Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Ibyakozwe 1:24 - Bibiliya Yera

24 Barasenga bati “Mwami Mana, umenya imitima y'abantu bose, werekane uwo utoranije muri aba bombi

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

24 Basenga bagira bati: “Nyagasani, wowe uzi imitima y'abantu bose, erekana muri aba bombi uwo utoranyije

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

24 Basenga bagira bati: “Nyagasani, wowe uzi imitima y'abantu bose, erekana muri aba bombi uwo utoranyije

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

24 Hanyuma basenga bagira bati «Nyagasani, wowe uzi imitima ya bose, garagaza muri aba bombi uwo wihitiyemo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Ibyakozwe 1:24
24 Iomraidhean Croise  

nuko ujye wumva uri mu ijuru ari ryo buturo bwawe ubabarire, utegeke witure umuntu wese ukurikije ibyo yakoze byose wowe uzi umutima we, (kuko ari wowe wenyine uzi imitima y'abantu bose),


“Nawe Salomo mwana wanjye, umenye Imana ya so, ujye uyikorera n'umutima utunganye kandi ukunze, kuko Uwiteka agenzura imitima yose, akamenya ibyo imitima yibwira byose, numushaka uzamubona, ariko numureka azaguca iteka ryose.


Kandi Mana yanjye nzi yuko ugerageza umutima, ukishimira gutungana. Nanjye ntuye ibi bintu byose n'umutima ukunze kandi utunganye, kandi ubu mbonye abantu bawe bari hano bagutura n'imitima ikunze, biranezeza.


Niba twaribagiwe izina ry'Imana yacu, Niba twararamburiye amaboko indi mana,


Uwiteka aracira amahanga urubanza, Uwiteka, uncire urubanza rukwiriye gukiranuka kwanjye n'ukuri kundimo.


Ikuzimu no Kurimbuka biri imbere y'Uwiteka, Nkanswe ibiri mu mitima y'abantu.


Ariko Uwiteka Nyiringabo we, uca imanza zitabera ukagerageza imitima n'impyiko, henga ndebe uko uzabahōra kuko nakumenyesheje urubanza rwanjye.


Jye Uwiteka ni jye urondora umutima nkawugerageza, nkitura umuntu wese ibihwanye n'inzira ze, uko imbuto ziva mu mirimo ye ziri.


Noneho Uwiteka Nyiringabo, ugerageza abakiranutsi ukareba mu nda no mu mutima, unkundire ndebe uko ubahōra kuko ari wowe naturiye ibyanjye.


“Uwiteka, Imana y'imyuka y'abafite umubiri bose, atoranye umuntu wo gutwara iteraniro,


Arababwira ati “Mwebwe mukunda kwigira abakiranutsi imbere y'abantu ariko Imana izi imitima yanyu, kuko icyogejwe imbere y'abantu ari ikizira mu maso y'Imana.


Amubaza ubwa gatatu ati “Simoni mwene Yona, urankunda?” Petero ababazwa n'uko amubajije ubwa gatatu ati “Urankunda?” Nuko aramusubiza ati “Mwami, umenya byose, uzi kandi ko ngukunda.” Yesu aramubwira ati “Ragira intama zanjye.


Nuko bamaze kubatoraniriza abakuru mu matorero yose, basenga biyiriza ubusa, babaragiza Umwami Yesu uwo bizeye.


Imana irondōra imitima y'abantu yarabahamije, ubwo yabahaye Umwuka Wera nk'uko yamuduhaye natwe.


babashyira imbere y'intumwa kandi bamaze gusenga babarambikaho ibiganza.


kandi Irondora imitima izi ibyo Umwuka atekereza, kuko Umwuka asabira abera nk'uko Imana ishaka.


Nta cyaremwe kitagaragara imbere yayo, ahubwo byose bitwikuruwe nk'ibyambaye ubusa mu maso y'Izatubaza ibyo twakoze.


Kandi n'abana be nzabicisha urupfu, amatorero yose amenye yuko ari jye urondora ubwenge n'imitima, kandi ko nzītura umuntu wese wo muri mwe ibikwiriye ibyo yakoze.


Sawuli abwira Uwiteka Imana ya Isirayeli ati “Erekana ukuri.” Maze ubufindo bwerekana Yonatani na Sawuli. Nuko abantu barakira.


Ariko Uwiteka abwira Samweli ati “Nturebe mu maso he cyangwa ikirere cye ko ari kirekire namugaye, kuko Uwiteka atareba nk'uko abantu bareba. Abantu bareba ubwiza bugaragara, ariko Uwiteka we areba mu mutima.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan