Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:9 - Bibiliya Yera

9 Umwami Imana yacu ni yo ifite imbabazi n'ibambe, nubwo twayigomeye

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

9 Ariko wowe Nyagasani Mana yacu, utugirira impuhwe ukatubabarira nubwo twakugomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

9 Ariko wowe Nyagasani Mana yacu, utugirira impuhwe ukatubabarira nubwo twakugomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:9
28 Iomraidhean Croise  

Dawidi abwira Gadi ati “Ndashobewe rwose, twigwire mu maboko y'Uwiteka kuko imbabazi ze ari nyinshi, ne kugwa mu maboko y'abantu.”


Nuko ujye wumva kwinginga k'umugaragu wawe n'uk'ubwoko bwawe bwa Isirayeli, uko bazajya basenga berekeye aha. Ni koko ujye wumva uri mu ijuru ari ryo buturo bwawe, kandi uko uzajya wumva ujye ubababarira.


Ariko ku bw'imbabazi zawe nyinshi ntiwabatsembaga rwose kandi ntiwabataga, kuko uri Imana y'imbabazi n'ibambe.


Ahubwo kubabarirwa kubonerwa aho uri, Kugira ngo wubahwe.


Wa bwoko bw'Abisirayeli we, ujye wiringira Uwiteka, Kuko imbabazi zibonerwa aho Uwiteka ari, Kandi aho ari ni ho habonerwa gucungurwa kwinshi.


Imana yavuze rimwe, nabyumvise kabiri, Ngo “Imana ni yo ifite ububasha.”


Ariko wowe Mwami, Uri Imana y'ibambe n'imbabazi, Itinda kurakara, Ifite kugira neza kwinshi n'umurava mwinshi.


Kuko wowe Mwami uri mwiza, witeguye kubabarira, Kandi wuzuye imbabazi ku bakwambaza bose.


Umunyabyaha nareke ingeso ze, ukiranirwa areke ibyo yibwira agarukire Uwiteka na we aramugirira ibambe, agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose pe.


Nzajya nogeza ibyo Uwiteka yangiriye neza n'ishimwe rye, ibyo yaduhaye byose nzajya mbivuga uko bingana, muvuge n'ibyiza byinshi yagiriye inzu ya Isirayeli, ibyo yabahereye ubuntu, nk'uko imbabazi ze nyinshi zingana.


Nubwo ibicumuro byacu bidushinja, tugirire ku bw'izina ryawe ayii Uwiteka, kuko gusubira inyuma kwacu ari kwinshi, twagucumuyeho.


Ariko ab'inzu ya Isirayeli barangomeye bari mu butayu, ntibagendera mu mategeko yanjye kandi banze n'amateka yanjye, ari yo abeshaho uyakomeje, n'amasabato yanjye barayaziruye cyane. Ni ko kuvuga yuko nzabasukaho uburakari bwanjye bari mu butayu kugira ngo mbarimbure.


“Twaracumuye tuba ibyigenge, twakoze nabi twaragomye, turateshuka tuva mu mategeko n'amateka yawe.


Ntitwumviye abagaragu bawe b'abahanuzi, bajyaga babwira abami bacu n'abatware bacu na ba sekuruza bacu, n'abantu bo mu gihugu bose mu izina ryawe.


Nyagasani, gukiranuka ni ukwawe ariko ibyacu ni ugukorwa n'isoni, nk'uko bibaye ubu ku Bayuda n'abaturage b'i Yerusalemu, n'Abisirayeli bose ba bugufi n'abatuye kure mu bihugu byose, aho wabirukaniye ubahoye ibicumuro bagucumuyeho.


Nyagasani, ku bwacu n'abami bacu n'abatware bacu na ba sogokuruza bacu, ni ugukorwa n'isoni kuko twagucumuyeho.


asenga Uwiteka ati “Uwiteka, si icyo navugaga nkiri iwacu? Ni cyo cyatumye nshoka mpungira i Tarushishi, kuko namenye ko uri Imana igira ubuntu n'imbabazi, itinda kurakara, ifite kugira neza kwinshi kandi yibuza kugira nabi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan