Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 21:13 - Bibiliya Yera

13 Ariko Pawulo aratubaza ati “Ni iki gitumye murira mukamena umutima? Uretse kuboherwa i Yerusalemu gusa, niteguye no gupfirayo ku bw'izina ry'Umwami Yesu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ariko Pawulo arasubiza ati: “Ni iki gitumye murira, ko ibyo ari ukunshengura? Siniteguye kuboherwa i Yeruzalemu byonyine, ahubwo niteguye no gupfirayo mpōrwa Nyagasani Yezu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ariko Pawulo arasubiza ati: “Ni iki gitumye murira, ko ibyo ari ukunshengura? Siniteguye kuboherwa i Yeruzalemu byonyine, ahubwo niteguye no gupfirayo mpōrwa Nyagasani Yezu.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

13 Nuko aradusubiza ati «Ikibateye kurira no kunshengura umutima ni iki? Jye siniteguye kubohwa byonyine, ahubwo niteguye no gupfira i Yeruzalemu, mporwa izina rya Nyagasani Yezu.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 21:13
25 Iomraidhean Croise  

Maze abo batatu batwaranira mu ngabo z'Abafilisitiya, bavoma amazi mu iriba ryo ku irembo ry'i Betelehemu, barayajyana bayashyira Dawidi. Ariko Dawidi yanga kuyanywaho, ahubwo ayabyarira imbere y'Uwiteka.


Ni iki gituma mumenagura ubwoko bwanjye mugahera abakene?” Ni ko Uwiteka Umwami Nyiringabo abaza.


Ijambo ryaje kuri Yeremiya rivuye ku Uwiteka, Nebuzaradani umutware w'abarinzi amaze kumurekura ngo ave i Rama, ubwo yari amujyanye aboheshejwe iminyururu amuvanye mu zindi mbohe zose z'i Yerusalemu n'i Buyuda, zagiye ari iminyago i Babuloni.


“Kuki mujya mucira igihugu cya Isirayeli uyu mugani ngo ‘Ababyeyi bariye inzabibu zirura, ariko abana babo bakaba ari bo bagira ubushagarira mu kanwa’?


Nuko umutware w'inkuge aza aho ari aramubaza ati “Wabaye ute wa munyabitotsi we? Byuka utakire Imana yawe, ahari Imana yawe yatwibuka ntiturimbuke.”


Ariko sinita ku bugingo bwanjye ngo nibwire ko ari ubw'igiciro kuri jye, kuko nkwiriye kurangiza urugendo rwanjye n'umurimo nahawe n'Umwami Yesu, wo guhamya ubutumwa bwiza bw'ubuntu bw'Imana.


Bose bararira cyane, Pawulo bamugwa mu ijosi baramusoma.


Ziva imbere y'abanyarukiko zinejejwe n'uko zemerewe gukorwa n'isoni bazihora iryo zina.


nanjye nzamwereka ibyo azababazwa na we uburyo ari byinshi, bamuhora izina ryanjye.”


Ndabarahira yuko mpora mpfa uko bukeye, mbiterwa n'ishema mfite ku bwanyu muri Kristo Yesu Umwami wacu.


Ariko nubwo amaraso yanjye yaba ayo kumīshwa ku gitambo cyo kwizera kwanyu ngo abe ituro, ibyo nabyishimira nkanezeranwa namwe mwese,


kuko yabakumburaga mwese agahagarikwa umutima n'uko mwumvise yuko yarwaye.


None nishimiye amakuba yanjye yo ku bwanyu, kandi ibyasigaye ku byo Kristo yababajwe mbishohoje ubwanjye mu mubiri wanjye ku bw'umubiri we ari wo Torero,


Nibuka amarira yawe, ngakumbura kukureba ngo nuzure umunezero,


Kuko jyeweho maze kumera nk'ibisukwa ku gicaniro, igihe cyo kugenda kwanjye gisohoye.


kuko nzi yuko igihe cyo kunyagwa ingando yanjye kigiye gusohora vuba, nk'uko Umwami wacu Yesu Kristo yamenyesheje.


Na bo bamuneshesheje amaraso y'Umwana w'Intama n'ijambo ryo guhamya kwabo, ntibakunda amagara yabo, ntibanga no gupfa.


Kuko witondeye ijambo ryo kwihangana kwanjye, nanjye nzakurinda igihe cyo kugerageza kigiye kuza mu bihugu byose kugerageza abari mu isi.


Maze umugabo we Elukana aramubaza ati “Urarizwa n'iki Hana? Ni iki kikubuza kurya, kandi ni iki kiguhagarika umutima? Mbese sinkurutira abana b'abahungu cumi?”


Samweli aramubaza ati “Ariko uko gutāma kw'intama kunza mu matwi no guhogerana kw'inka numva, bigenda bite?”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan