Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:26 - Bibiliya Yera

26 Ibyo byumweru uko ari mirongo itandatu na bibiri nibishira Mesiya azakurwaho, kandi nta cyo azaba asigaranye. Maze abantu b'umutware uzaza bazarimbure umurwa n'ubuturo bwera, uwo iherezo rye rizaba nk'utembanywe n'umwuzure w'amazi, intambara n'ibyago bizarinda bigeza imperuka. Ni ko bitegetswe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

26 Nyuma y'iyo myaka magana ane na mirongo itatu n'ine, ni bwo uwashyizweho bamusīze amavuta azicwa agakurwaho. Umurwa n'Ingoro yawo bizarimburwa n'ingabo z'umutegetsi uzaza. Ariko uwo mutegetsi na we azatsembwaho nk'utwawe n'umwuzure, kandi kugeza ku iherezo byemejwe ko hazaba ari intambara kirimbuzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

26 Nyuma y'iyo myaka magana ane na mirongo itatu n'ine, ni bwo uwashyizweho bamusīze amavuta azicwa agakurwaho. Umurwa n'Ingoro yawo bizarimburwa n'ingabo z'umutegetsi uzaza. Ariko uwo mutegetsi na we azatsembwaho nk'utwawe n'umwuzure, kandi kugeza ku iherezo byemejwe ko hazaba ari intambara kirimbuzi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:26
39 Iomraidhean Croise  

Babwira umwami bati “Uwo mugabo waturimbuye, akadushakira ubwenge bwo kudutsemba ngo tutaba mu bihugu bya Isirayeli byose,


Nsutswe nk'amazi, Amagufwa yanjye yose arakutse. Umutima wanjye umeze nk'ibimamara, Uyagiye mu mara yanjye.


Dore Uwiteka afite umunyamaboko w'intwari, ni we uzabakubita hasi cyane nk'amahindu y'urubura, nk'amashahi arimbura n'amazi menshi y'umwuzure arenga inkombe.


Nuko mwe kugumya gukobana, kugira ngo ingoyi zanyu zitarushaho gukanaga, kuko numvise yuko ibyo Umwami Uwiteka Nyiringabo yagambiriye ari ukumaraho isi yose.


Guhemurwa no gucirwa ho iteka ni byo byamukujeho. Mu b'igihe cye ni nde witayeho ko yakuwe mu isi y'abazima, akaba yarakubitiwe ibicumuro by'ubwoko bwe?


nuko rero none Uwiteka abateje amazi y'urwo ruzi, amazi menshi afite imbaraga, ari yo mwami wa Ashuri n'icyubahiro cye cyose, azasendera arenge inkombe zose,


Uwo ni nde wuzuye ameze nka Nili, amazi ye akiremamo ibigogo nk'iby'inzuzi?


Inyanja yasendereye irengera i Babuloni, harenzweho n'umuraba wayo mwinshi.


“Bukeye abana be bazateranya imitwe y'ingabo nyinshi batabare, izo ngabo zizatera zisandare nk'umwuzure w'amazi zikwire igihugu, nizimara guhitanya zizagaruka zirwana zihindurane igihome cy'umwami w'ikusi.


“Nyuma azagambirira kuzana n'ingabo z'igihugu cye cyose, maze azikiranure n'umwami w'ikusi. Azamushyingira umukobwa we kugira ngo azanire ubwami bw'ikusi kurimbuka, ariko imigambi ye ntizuzura, ntabwo azahindūra icyo gihugu.


Ingabo zizatemba imbere ye nk'umwuzure zimenagurike, ndetse n'umutware w'isezerano na we ni uko.


“Nuko uwo mwami azakora uko ashatse, yigire munini yishyire hejuru ngo asumbe imana zose, kandi azavuga ibikomeye bisuzuguza Imana nyamana. Azishyira yizane kugeza aho uburakari buzasohorera, kuko ibyagambiriwe bizasohozwa.


Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n'amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry'ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.”


“Izina rye umwite Lowami, kuko mutari ubwoko bwanjye nanjye sinzaba Imana yanyu


Mbese ibyo si byo bizatuma isi ihinda umushyitsi, abayirimo bose bakaboroga? Izuzura rwose nka rwa Ruzi, izarengera hanyuma yike nk'uruzi rwo muri Egiputa.


kuko Uwiteka Imana Nyiringabo ari yo ikora ku gihugu kikayenga, kandi abagituyemo bose bazaboroga. Kizuzura rwose nka rwa Ruzi, kandi kizika nk'uruzi rwo muri Egiputa.


I Nineve azahamarisha umwuzure w'amazi menshi, kandi abanzi be azabakurikirana no mu mwijima.


“Ubwami bwo mu ijuru bugereranywa n'umwami wacyujije ubukwe bw'umwana we arongora,


Maze umwami ararakara agaba ingabo ze, arimbura abo bicanyi atwika umudugudu wabo.


Dore inzu yanyu muyisigiwe ari umusaka.


Arababwira ati “Ntimureba ibi byose? Ndababwira ukuri yuko aha hatazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.”


Yesu aramubaza ati “Urareba iyi myubakire minini? Ntihazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.”


Nuko nimwumva intambara n'impuha z'intambara ntimuzahagarike imitima, kuko ibyo bitazabura kubaho, ariko imperuka izaba itaraza.


Arabasubiza ati “Ni koko, Eliya ni we ukwiriye kubanza kuza ngo atunganye byose, akababazwa cyane kandi agashinyagurirwa nk'uko byanditswe ku Mwana w'umuntu na we.


Bamwe bazicwa n'inkota, abandi bajyanwe mu mahanga yose ari imbohe, kandi i Yerusalemu hazasiribangwa n'abanyamahanga, kugeza ubwo ibihe by'abanyamahanga bizashirira.


“Ibyo mureba ibi, mu minsi izaza ntihazasigara ibuye rigeretse ku rindi ritajugunywe hasi.”


None se Kristo ntiyari akwiriye kubabazwa atyo, ngo abone kwinjira mu bwiza bwe?”


ati “Ni ko byanditswe ko Kristo akwiriye kubabazwa no kuzuka ku munsi wa gatatu,


Sinkivugana namwe byinshi, kuko umutware w'ab'iyi si aza kandi nta cyo amfiteho,


kuko Utigeze kumenya icyaha Imana yamuhinduye kuba icyaha ku bwacu, kugira ngo muri we duhinduke gukiranuka kw'Imana.


Kristo yaducunguriye kugira ngo dukizwe umuvumo w'amategeko, ahindutse ikivume ku bwacu (kuko byanditswe ngo “Havumwe umuntu wese umanitswe ku giti”),


kandi ibyo ni byo mwahamagariwe, kuko na Kristo yabababarijwe akabasigira icyitegererezo, kugira ngo mugere ikirenge mu cye.


Ubwe yikoreye ibyaha byacu mu mubiri we abibambanwa ku giti, kugira ngo dupfe ku byaha duhereko tubeho ku gukiranuka. Imibyimba ye ni yo yabakijije.


Kuko na Kristo yababarijwe ibyaha by'abantu rimwe, umukiranutsi ababarizwa abakiranirwa kugira ngo atuyobore ku Mana amaze kwicwa mu buryo bw'umubiri, ariko ahinduwe muzima mu buryo bw'umwuka.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan