Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:25 - Bibiliya Yera

25 Nuko ubimenye, ubyitegereze yuko uhereye igihe bazategekera kubaka i Yerusalemu bayisana kugeza kuri Mesiya Umutware hazabaho ibyumweru birindwi, maze habeho ibindi byumweru mirongo itandatu na bibiri bahubake basubizeho imiharuro n'impavu, ndetse bizakorwa mu bihe biruhije.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Umenye kandi usobanukirwe ibi: uhereye igihe icyemezo cyo gusana no kubaka Yeruzalemu cyatangarijwe kugeza igihe hazabaho umutegetsi washyizweho bamusīze amavuta, hazaba hashize imyaka mirongo ine n'icyenda, mu yindi myaka magana ane na mirongo itatu n'ine Yeruzalemu izubakwa bushya, imihanda n'inkuta zayo bizasanwa, ariko hazaba ari mu bihe bikomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Umenye kandi usobanukirwe ibi: uhereye igihe icyemezo cyo gusana no kubaka Yeruzalemu cyatangarijwe kugeza igihe hazabaho umutegetsi washyizweho bamusīze amavuta, hazaba hashize imyaka mirongo ine n'icyenda, mu yindi myaka magana ane na mirongo itatu n'ine Yeruzalemu izubakwa bushya, imihanda n'inkuta zayo bizasanwa, ariko hazaba ari mu bihe bikomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:25
32 Iomraidhean Croise  

Umwami abwira Sadoki ati “Subiza isanduku mu murwa. Nindamuka mbonye imbabazi ku Uwiteka azangarurayo, kandi azayinyereka n'ubuturo bwe.


Nuko umurimo w'inzu y'Imana iri i Yerusalemu bawurekeraho, kugeza mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma ya Dariyo umwami w'u Buperesi.


Hanyuma y'ibyo, ku ngoma ya Aritazeruzi umwami w'u Buperesi, Ezira mwene Seraya mwene Azariya mwene Hilukiya,


Ezira agera i Yerusalemu mu kwezi kwa gatanu, ko mu mwaka wa karindwi uwo mwami ari ku ngoma.


Bukeye Eliyashibu Umutambyi mukuru ahagurukana na bene se b'abatambyi, bubaka irembo ry'intama bararyeza bateraho inzugi zaryo, baraheza bahereye ku munara wa Hameya bakageza ku munara wa Hananēli.


bajya imigambi bose uko bangana ngo bajye kurwanya ab'i Yerusalemu, babatere imidugararo.


Nitegereje ndahaguruka mbwira abantu b'imfura, n'abatware n'abandi bantu bose nti “Ntimubatinye. Mwibuke Uwiteka Umwami ukomeye uteye ubwoba, murwanire bene wanyu: abahungu n'abakobwa banyu n'abagore banyu, n'ingo zanyu.”


Nuko ku munsi wa makumyabiri n'itanu w'ukwezi kwitwa Eluli inkike ziruzura, twari tumaze iminsi mirongo itanu n'ibiri tuzubaka.


Kuko abanzi banjye bamvuga, Abubikira ubugingo bwanjye bajya inama bati


Igihe cyo kwica n'igihe cyo gukiza, igihe cyo gusenya n'igihe cyo kubaka.


Dore mutanze ho umugabo wo guhamiriza amahanga, akaba umwami w'amoko n'umugaba wayo.


Gutegeka kwe n'amahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi n'ubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose. Ibyo ngibyo Uwiteka Nyiringabo azabisohoresha umwete we.


Nuko ririkuza ndetse ryireshyeshya n'umugaba w'ingabo, rimukuraho igitambo gihoraho kandi ubuturo bwera burasenyuka.


Azagira imigambi ituma abashishwa byose n'uburyarya, kandi azishyira hejuru mu mutima we, azarimbura benshi biraye ndetse azahaguruka kurwanya Umwami w'abami. Ariko azavunagurika nta wumukozeho.


Ugitangira kwinginga haje ijambo, kandi nzanywe no kurikubwira kuko ukundwa cyane. Nuko iryo jambo uritekereze cyane, umenye n'ibyo weretswe.


Ariko wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya mu bihumbi by'i Buyuda, muri wowe ni ho hazava uzaba umwami wa Isirayeli akansanga, imirambagirire ye ni iy'iteka uhereye kera kose.


Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli.


Kandi usa n'izibibwe mu butaka bwiza, uwo ni we wumva ijambo akarimenya, akera imbuto umwe ijana, undi mirongo itandatu, undi mirongo itatu.”


“Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura cyahanuwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere),


“Ariko nimubona ikizira kirimbura kigeze aho kidakwiriye, (usoma abyitondere), icyo gihe abazaba bari i Yudaya bazahungire ku misozi,


Abanza kubona mwene se Simoni aramubwira ati “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo: Kristo).


Umugore aramubwira ati “Nzi yuko Mesiya azaza, ari we witwa Kristo, kandi ubwo azaza azatubwira byose.”


nuko wa Mukuru w'ubugingo muramwica, ariko Imana iramuzura. Natwe turi abagabo bo guhamya ibyo.


Imana yaramuzamuye imushyira iburyo bwayo ngo abe Ukomeye n'Umukiza, aheshe Abisirayeli kwihana no kubabarirwa ibyaha.


Filipo arirukanka yumva asoma igitabo cy'umuhanuzi Yesaya, aramubaza ati “Ibyo usoma ibyo urabyumva?”


mucunguze uburyo umwete kuko iminsi ari mibi.


no kuri Yesu Kristo, ari we mugabo wo guhamya ukiranuka n'imfura yo kuzuka, utwara abami bo mu isi, udukunda kandi watwejeshejeho ibyaha byacu amaraso ye,


Kandi ku mwenda we no ku kibero cye afite izina ryanditsweho ngo UMWAMI W'ABAMI, N'UMUTWARE UTWARA ABATWARE.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan