Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 2:5 - Bibiliya Yera

5 Muri Yerusalemu habaga Abayuda b'abaturage b'abanyadini, bari baraturutse mu mahanga yose ari munsi y'ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 I Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu bihugu byose by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 I Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu bihugu byose by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Aho rero i Yeruzalemu habaga Abayahudi bubaha Imana, bari baraturutse mu mahanga yose ari mu nsi y’ijuru.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 2:5
17 Iomraidhean Croise  

“Kandi ujye uziririza umunsi mukuru w'isarura, uw'umuganura w'imirimo yawe wabibye mu murima. “Kandi ujye uziririza umunsi mukuru w'isarura rya byose, wo ku iherezo ry'umwaka numara gusarura imirimo yawe mu isambu yawe.


“Kuko nzi imirimo yabo n'ibyo batekereza, igihe kigiye kuza nzateranya amahanga n'abavuga indimi zitari zimwe, bazaza babone ubwiza bwanjye.


Maze ijambo ry'Uwiteka Nyiringabo rinzaho rivuga riti


Kandi ubu butumwa bwiza bw'ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, ni bwo imperuka izaherako ize.


Nk'uko umurabyo urabiriza mu ruhande rumwe rw'ijuru, ukarabagiranira mu rundi, uko ni ko Umwana w'umuntu azaba ku munsi we.


I Yerusalemu hariho umuntu witwaga Simiyoni. Uwo yari umukiranutsi witonda kandi yategerezaga Ihumure ry'Abisirayeli, Umwuka Wera yari muri we.


Umwe muri bo witwaga Kilewopa aramusubiza ati “Mbese ni wowe wenyine mu bashyitsi b'i Yerusalemu, utazi ibyahabaye muri iyi minsi?”


Hariho Abagiriki mu baje gusenga mu minsi mikuru,


Yari umuntu w'umunyadini wubahana Imana n'abo mu rugo rwe bose, wagiriraga abantu ubuntu bwinshi, agasenga Imana ubudasiba.


Marayika wavuganaga na we amaze kugenda, ahamagara abagaragu be babiri, n'umusirikare w'umunyadini wo mu bamukorera iteka,


Ariko Abayuda boshya abagore b'icyubahiro bubaha Imana n'abakuru b'uwo mudugudu, bagira ngo barenganye Pawulo na Barinaba babirukane mu gihugu cyabo.


Umunsi wa Pentekote usohoye, bose bari bari hamwe mu mwanya umwe bahuje umutima.


“Umuntu witwa Ananiya wubahaga Imana, akumvira amategeko kandi yashimwaga n'Abayuda bose bari batuyeyo,


Abantu bubahaga Imana bahamba Sitefano, baramuborogera cyane.


Arahaguruka aragenda. Nuko haza Umunyetiyopiya w'inkone, umutware n'umunyabyuma w'ibintu byose bya Kandake, umugabekazi w'Abanyetiyopiya. Yari yaragiye i Yerusalemu gusenga.


Uyu munsi ndatangira guteza ubwoba amahanga yose yo munsi y'ijuru ngo agutinye. Bazumva inkuru yawe bahinde imishyitsi, ubatere kubabara cyane.”


niba muguma mu byo twizera mwubatswe neza ku rufatiro, mutanyeganyega kandi mutimurwa ngo muvanwe mu byiringiro biheshwa n'ubutumwa mwumvise, bwabwirijwe mu baremwe bose bari munsi y'ijuru, ari bwo jyewe Pawulo nahindukiye umubwiriza wabwo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan