Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 2:2 - Bibiliya Yera

2 Kandi Abayuda n'Abisirayeli bazateranira hamwe, bitoranyirize umutware umwe, kandi bazazamuka bave mu gihugu, kuko umunsi wa Yezerēli uzaba ukomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Abayuda n'Abisiraheli bazakoranira hamwe, bishyirireho umutware umwe wo kubayobora, bazagwira nk'imyaka imera mu butaka. Koko uwo munsi wa Yizerēli uzaba ari akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Abayuda n'Abisiraheli bazakoranira hamwe, bishyirireho umutware umwe wo kubayobora, bazagwira nk'imyaka imera mu butaka. Koko uwo munsi wa Yizerēli uzaba ari akataraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 Abayuda n’Abayisraheli bazateranira hamwe, bishyirireho umutware umwe rukumbi maze buzure igihugu; kuko umunsi wa Yizireyeli uzaba ikirangirire.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 2:2
22 Iomraidhean Croise  

Kandi azashingira amahanga ibendera, ateranye Abisirayeli baciwe, azateraniriza hamwe Abayuda batatanye, abakuye ku mpera enye z'isi.


Uwiteka arambaza ati “Urwandiko rwo gusenda nyoko namusendesheje ruri he? Cyangwa se mu bo mbereyemo umwenda uwo nabahaye ho ubwishyu ni nde? Dore mwaguzwe muzize ibyaha byanyu, kandi ibicumuro byanyu ni byo byasendesheje nyoko.


“Shyira ejuru uvuge cyane we kugerura, rangurura ijwi ryawe nk'ikondera ubwire ubwoko bwanjye ibicumuro byabwo, ubwire inzu ya Yakobo ibyaha byabo.


‘Nimwumve ijambo ry'Uwiteka mwa bami b'u Buyuda mwe, namwe abatuye i Yerusalemu. Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga iti: Dore ngiye guteza aha hantu ibyago, ibyo uzabyumva wese bizamuziba amatwi.


“Genda urangururire mu matwi y'ab'i Yerusalemu uti ‘Uku ni ko Uwiteka avuze ati: Nibutse ineza yo mu bukumi bwawe, n'urukundo rw'ubugeni bwawe, uko wankurikiye mu butayu mu gihugu kitigeze guhingwa.


“Baravuga bati ‘Umugabo nasenda umugore we, yamara gutana na we akendwa n'undi mugabo, mbese yakongera gusubirana na we? Igihugu cyakorwamo bene ibyo ntikiba cyandujwe rwose?’ Ariko weho wasambanye n'abakunzi bawe benshi, nyamara jyeweho uzangarukire. Ni ko Uwiteka avuga.


Icyo nshaka kimwe ni uko wemera ibyaha byawe, ibyo wacumuye ku Uwiteka Imana yawe, wayobereje inzira zawe ku mana z'abanyamahanga munsi y'igiti cyose gitoshye, kandi ntiwumviye ijwi ryanjye. Ni ko Uwiteka avuga.


Icyo gihe inzu ya Yuda izuzura n'inzu ya Isirayeli, kandi bazavana mu gihugu cy'ikasikazi baze mu gihugu nahaye ba sogokuruza ho gakondo.


“ ‘Maze kandi wajyanye abahungu bawe n'abakobwa bawe, abo wambyariye, urabibatambirira ngo barimburwe.


Ingoro zawe wazubatse mu mahuriro y'inzira hose, ubwiza bwawe ubuhindura ikizira, kandi watambikirije uhita wese ugwiza ubusambanyi bwawe.


“Mbese uzabacira urubanza mwana w'umuntu, mbese uzabacira urubanza? Ubamenyeshe ibizira bya ba se


Maze mvuga iby'usaziye mu busambanyi nti ‘Noneho bagiye kumusambanya na we asambane na bo.’


Kandi abakiranutsi ni bo bazabacira urubanza ko ari abamaraya, bakaba n'abagore bavusha amaraso kuko ari abagore basambana, kandi amaraso bavushaga yahindanije ibiganza byabo.”


Igihe Uwiteka yatangiye kuvugana na Hoseya ubwa mbere aramubwira ati “Genda ucyure umugore wa maraya ufite abana b'ibinyandaro, kuko iki gihugu cyakabije ubusambanyi bwo kureka Uwiteka.”


“Ariko iherezo, umubare w'Abisirayeli uzangana n'umusenyi wo ku nyanja, utabasha kugerwa habe no kubarika, kandi aho babwirirwaga ngo ‘Ntimuri ubwoko bwanjye’, bazahabwirirwa ngo ‘Muri abana b'Imana ihoraho.’


kugira ngo ntamwambika ubusa akamera nk'umunsi yavutseho, nkamuhindura nk'ikidaturwa, nkamugira nk'igihugu cyumye kandi nkamwisha inyota.


Kandi uzasitara ku manywa, n'umuhanuzi na we azasitarana nawe nijoro, kandi nzarimbura nyoko.


Usenya yazamukiye imbere yabo, barasimbuka bagwa mu irembo barisohokamo, umwami wabo yababanje imbere kandi Uwiteka na we abagiye imbere.


Ni cyo gituma uhereye none tutazagira uwo dutekereza dukurikije amasekuruza, nubwo ari ko twatekerezaga Kristo, ariko noneho ntitukimutekereza dutyo.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan