Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Hoseya 11:3 - Bibiliya Yera

3 Ariko ni jye wigishije Abefurayimu gutambuka ndabahagatira, ariko ntibamenye ko ari jye wabakijije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Efurayimu ari we Isiraheli, ni jye wamwigishije kugenda. Namufataga ukuboko agatambuka, nyamara ntiyamenya ko ari jye umwitaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Efurayimu ari we Isiraheli, ni jye wamwigishije kugenda. Namufataga ukuboko agatambuka, nyamara ntiyamenya ko ari jye umwitaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nyamara Efurayimu, ni jye wamufataga akaboko, nkamwigisha gutambuka, ariko ntibigeze bamenya ko ari jye wabitagaho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Hoseya 11:3
20 Iomraidhean Croise  

Akohereza ijambo rye akabakiza indwara, Akabakiza kwinjira mu mva zabo.


Arababwira ati “Nugira umwete wo kumvira Uwiteka Imana yawe, ugakora ibitunganye mu maso yayo, ukumvira amategeko yayo, ukitondera ibyo yategetse byose, nta ndwara nzaguteza mu zo nateje Abanyegiputa, kuko ari jye Uwiteka ugukiza indwara.”


‘Mwabonye ibyo nagiriye Abanyegiputa, kandi uko naramije mwe amababa nk'ay'ikizu nkabizanira.


Kandi muzakorere Uwiteka Imana yanyu, na yo izaha umugisha umutsima wawe n'amazi yawe, kandi nzakura indwara hagati muri mwe.


Umva wa juru we, tega amatwi nawe wa si we, kuko Uwiteka avuga ati “Nonkeje abana ndabarera ariko barangomera.


Umwezi w'ukwezi uzamera nk'umucyo w'izuba, kandi umucyo w'izuba uzongerwa karindwi uhwane n'umucyo w'iminsi irindwi, ubwo Uwiteka azapfuka ibisebe by'abantu be akavura n'inguma zabo.


“Nimunyumve mwa nzu ya Yakobo mwe, namwe abarokotse bo mu nzu ya Isirayeli mwese, abo nahetse mukiri mu nda, nkabaterura mukivuka


Yababaranye na bo mu mibabaro yabo yose, na marayika uhora imbere ye yajyaga abakiza. Urukundo rwe n'imbabazi ze ni byo byamuteye kubacungura, yarabateruraga akabaheka iminsi yose ya kera.


Nzakugarurira amagara yawe, kandi nzagukiza inguma zawe, ni ko Uwiteka avuga, kuko bari bakwise igicibwa bati ‘Hano n'i Siyoni, hatagira uhitaho.’ ”


Mbese i Galeyadi nta muti womora uhaba? Kuki uruguma rw'ubwoko bwanjye rutakize?


Abashuri ntibazadukiza, ntituzagendera ku mafarashi kandi ntabwo tuzongera kubwira ubukorikori bwakozwe n'amaboko yacu tuti ‘Muri imana zacu’, kuko impfubyi ari wowe zibonaho kugirirwa imbabazi.


“Ni cyo gituma ngiye kuzitiza inzira ye amahwa, kandi nkubaka uruzitiro kugira ngo atabona aho anyura.


“Igihe nashakaga gukiza Isirayeli, gukiranirwa kwa Efurayimu kwahereyeko kurahishurwa, n'ubugome bw'i Samariya na bwo, kuko bakora iby'ibinyoma, umujura yinjira mu cyuho, kandi igitero cy'abambuzi kikamburira ku gasozi.


Nubwo nabigishije ngakomeza amaboko yabo, ariko bajya inama zo kungirira nabi.


Yihanganira ingeso zabo nk'imyaka mirongo ine bari mu butayu.


no mu butayu aho mwabonaga mugenda Uwiteka Imana yanyu ibahetse, nk'uko umugabo aheka umuhungu we, mu rugendo mwagenze rwose mukageza aho mwagereye ino.”


Imana ihoraho ni ubuturo bwawe, Amaboko ye iteka ryose arakuramira. Yirukanye ababisha imbere yawe, Iravuga iti ‘Rimbura.’


Kandi ujye wibuka urugendo rwose rwo mu butayu, Uwiteka Imana yawe yakuyoboyemo iyi myaka uko ari mirongo ine, kugira ngo igucishe bugufi, ikugerageze imenye ibyo mu mutima wawe, yuko wakwitondera amategeko yayo cyangwa utayitondera.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan