Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 23:12 - Bibiliya Yera

12 Bukeye Abayuda baraterana, bararahira bahiga yuko batazarya ntibanywe batarica Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Bukeye mu gitondo Abayahudi bamwe bahuza inama, barahira ko batazagira icyo barya cyangwa ngo banywe batabanje kwica Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Bukeye mu gitondo Abayahudi bamwe bahuza inama, barahira ko batazagira icyo barya cyangwa ngo banywe batabanje kwica Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

12 Bukeye mu gitondo, bamwe mu Bayahudi bajya inama, ndetse barahira ko batazagira icyo barya cyangwa ngo banywe, batabanje kwica Pawulo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 23:12
33 Iomraidhean Croise  

Bamwitegera akiri kure, bamugira inama yo kumwica atarabīgira hafi.


Yezebeli aherako atuma intumwa kuri Eliya aramubwira ati “Ubugingo bwawe nintabuhwanya n'ubwabo ejo nk'iki gihe, imana zizabimpore ndetse bikabije.”


Nuko aravuga ati “Elisa mwene Shafati narenza uyu munsi agifite umutwe we, Imana ibimpore ndetse bikabije.”


“Abandi bantu bose, n'abatambyi n'Abalewi n'abakumirizi n'abaririmbyi n'Abanetinimu, n'abari bitandukanije mu mahanga yo mu bihugu bagatwarwa n'amategeko y'Imana, n'abagore babo n'abahungu babo n'abakobwa babo, umuntu wese ujijutse akamenya ubwenge,


Imigambi yabo imenywa na Moridekayi, na we abibwira Umwamikazi Esiteri. Esiteri aherako abimubwirira umwami.


Nibagiranye nk'uwapfuye utacyibukwa, Mpwanye n'urwabya rumenetse.


Ariko nari meze nk'umwana w'intama woroshye ujyanywe kubagwa, kandi sinari nzi ko bangambaniye bati “Turimbure igiti n'imbuto zacyo, tumuce mu gihugu cy'ababaho kugira ngo izina rye ritongera kwibukwa.”


Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga iti ‘Mwe n'abagore banyu, mwese mwavugishije indimi zanyu mubisohoza n'amaboko yanyu muti: Rwose tuzasohoza imihigo yacu twahize yo kosereza umugabekazi wo mu ijuru imibavu, no kumusukira amaturo y'ibyokunywa’, nuko nimukomeze imihigo yanyu kandi muyisohoze.


Ntihakagire umuntu utuwe burundu ucungurwa, ahubwo akwiriye gupfa.


bagira inama hamwe yo koshyoshya Yesu ngo babone uko bamufata, bamwice.


Maze atangira kwivuma no kurahira ati “Uwo muntu simuzi.” Muri ako kanya inkoko irabika.


Abantu bose baramusubiza bati “Amaraso ye natubeho no ku bana bacu.”


Abahuje inama yo kurahira batyo basāgaga mirongo ine.


Bajya ku batambyi bakuru n'abakuru bati “Twarahiye, twahize ibikomeye yuko tutazarya tutarica Pawulo.


Ariko ntubumvire kuko abantu babo basāga mirongo ine bamwubikiye, barahiye bahize yuko batazarya ntibanywe bataramwica, kandi none biteguye bategereje isezerano ryawe.”


Bukeye mburiwe yuko benda kumwubikira mukoherereza uwo mwanya, kandi ntegeka abarezi be ko bamuregera imbere yawe. Nuko murabeho.”


baramwinginga bamusaba kubagirira neza ngo atumire Pawulo aze i Yerusalemu, biteguye kuzamwubikira ngo bamwicire mu nzira.


Hashize iminsi myinshi Abayuda bajya inama yo kumwica,


ariko Sawuli amenya inama yabo. Bubikirira ku marembo ku manywa na nijoro, kugira ngo bamwice.


Nihagira umuntu udakunda Umwami wacu avumwe. Umwami wacu araza!


nari mu ngendo kenshi, mu kaga gatewe n'inzuzi, mu kaga gatewe n'abambuzi, mu kaga gatewe na bene wacu, mu kaga gatewe n'abapagani, mu kaga ko mu midugudu, mu kaga ko mu butayu, mu kaga ko mu nyanja, mu kaga ko muri bene Data b'ibinyoma,


Kristo yaducunguriye kugira ngo dukizwe umuvumo w'amategeko, ahindutse ikivume ku bwacu (kuko byanditswe ngo “Havumwe umuntu wese umanitswe ku giti”),


Batubuza kubwiriza abanyamahanga ngo na bo bakizwe, bahora buzuza urugero rw'ibyaha byabo. Ariko ubu bwo, umujinya ubasohoreyeho kubarangiza rwose.


Icyo gihe Yosuwa arabihanangiriza arahira ati “Umuntu uzahaguruka akajya kūbaka uyu mudugudu w'i Yeriko, avumwe imbere y'Uwiteka. Igihe azubaka urufatiro rwaho azapfushe imfura ye, n'igihe azahaterera inzugi z'amarembo azapfushe umuhererezi we.”


Ariko Abisirayeli baracumura kuko benze ku byashinganywe: Akani mwene Karumi mwene Zabudi mwene Zera wo mu muryango wa Yuda, ni we wari wenze ku byashinganywe, Uwiteka arakarira Abisirayeli uburakari bwaka nk'umuriro.


Nuko uzafatanwa ibyashinganywe azatwikanwe n'ibyo afite byose, kuko yishe isezerano ry'Uwiteka agakora ishyano mu Bisirayeli.’ ”


Maze uwo munsi Abisirayeli bararuha. Ariko Sawuli yari yarahije abantu aravuga ati “Havumwe umuntu wese ugira icyo arya butaragoroba, ntaramara guhōra ababisha banjye.” Nuko nta n'umwe muri bo wagize icyo arya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan