Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 23:1 - Bibiliya Yera

1 Pawulo atumbira abanyarukiko arababwira ati “Bagabo bene Data, nahoranye umutima utagira ikibi undega imbere y'Imana kugeza kuri uyu munsi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Pawulo ahanga amaso abagize urukiko rw'ikirenga, maze aravuga ati: “Bavandimwe, kugeza uyu munsi nta kibi umutima undega imbere y'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Pawulo ahanga amaso abagize urukiko rw'ikirenga, maze aravuga ati: “Bavandimwe, kugeza uyu munsi nta kibi umutima undega imbere y'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

1 Pawulo ahanga amaso Inama nkuru, ni ko guterura ati «Bavandimwe, kugeza uyu munsi ndumva nta kibi mfite ku mutima.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 23:1
17 Iomraidhean Croise  

Umunyabyaha ahunga ari nta wumwirukanye, Ariko umukiranutsi ashira ubwoba nk'intare.


Ariko jyeweho ndababwira yuko umuntu wese urakarira mwene se akwiriye guhanwa n'abacamanza, uzatuka mwene se ati ‘Wa mupfu we’, akwiriye guhanirwa mu rukiko, uzabwira mwene se ati ‘Wa gicucu we’, akwiriye gushyirwa mu muriro w'i Gehinomu.


“Yemwe bagabo bene Data na ba data, nimwumve amagambo nireguza kuri mwe.”


Bukeye bw'aho ashatse kumenya neza icyo Abayuda bamurega icyo ari cyo, aramubohora ategeka abatambyi bakuru guterana n'abanyarukiko bose, amanura Pawulo amushyira imbere yabo.


Kandi n'umutambyi mukuru ni umugabo wanjye w'ibyo, n'abakuru bose b'abanyarukiko na bo ni uko, kuko ari bo bampaye inzandiko zandikiwe bene Data b'i Damasiko, njyanwayo no kuzana n'ab'aho i Yerusalemu ari imbohe kugira ngo bahanwe.


Nuko mwebwe n'abanyarukiko mubwire umutware w'ingabo amumanure amubagezeho, maze mwigire nk'abashaka kurushaho kumenya ibye neza. Natwe turaba twiteguye kumwica atarabageraho.”


Aramusubiza ati “Abayuda bahuje inama yo kukwinginga ngo ejo uzamanure Pawulo umujyane mu rukiko, na bo bigire nk'abashaka kumubaza ibye ngo barusheho kubimenya neza.


Nuko nshatse kumenya icyo bamurega icyo ari cyo, mujyana mu rukiko rwabo.


Maze Pawulo amenye yuko igice kimwe cyabo ari icy'Abasadukayo, ikindi akaba ari icy'Abafarisayo, avuga cyane mu rukiko ati “Bagabo bene Data, ndi Umufarisayo, ndi umwana w'Abafarisayo. Ibyanzanye muri izi manza ni byo niringira kuzabona, ari byo kuzuka kw'abapfuye.”


Ni cyo gituma mpirimbanira kugira umutima utandega ikibi, ngirira Imana cyangwa abantu iminsi yose.


Abicaye mu rukiko bose bamutumbiriye, babona mu maso ha Sitefano hasa n'aha marayika.


kuko ari nta cyo niyiziho. Nyamara si icyo kintsindishiriza, ahubwo Umwami ni we uncira urubanza.


Kwishima kwacu ni uku: ni ibyo umutima wacu uhana uhamya yuko ingeso twagiraga mu isi, kandi cyane cyane kuri mwe, ari ukwera no kutaryarya kuva ku Mana no kudakurikiza ubwenge bwa kavukire, ahubwo gukurikiza ubuntu bw'Imana.


ntiducogora ahubwo twanga ibiteye isoni bikorwa rwihishwa, tutagendera mu buriganya kandi tutagoreka ijambo ry'Imana, ahubwo tuvuga ukuri tweruye bigatuma umuntu wese adushimisha umutima we imbere y'Imana.


Imana nkorera nkurikije ba sogokuruza mfite umutima utancira urubanza, ni yo nshimira yuko nkwibuka ubudasiba uko nsenze ku manywa na nijoro.


Mudusabire kuko twiringiye yuko tudafite umutima wicira urubanza, tukaba dushaka kugira ingeso nziza muri byose.


kandi mufite imitima itabacira urubanza, kugira ngo nubwo babasebya batuka ingeso zanyu nziza zo muri Kristo bamware.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan