubu ndaregwa ko nizera ibyo Imana yasezeraniye ba sogokuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

6 None ubu ndaregwa ko nizera ibyo Imana yasezeraniye ba sogokuruza.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 None ubu ndaregwa ko nizera amasezerano Imana yagiriye abasekuruza bacu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 26:6
59 Iomraidhean Croise  

Kandi nzaha umugisha abakwifuriza umugisha, kandi uzakuvuma nzamuvuma, kandi muri wowe ni mo imiryango yose yo mu isi izaherwa umugisha.”


Kandi mu rubyaro rwawe ni mo amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha kuko wanyumviye.”


Kandi nzagwiza urubyaro rwawe ruhwane n'inyenyeri zo mu ijuru, kandi nzaha urubyaro rwawe ibi bihugu byose. Kandi mu rubyaro rwawe ni mo amahanga yose yo mu isi azaherwa umugisha,


Nzashyira urwango hagati yawe n'uyu mugore, no hagati y'urubyaro rwawe n'urwe, ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”


Inkoni y'ubwami ntizava kuri Yuda, Inkoni y'ubutware ntizava hagati y'ibirenge bye, Nyirayo ataraza, Uwo ni we amahanga azumvira.


Uwiteka yarahiye Dawidi indahiro y'ukuri, Ntazīvuguruza ati “Nzashyira uwo mu mbuto z'umubiri wawe ku ntebe yawe y'ubwami.


Ni ho nzamereza Dawidi ihembe, Uwo nasīze namwiteguriye itabaza.


Uwiteka yamenyekanishije agakiza ke, Gukiranuka kwe yakwerekanye ku mugaragaro mu maso y'amahanga.


Uwo munsi ishami ry'Uwiteka rizaba ryiza rifite icyubahiro. Abisirayeli bazarokoka, imyaka yo mu gihugu izabaryohera cyane ibabere myiza.


Ni cyo kizatuma Uwiteka ubwe ari we uzabihera ikimenyetso. Dore Umwari azasama inda, azabyara umwana w'umuhungu amwite izina Imanweli.


Maze ukuboko kwe kw'iburyo ni ko yereje i Yerusalemu, ngo yishyireho imigogo y'urwicundo yo gusenya inkike z'amabuye, akasamira abazahatsindirwa akavuza induru, agashyiraho n'imigogo yo gusenya amarembo, akaharundaho ibyo kuririraho, akahakikizaho ibihome.


“ ‘Kandi umugaragu wanjye Dawidi azaba umwami wabo, bose bazaba bafite umwungeri umwe. Bazagendera no mu mategeko yanjye, bakomeze amateka yanjye kandi bayakurikize.


Hanyuma Abisirayeli bazagaruka bashaka Uwiteka Imana yabo n'umwami wabo Dawidi. Bazasanga Uwiteka n'ineza ye mu minsi y'imperuka, bamushaka bamwubashye.


Kandi abarokozi bazazamuka bajye ku musozi wa Siyoni gucira urubanza umusozi wa Esawu kandi ubwami buzaba ubw'Uwiteka.”


Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli.


Uzakorera Yakobo iby'ukuri, na Aburahamu uzamugirira neza, ibyo warahiye ba sogokuruza uhereye mu bihe bya kera.


“Uwo munsi ab'inzu ya Dawidi n'abaturage b'i Yerusalemu bazaziburirwa isōko yo kuboza ibyaha n'imyanda.”


“Byuka wa nkota we, urwane n'umushumba wanjye, urwane n'umuntu mugenzi wanjye, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, kubita umwungeri intama zisandare, kandi n'abato nzabashyiraho ukuboko kwanjye.”


Umubwire uti ‘Uwiteka Nyiringabo aravuga ati: Dore umuntu witwa Shami uzumbūra azamera ahantu he, kandi ni we uzubaka urusengero rw'Uwiteka.


Nezerwa cyane wa mukobwa w'i Siyoni we, rangurura wa mukobwa w'i Yerusalemu we, dore umwami wawe aje aho uri. Ni we mukiranutsi kandi azanye agakiza, yicishije bugufi agendera ku ndogobe, ndetse no ku cyana cyayo.


“Dore nzatuma integuza yanjye, izambanziriza intunganyirize inzira. Umwami mushaka azāduka mu rusengero rwe, kandi intumwa y'isezerano mwishimana dore iraje. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.


Maze Pawulo amenye yuko igice kimwe cyabo ari icy'Abasadukayo, ikindi akaba ari icy'Abafarisayo, avuga cyane mu rukiko ati “Bagabo bene Data, ndi Umufarisayo, ndi umwana w'Abafarisayo. Ibyanzanye muri izi manza ni byo niringira kuzabona, ari byo kuzuka kw'abapfuye.”


Kandi niringiye Imana, ntegereje icyo aba na bo bategereza, yuko hazabaho kuzuka kw'abakiranutsi n'abakiranirwa.


uretse ijambo rimwe navuze mpagaze muri bo nti ‘Kuzuka kw'abapfuye ni ko kunzanye muri izi manza zanyu uyu munsi.’ ”


Ni iki gituma mugira ngo ni ikintu kidashoboka kwemerwa ko Imana izura abapfuye?


Ni cyo nabatumiriye ngo tuvugane duhanganye, kuko ibyo Abisirayeli bīringira kuzabona, ari byo byatumye mboheshwa uyu munyururu.”


“Kandi n'abahanuzi bose, uhereye kuri Samweli n'abamukurikiyeho, uko bahanuye bose ni na ko bajyaga bavuga iby'iyi minsi.


Ndavuga yuko Kristo yabaye umukozi w'abakebwe wo kubagaburira iby'Imana ku bw'ukuri kwayo, kugira ngo asohoze ibyo ba sogokuruza basezeranijwe,


Maze igihe gikwiriye gisohoye Imana yohereza Umwana wayo wabyawe n'umugore, kandi wavutse atwarwa n'amategeko


Uwiteka Imana yawe izabahagurukiriza umuhanuzi umeze nkanjye ukomotse hagati muri mwe, muri bene wanyu, azabe ari we mwumvira.


dutegereje ibyiringiro by'umugisha, ari byo kuzaboneka k'ubwiza bwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu ikomeye n'Umukiza


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan