Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 13:16 - Bibiliya Yera

16 Pawulo arahaguruka arabamama, arababwira ati “Bagabo b'Abisirayeli, namwe abubaha Imana nimwumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Pawulo arahaguruka arambura ukuboko abasaba gutuza, arababwira ati: “Bisiraheli n'abandi mwese mwubaha Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Pawulo arahaguruka arambura ukuboko abasaba gutuza, arababwira ati: “Bisiraheli n'abandi mwese mwubaha Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

16 Nuko Pawulo arahaguruka, amaze kubacecekesha ikiganza, araterura ati «Bayisraheli, namwe abatinya Imana, nimunyumve.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 13:16
29 Iomraidhean Croise  

kugira ngo bakubahe iminsi bazamara mu gihugu wahaye ba sogokuruza yose bakiriho.


Wa nzu y'aba Lewi we, muhimbaze Uwiteka, Mwa bubaha Uwiteka mwe, muhimbaze Uwiteka.


Ubutaka bweze umwero wabwo, Imana ni yo Mana yacu, izaduha umugisha.


Reka numve ibyo Imana Uwiteka izavuga, Kuko izabwira ubwoko bwayo n'abakunzi bayo amahoro, Ariko be kugarukira ubupfu.


Ufite amatwi yumva niyumve.


Maze asohotse ntiyabasha kuvugana na bo, bamenya yuko hari icyo yerekewe mu rusengero, akajya abacira amarenga akomeza kuba ikiragi.


Imbabazi ze ziri ku bamwubaha, Uko ibihe bihaye ibindi.


Ariko uwa kabiri amusubiza amucyaha ati “No kūbaha Imana ntuyubaha, uri mu rubanza rumwe n'urwe?


Yari umuntu w'umunyadini wubahana Imana n'abo mu rugo rwe bose, wagiriraga abantu ubuntu bwinshi, agasenga Imana ubudasiba.


ahubwo mu mahanga yose uyubaha agakora ibyo gukiranuka iramwemera.


Arabamama, abasobanurira uko Umwami Imana yamukuye mu nzu y'imbohe, arababwira ati “Mubitekerereze Yakobo na bene Data bandi.” Arasohoka ajya ahandi.


“Bene Data, bana b'umuryango wa Aburahamu namwe abubaha Imana, kuri twe ni ho ijambo ry'ako gakiza ryatumwe.


Pawulo na Barinaba bavuga bashize amanga bati “Byari bikwiriye ko muba ari mwe mubanza kubwirwa ijambo ry'Imana, ariko none ubwo muryanze, kandi ntimwirebe ko mukwiriye ubugingo buhoraho, ngaho duhindukiriye abanyamahanga,


Nuko Abayuda batera Alekizanderi sentiri, bamukura mu bantu, ariko arabamama ashaka kwiregūra ku bantu.


Ariko Petero ahagararana n'abo cumi n'umwe, ababwiza ijwi rirenga ati “Yemwe bagabo b'i Yudaya n'abatuye i Yerusalemu mwese mwe, ibi mubimenye kandi mwumvirize amagambo yanjye.


“Yemwe bagabo ba Isirayeli mwe, nimwumve aya magambo: Yesu w'i Nazareti, wa muntu Imana yabahamirishije imirimo ikomeye n'ibitangaza n'ibimenyetso, ibyo yamukoresheje hagati yanyu nk'uko mubizi ubwanyu,


Aramukundira. Pawulo ahagarara ku rwuririro, amama abantu barahora rwose. Ababwira mu Ruheburayo ati:


Baramwumviriza kugeza kuri iryo jambo, maze bavuga ijwi rirenga bati “Kūra icyo kigabo mu isi, ntigikwiriye kubaho.”


Petero abibonye abaza abo bantu ati “Yemwe bagabo ba Isirayeli, ni iki gitumye mutangarira ibi? Mudutumbirira iki nk'aho ari imbaraga zacu cyangwa kūbaha Imana kwacu, biduhaye kumugendesha?


“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. “Unesha nta cyo azatwarwa n'urupfu rwa kabiri.


“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. “Unesha nzamuha kuri manu yahishwe, muhe n'ibuye ryera ryanditsweho izina rishya ritazwi n'umuntu wese keretse urihabwa.


“Ufite ugutwi niyumve icyo Umwuka abwira amatorero.


“Ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. “Unesha nzamuha kurya ku mbuto z'igiti cy'ubugingo kiri muri Paradiso y'Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan