Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 2:23 - Bibiliya Yera

23 uwo muntu amaze gutangwa nk'uko Imana yabigambiriye, ibimenye bitari byaba, mwamubambishije amaboko y'abagome muramwica.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

23 Uwo muntu yatanzwe nk'uko Imana yari yarabigennye ikabiteganya mbere, maze mwe mumwicisha kumushyikiriza abantu b'abagome ngo bamubambe ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

23 Uwo muntu yatanzwe nk'uko Imana yari yarabigennye ikabiteganya mbere, maze mwe mumwicisha kumushyikiriza abantu b'abagome ngo bamubambe ku musaraba.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

23 uwo muntu rero, bikurikije umugambi udakuka w’Imana, amaze gutangwa, mwaramwishe mumubambisha ku musaraba amaboko y’abagome.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 2:23
39 Iomraidhean Croise  

Ku bwanyu mwari mushatse kungirira nabi, ariko Imana yo yashakaga kubizanisha ibyiza, kugira ngo isohoze ibi biriho none, ikize abantu benshi urupfu.


Ubwo Imana yahagurutswaga no guca amateka, Ngo ikize abagwaneza bo mu isi bose. Sela.


“ ‘Ntiwumvise uko nabigenjeje kera, mbigambiriye mu gihe cyashize? None ndabishohoje kugira ngo urimbure imidugudu igoswe n'inkike, uyihindure ibirundo by'amatongo.


Bazamugambanira mu bapagani bamushinyagurire, bamukubite imikoba bamubambe, ku munsi wa gatatu azazurwa.”


Umwana w'umuntu aragenda nk'uko byanditswe kuri we, ariko uwo muntu ugambanira Umwana w'umuntu azabona ishyano, ibyajyaga kumubera byiza ni uko aba ataravutse.”


Bamaze kumubamba, bagabana imyenda ye, barayifindira,


Baramubamba, bagabana imyenda ye bayifindiye ngo umuntu amenye uwo ari butware.


Kuko Umwana w'umuntu agenda nk'uko byamugenewe, ariko uwo muntu umugambanira azabona ishyano!”


Ndababwira yuko ibi byanditswe bikwiriye kunsohoraho, ngo ‘Yabaranywe n'abagome’, kuko ibyanjye byenda gusohora.”


Nuko bageze ahitwa i Nyabihanga, bamubambanaho n'abo bagome, umwe iburyo bwe n'undi ibumoso.


kandi twavuganaga uburyo abatambyi bakuru n'abatware bacu, bamutanze ngo acirwe urubanza rwo gupfa bakamubamba,


Bamubambanaho n'abandi babiri hirya no hino, Yesu ari hagati.


Nuko baravugana bati “Twe kuyitanyagura, ahubwo tuyifindire turebe uri bube nyirayo uwo ari we.” Bavuze ibyo ngo ibyanditswe bisohore ngo “Bagabanye imyenda yanjye, Kandi bafindira umwambaro wanjye.” Nuko abasirikare babigenza batyo.


Kuko abatuye i Yerusalemu n'abakuru babo batamenye uwo, cyangwa amagambo y'ubuhanuzi asomwa ku masabato yose, ni cyo cyatumye babusohoza ubwo bamuciraga urubanza rwo gupfa,


Ni ko Uwiteka avuga, ari we ukora ibyo byose, Abimenye uhereye kera kose.’


“Nuko abo mu muryango wa Isirayeli bose, nibamenye badashidikanya yuko Yesu uwo mwabambye, Imana yamugize Umwami na Kristo.”


Ariko ibyo Imana yahanuriye mu kanwa k'abahanuzi bose yuko Kristo wayo azababazwa, ibyo yabishohoje ityo.


ngo basohoze ibyo ukuboko kwawe n'ubwenge bwawe byategetse mbere, byose bitari byaba.


umutambyi mukuru arababaza ati “Ntitwabīhanangirije cyane kutigisha muri rya zina? None dore mwujuje i Yerusalemu ibyo mwigisha, murashaka kudushyiraho amaraso ya wa muntu!”


Imana ya sogokuruza yazuye Yesu, uwo mwishe mumubambye ku giti.


Ni nde mu bahanuzi ba sekuruza wanyu batarenganije? Bishe abāvuze ibyo kuza kwa wa Mukiranutsi bitari byaba, none namwe mwaramugambaniye muramwica,


Abakoze ibyaha bose batazi amategeko bazarimbuka badahowe amategeko, kandi abakoze ibyaha bose bazi amategeko bazacirwa ho iteka ry'amategeko,


(nk'uko byanditswe ngo “Nkugize sekuruza w'amahanga menshi”) imbere y'Iyo yizeye, ari yo Mana izura abapfuye, ikīta ibitariho nk'aho ari ibiriho.


Bishe Umwami Yesu n'abahanuzi kandi natwe baratwirukanye ntibanezeza Imana, baba abanzi b'abantu bose.


mwatoranijwe nk'uko Imana Data wa twese yabamenye kera mubiheshejwe no kwezwa n'Umwuka, kugira ngo mwumvire Imana muminjagirwe amaraso ya Yesu Kristo. Ubuntu n'amahoro bigwire muri mwe.


wamenywe n'Imana kera isi itararemwa, ariko akerekanwa ku mperuka y'ibihe ku bwanyu,


Ni ibuye risitaza n'urutare rugusha.” Basitara ku ijambo ry'Imana ntibaryumvire kandi ari bo ryagenewe.


Kuko hariho bamwe baseseye muri mwe rwihishwa bagenewe kera gucirwa ho iteka: ni abantu batubaha Imana, bahindura ubuntu bw'Imana yacu isoni nke, bakihakana Yesu Kristo ari we wenyine Databuja n'Umwami wacu.


Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy'ubugingo cy'Umwana w'Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw'isi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan