Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:3 - Bibiliya Yera

3 Mpanga amaso Umwami Imana yanjye, mushakisha gusenga no kwinginga niyiriza ubusa, nambara ibigunira, nisiga ivu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Nuko nigomwa kurya, nambara imyambaro igaragaza akababaro, nisiga ivu, maze ntakambira Nyagasani Imana ndamwinginga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Nuko nigomwa kurya, nambara imyambaro igaragaza akababaro, nisiga ivu, maze ntakambira Nyagasani Imana ndamwinginga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:3
30 Iomraidhean Croise  

Ni cyo cyatumye Dawidi yingingira uwo mwana ku Mana, yiyiriza ubusa yihina mu nzu, acura umurambo hasi burinda bucya.


Maze Ezira arahaguruka ava imbere y'inzu y'Imana ajya mu nzu ya Yehohanani mwene Eliyashibu, agezeyo ntiyagira icyo afungura kuko yababajwe n'igicumuro cy'abavuye mu bunyage.


Maze ntegekera kwiyiriza ubusa aho ngaho kuri uwo mugezi Ahava, kugira ngo twicishe bugufi imbere y'Imana yacu, ngo tuyiyoboze inzira idutunganiye twebwe n'abana bacu bato n'ibintu byacu byose,


Ituro rya nimugoroba rituwe mpaguruka aho nari ndi nibabaje, umwambaro wanjye n'umwitero wanjye byari bishishimutse, mperako nkubita amavi hasi ntegera Uwiteka Imana yanjye ibiganza


Nuko ku munsi wa makumyabiri n'ine wo muri uko kwezi Abisirayeli baraterana biyiriza ubusa, bambara ibigunira bītēra n'umukungugu.


“Genda uteranye Abayuda bari i Shushani bose mwiyirize ubusa munsabire, mumare iminsi itatu ku manywa na nijoro mutagira icyo murya cyangwa munywa. Nanjye n'abaja banjye tuzabigenza dutyo. Uko ni ko nzasanga umwami, nirengagije itegeko, kandi niba nzarimbuka nzarimbuke.”


Ni cyo kinteye kwizinukwa nkaba nihannye, Nigaragura mu mukungugu no mu ivu.”


Ariko jyeweho iyo barwaraga nambaraga ibigunira, Nkababarisha ubugingo bwanjye kwiyiriza ubusa, Ngasenga ncuritse umutwe mu gituza.


Uwo munsi Uwiteka Nyiringabo yahamagariye abantu kurira no kuboroga, no kogosha inkomborera no kwambara ibigunira,


‘Ntabaza ndagutabara, nkwereke ibikomeye biruhije utamenya.’


“Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo ‘Ubundi ab'inzu y'Abisirayeli bazongera kunsaba ngo mbibagirire, nzabagwiriza abantu nk'umukumbi.


Nuko Umwami Dariyo ashyiraho ukuboko ku rwandiko rw'iryo tegeko.


muri uwo mwaka wa mbere wo ku ngoma ye, jyewe Daniyeli nasomye ibitabo binsobanurira umubare w'imyaka i Yerusalemu hazamara hashenywe ko ari imyaka mirongo irindwi, byavuzwe n'ijambo ry'Uwiteka mu kanwa k'umuhanuzi Yeremiya.


Nuko nkivuga, nsenga natura ibyaha byanjye n'iby'ubwoko bwanjye bw'Abisirayeli, kandi ntakambira Uwiteka Imana yanjye ku bw'umusozi wera w'Imana yanjye,


Nsenga Uwiteka Imana yanjye nyaturira nti “Nyagasani Mana nkuru y'igitinyiro, ikomeza gusohoza isezerano no kugirira ibambe abayikunda bakitondera amategeko yayo.


Mwa batambyi mwe, mwambare ibigunira murire, namwe abakora ku gicaniro muboroge. Nimuze mukeshe ijoro mwambaye ibigunira, mwa bakorera Imana yanjye mwe, kuko ituro ry'ifu n'ituro ry'ibyokunywa byaciwe mu nzu y'Imana yanyu.


Uwiteka aravuga ati “Ariko n'ubu nimungarukire n'imitima yanyu yose mwiyirize ubusa, murire muboroge.”


Maze ab'i Nineve bemera Imana, bamamaza itegeko ryo kwiyiriza ubusa, bose bakambara ibigunira uhereye ku mukuru ukageza ku uworoheje hanyuma y'abandi.


Ariko bene uwo ntavanwamo n'ikindi keretse gusenga no kwiyiriza ubusa.]”


noneho amara imyaka mirongo inani n'ine ari umupfakazi. Yahoraga mu rusengero aramya Imana, yiyiriza ubusa, asenga ku manywa na nijoro.


Koruneliyo ati “Dore uyu ni umunsi wa kane, uhereye ubwo nari ndi mu nzu yanjye nsenga magingo aya ari yo saa cyenda, nuko umuntu ahagarara imbere yanjye yambaye imyenda irabagirana,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan