Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 4:2 - Bibiliya Yera

2 Nta kindi gihari keretse kurahira bakica isezerano, no kwica no kwiba no gusambana, bagira urugomo kandi amaraso agasimbura andi maraso.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Bakunda kuvumana no kubeshya no kwicana, bakunda kwiba no gusambana no kugira urugomo, abantu bicana umusubizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Bakunda kuvumana no kubeshya no kwicana, bakunda kwiba no gusambana no kugira urugomo, abantu bicana umusubizo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 ahubwo bararahira ibinyoma bakabeshya, baricana bakiba, barasambana kandi bakagira urugomo; amaraso amenwe agasimburwa n’andi!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 4:2
42 Iomraidhean Croise  

Kayini abibwira Abeli murumuna we. Kandi bari mu gasozi, Kayini ahagurukira Abeli murumuna we, aramwica.


Kandi isi ihumanijwe n'abaturage bayo kuko bishe amategeko, bagahindura ibyategetswe, bakica isezerano ridakuka.


“Nimwumve ibi mwa nzu ya Yakobo mwe, abitiriwe izina rya Isirayeli bagakomoka mu mazi ya Yuda, barahira izina ry'Uwiteka bakavuga Imana ya Isirayeli, ariko mu bitari ukuri ntibibe n'ibyo gukiranuka,


Kuko Abisirayeli n'Abayuda bataretswe n'Imana yabo Uwiteka Nyiringabo, nubwo igihugu cyabo cyuzuyemo ibicumuro bacumuye ku Uwera wa Isirayeli.


Nk'uko isōko ivubura amazi yayo ni ko na wo uvubura gukiranirwa kwawo, urugomo no kwambura byumvikana muri wo, indwara n'inguma bihora imbere yanjye.


Ibyaha by'abahanuzi baho, N'ibicumuro by'abatambyi baho, Basheshe amaraso y'abakiranutsi muri yo, Ibyo ni byo byabiteye.


“Uringanize iminyururu kuko igihugu cyuzuwemo n'ubwicanyi, n'umurwa ukaba wuzuwemo n'urugomo.


Mwahinze gukiranirwa musarura ibibi, mwariye imbuto z'ibinyoma, kuko wiringiye imigambi yawe n'ubwinshi bw'intwari zawe.


Bavuga amagambo y'ubusa, bakarahira ibinyoma mu masezerano basezeranye. Ni cyo gituma iteka rigiye gucibwa vuba nk'uko umuhoko umera mu mayogi y'imirima.


Uwiteka yavanye Isirayeli muri Egiputa abitegetse umuhanuzi, kandi umuhanuzi ni we wamurindaga.


Kandi abo bagome bakabije kwica abantu, ariko nzabahana bose.


I Galeyadi ni umudugudu w'inkozi z'ibibi, hahindanijwe n'amaraso.


Uko ibitero by'abambuzi bicira umuntu igico, ni ko igitero cy'abatambyi cyicira abantu mu nzira igana i Shekemu. Ni ukuri bagira ubugambanyi.


“Igihe nashakaga gukiza Isirayeli, gukiranirwa kwa Efurayimu kwahereyeko kurahishurwa, n'ubugome bw'i Samariya na bwo, kuko bakora iby'ibinyoma, umujura yinjira mu cyuho, kandi igitero cy'abambuzi kikamburira ku gasozi.


“Banezereza umwami gukiranirwa kwabo, n'ibikomangoma byishimira ibinyoma byabo.


Bose ni abasambanyi, bameze nk'iziko ricanwemo n'umutetsi, areka gucana iyo amaze gucugusa irobe kugeza igihe rimaze gutubuka.


Yemwe abanga ibyiza mugakunda ibibi, mugashishimura uruhu ku bantu banjye, mugakuraho inyama ku magufwa yabo,


Nimwumve ibi batware b'inzu ya Yakobo n'abacamanza b'inzu ya Isirayeli, mwanga imanza zitabera mukagoreka ibitunganye byose.


Mbese ubutunzi budatunganye buracyari mu nzu y'inkozi z'ibibi cyangwa ingero zitubya, abantu banga?


Abubaha Imana bashize mu isi kandi mu bantu nta n'umwe utunganye, bose bacira igico kuvusha amaraso, umuntu wese ahigisha mwene se ikigoyi amutega.


Umurwa w'ubugome wanduye, kandi urenganya uzabona ishyano.


Arambwira ati “Uwo ni umuvumo woherejwe gukwira isi yose, ku ruhande rumwe uhamya yuko uwiba wese azakurwaho, ku rundi uhamya yuko urahira ibinyoma wese azakurwaho.


“Uwiteka Nyiringabo yaravuze ati ‘Nimuce imanza zitabera, kandi ati: Umuntu wese agirire mugenzi we imbabazi n'impuhwe.


muhereko mugibweho n'amaraso yose y'abakiranutsi yaviriye ku isi, uhereye ku maraso ya Abeli umukiranutsi, ukageza ku maraso ya Zakariya mwene Berekiya, mwiciye hagati y'Ahera h'urusengero n'igicaniro.


Ni nde mu bahanuzi ba sekuruza wanyu batarenganije? Bishe abāvuze ibyo kuza kwa wa Mukiranutsi bitari byaba, none namwe mwaramugambaniye muramwica,


“Ntukavugire ubusa izina ry'Uwiteka Imana yawe, kuko Uwiteka atazamubara nk'utacumuye uvugiye ubusa izina rye.


“Kandi ntugasambane. 13.9; Yak 2.11


Bishe Umwami Yesu n'abahanuzi kandi natwe baratwirukanye ntibanezeza Imana, baba abanzi b'abantu bose.


Mbona ko uwo mugore asinze amaraso y'abera n'amaraso y'abahōwe Yesu. Mubonye ndatangara cyane.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan