Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 12:11 - Bibiliya Yera

11 Petero agaruye umutima aribwira ati “Noneho menye by'ukuri yuko Umwami Imana yatumye marayika wayo, ikankura mu maboko ya Herode, ikankiza ibyo ubwoko bw'Abayuda bwategerezaga byose.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

11 Nuko Petero agaruye umutima aravuga ati: “Noneho menye by'ukuri ko Nyagasani yohereje umumarayika we, akankiza amaboko ya Herodi n'imigambi yose y'Abayahudi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

11 Nuko Petero agaruye umutima aravuga ati: “Noneho menye by'ukuri ko Nyagasani yohereje umumarayika we, akankiza amaboko ya Herodi n'imigambi yose y'Abayahudi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

11 Nuko Petero ngo agarure umutima, aravuga ati «Noneho menye by’ukuri ko Nyagasani yohereje umumalayika we, akangobotora mu biganza bya Herodi kandi akankiza n’imihigo yose y’imbaga y’Abayahudi.»

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 12:11
27 Iomraidhean Croise  

Uwiteka abwira Aburamu ati “Menya neza yuko urubyaro rwawe ruzaba abashyitsi mu gihugu kitari icyabo, bazakorera ab'aho, na bo bazabababaza imyaka magana ane.


Uwiteka abaza Aburahamu ati “Ni iki gishekeje Sara, akibaza ati ‘Ni ukuri koko nzabyara, nkecuye?’


Abimeleki ahamagaza Isaka aramubwira ati “Biragaragara yuko ari umugore wawe, ko wavuze uti ‘Ni mushiki wanjye’?” Isaka aramusubiza ati “Ni uko nibwiraga nti ‘Be kunyica bamumpora.’ ”


Dawidi yabwiye Uwiteka amagambo y'iyi ndirimbo, umunsi Uwiteka yamukirije amaboko y'abanzi be bose n'aya Sawuli, aravuga ati


Kandi amaso y'Uwiteka ahuta kureba isi yose impande zose, kugira ngo yerekane ko ari umunyamaboko wo kurengera abafite imitima imutunganiye. Mu byo wakoze ibyo wabibayeho umupfu, uhereye none uzajya ubona intambara.”


Hari ubwo ab'iwanjye batahamije bati ‘Hari umuntu wabona n'umwe wavuga yuko adahagira mu rugo rwe’?


Izakurokora ibyago bitandatu ndetse birindwi, Kandi nta kibi kizakuzaho.


Kuko azahagararira iburyo bw'umukene, Kumukiza abacira ho iteka ubugingo bwe.


Dore ijisho ry'Uwiteka riri ku bamwubaha, Riri ku bategereza imbabazi ze,


Ngo akize ubugingo bwabo urupfu, Abarinde mu nzara badapfa.


Ibyaha bizicisha umunyabyaha, Abanga umukiranutsi bazacirwaho iteka.


Uyu munyamubabaro yaratatse, Uwiteka aramwumva, Amukiza amakuba n'ibyago bye byose.


Hahirwa uwita ku bakene, Uwiteka azamukiza ku munsi w'ibyago.


Mwa bakunda Uwiteka mwe, mwange ibibi, Arinda ubugingo bw'abakunzi be, Abakiza amaboko y'abanyabyaha.


Arababwira ati “Dore ndareba abantu bane babohowe bagenda mu muriro hagati, kandi nta cyo babaye. Ariko ishusho y'uwa kane irasa n'iy'umwana w'Imana.”


Nebukadinezari aravuga ati “Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego ishimwe, ni yo yohereje marayika wayo ikiza abagaragu bayo bayiringiye, kuko bigurukije ijambo ry'umwami bagahara amagara yabo, kugira ngo batagira indi mana yose bakorera cyangwa basenga itari Imana yabo.


Daniyeli asubiza umwami ati “Nyagasani uhoraho,


Nuko yisubiyemo aribwira ati ‘Abagaragu ba data ni benshi kandi bahazwa n'imitsima bakayisigaza, naho jye inzara intsinze hano.


Nuko marayika w'Umwami Imana ahagarara aho, umucyo waka mu nzu, marayika akoma Petero mu mbavu aramukangura ati “Byuka n'ingoga.” Iminyururu imuva ku maboko iragwa.


Imyaka ibiri ishize, Porukiyo Fesito akura Feliki. Kandi Feliki ashatse kunezeza Abayuda, asiga Pawulo aboshywe.


Fesito ashatse kwikundisha Abayuda abaza Pawulo ati “Urashaka kujya i Yerusalemu gucirirwayo urubanza rw'ibyo imbere yanjye?”


Maze nijoro marayika w'Umwami Imana akingura inzugi z'inzu y'imbohe, arabasohora arababwira ati


Mbese abamarayika bose si imyuka iyikorera, itumwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza?


Umwami Imana izi gukiza abayubaha ibibagerageza, no kurindira abakiranirwa kugeza ku munsi w'amateka ngo bahanwe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan