Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 17:5 - Bibiliya Yera

5 Ariko Abayuda bagira ishyari, bajyana abagabo babi b'inzererezi ziba mu maguriro bateranya igitero, batera imidugararo mu mudugudu, batera inzu ya Yasoni bashaka gukuramo Pawulo na Sila, ngo babashyire imbere y'abantu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

5 Ariko Abayahudi ishyari rirabasya, maze bakoranya abantu babi b'ibirara basanze mu isoko, barema inteko bateza imidugararo mu mujyi. Biroha mu nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi, kugira ngo babagabize igitero.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

5 Ariko Abayahudi ishyari rirabasya, maze bakoranya abantu babi b'ibirara basanze mu isoko, barema inteko bateza imidugararo mu mujyi. Biroha mu nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi, kugira ngo babagabize igitero.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

5 Nyamara Abayahudi bararakara, bakorakoranya abantu b’ibirara bararuje mu mayira, biremamo inteko maze bateza imidugararo mu mugi. Nuko biroha ku nzu ya Yasoni bashaka Pawulo na Silasi ngo babazane imbere y’ikoraniro rya rubanda.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 17:5
26 Iomraidhean Croise  

Ariko ncumbagiye barishima baraterana, Abatagira umumaro banteraniraho sinabimenya, Baranshishimura ntibarorera.


Ubwo nambaraga ibigunira, Nabaye iciro ry'imigani kuri bo.


Umutima utuje ni wo bugingo bw'umubiri, Ariko ishyari ni nk'ikimungu kiri mu magufwa.


“Uwiteka, umanitse ukuboko ariko ntibareba, ariko bazareba umwete ugirira abantu bamware, kandi abanzi bawe umuriro uzabatwika.


Kuko yamenye yuko ishyari ari ryo rimubatangishije.


Ariko Abayuda babonye abantu ko ari benshi bagira ishyari ryinshi, bagisha impaka ibyo Pawulo avuga bamutuka.


Ariko Abayuda bavuye muri Antiyokiya no muri Ikoniyo baraza boshya rubanda, batera Pawulo amabuye, bamukurubanira inyuma y'umudugudu bibwira ko yapfuye.


Ariko Abayuda batizeye boshya imitima y'abanyamahanga, bayangisha bene Data.


Ariko Abayuda b'i Tesalonike bamenye yuko ijambo ry'Imana rivugwa na Pawulo i Beroya, na ho bajyayo boshya rubanda, barababangisha.


Bababuze bakurubana Yasoni na bene Data bamwe, babajyana imbere y'abatwara umudugudu, barasakuza bati “Abubitse ibihugu byose baje n'ino,


Yasoni arabacumbikira. Aba bose bagomeye amategeko ya Kayisari, bavuga ko hariho undi Mwami witwa Yesu.”


Nuko baka Yasoni n'abandi ingwate, barabarekura.


Ariko ubwo Galiyo yari umutware wo muri Akaya, Abayuda bahuza inama. Nuko batera Pawulo bamujyana imbere y'intebe y'imanza bati


Erega ubu turi mu kaga ko kuregwa ubugome, kuko nta mpamvu y'iyi mivurungano ihari twakwireguza!”


“Ba sogokuruza bagirira Yosefu ishyari, baramugura ajyanwa muri Egiputa, ariko Imana ibana na we


Timoteyo dukorana arabatashyanya na Lukiyosi, na Yasoni na Sosipatiro dusangiye ubwoko.


kuko mukiri aba kamere. Ubwo muri mwe harimo ishyari n'amahane, mbese ntimubaye aba kamere koko ntimugenza nk'abantu?


nari mu ngendo kenshi, mu kaga gatewe n'inzuzi, mu kaga gatewe n'abambuzi, mu kaga gatewe na bene wacu, mu kaga gatewe n'abapagani, mu kaga ko mu midugudu, mu kaga ko mu butayu, mu kaga ko mu nyanja, mu kaga ko muri bene Data b'ibinyoma,


no kugomanwa no gusinda, n'ibiganiro bibi n'ibindi bisa bityo. Ndababwira hakiri kare nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana.


Twe kwifata uko tutari, twenderanya kandi tugirirana amahari.


Namwe ni ko mwadukurikije mukurikiza n'Umwami wacu, mumaze kwakirira ijambo ry'Imana mu makuba menshi, mufite ibyishimo by'Umwuka Wera.


Mbese mutekereza yuko ibyanditswe bivugira ubusa ngo “Umwuka uba muri twe urararikira ukagira n'ishyari”?


Nuko bamuha ibice by'ifeza mirongo irindwi bakuye mu ndaro ya Bāliberiti, Abimeleki abigurira abantu b'inguguzi bakubagana, baramukurikira.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan