Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:24 - Bibiliya Yera

24 “Ibyumweru mirongo irindwi bitegekewe ubwoko bwawe n'umurwa wera, kugira ngo ibicumuro bicibwe n'ibyaha bishire, no gukiranirwa gutangirwe impongano haze gukiranuka kw'iteka, ibyerekanywe n'ibyahanuwe bifatanishwe ikimenyetso, ahera cyane hasigwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

24 Nyuma y'imyaka magana ane na mirongo cyenda, ni bwo ibicumuro n'ibyaha n'ubugome bw'ubwoko bwawe n'umurwa w'Imana yawe bizatsembwa bigashiraho. Ni bwo kandi ubutungane buzaganza iteka ryose, amabonekerwa n'ubuhanuzi bigasohozwa, Icyumba kizira inenge cyane kikegurirwa Imana hakoreshejwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

24 Nyuma y'imyaka magana ane na mirongo cyenda, ni bwo ibicumuro n'ibyaha n'ubugome bw'ubwoko bwawe n'umurwa w'Imana yawe bizatsembwa bigashiraho. Ni bwo kandi ubutungane buzaganza iteka ryose, amabonekerwa n'ubuhanuzi bigasohozwa, Icyumba kizira inenge cyane kikegurirwa Imana hakoreshejwe amavuta.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:24
50 Iomraidhean Croise  

Abatambyi barayabīkīra, batambira amaraso yayo ku cyotero bayatambirira icyaha ngo bahongerere Abisirayeli bose, kuko umwami yategetse ko batamba igitambo cyoswa, n'igitambo gitambirwa icyaha ngo bitambirwe Abisirayeli bose.


Iti “Ni jye wimikiye umwami wanjye, Kuri Siyoni umusozi wanjye wera.”


Mana, intebe yawe ni iy'iteka ryose, Inkoni y'ubugabe bwawe ni inkoni y'utwara agororoka.


Ntazacogora, ntazakuka umutima kugeza aho azasohoreza gukiranuka mu isi, n'ibirwa bizategereza amategeko ye.”


Nimwubure amaso yanyu murebe ijuru, murebe no ku isi hasi. Ijuru rizatamuruka nk'umwotsi n'isi izasaza nk'umwambaro, n'abayibamo bazapfa nk'isazi, ariko agakiza kanjye kazagumaho iteka ryose kandi gukiranuka kwanjye ntikuzakuka.


kuko inyenzi zizabarya nk'uko zirya imyambaro, n'umuranda uzabarya nk'uko urya ubwoya bw'intama, ariko gukiranuka kwanjye kuzahoraho iteka n'agakiza kanjye kazagumaho ibihe byose.”


Uwiteka aravuga ati “Mwitondere iby'ukuri, mukore ibyo gukiranuka kuko agakiza kanjye hari hafi, no gukiranuka kwanjye kugiye guhishurwa.


Umwuka w'Umwami Imana ari kuri jye, kuko Uwiteka yansīze amavuta ngo mbwirize abagwaneza ubutumwa bwiza, yantumye kuvura abafite imvune mu mutima no kumenyesha imbohe ko zibohowe, no gukingurira abari mu nzu y'imbohe.


Igihano cy'igicumuro cyawe kirarangiye, Yewe mukobwa w'i Siyoni we, Ntazongera kukujyana kure uri imbohe. Yewe mukobwa wa Edomu we, Azaguhanira igicumuro cyawe, Azatwikurura ibyaha byawe.


“Mwana w'umuntu, curira umwami w'i Tiro umuborogo umubwire uti ‘Umva uko Umwami Uwiteka avuga ngo wari intungane rwose, wuzuye ubwenge n'ubwiza buhebuje.


Kuko imyaka y'igicumuro cyabo nayikunganirije n'umubare w'iminsi, ari yo minsi magana atatu na mirongo urwenda. Ni ko uzishyiraho igicumuro cy'inzu ya Isirayeli.


Maze kandi nurangiza iyo, uzaryamire uruhande rwawe rw'iburyo wishyireho igicumuro cy'inzu ya Yuda, uhamare iminsi mirongo ine, umunsi wose nawukunganyirije n'umwaka umwe.


“Kandi ujye ubara amasabato y'imyaka arindwi, imyaka irindwi karindwi, iminsi uzamara izabe amasabato arindwi y'imyaka, ari yo myaka mirongo ine n'icyenda.


Mose arakibīkīra, yenda amaraso yacyo, ayashyirisha urutoki ku mahembe y'igicaniro impande zose, aboneza icyo gicaniro, akibyariraho amaraso hasi, acyereza kugihongerera.


Arambwira ati “Ariya mashami ni ba bantu babiri bejeshejwe amavuta, bahora bahagaze imbere y'Umwami w'isi yose.”


Nk'uko iminsi ingana mwatatiyemo icyo gihugu uko ari mirongo ine, umunsi uzahwana n'umwaka. Ni yo muzamara muriho igihano cyo gukiranirwa kwanyu kwinshi uko imyaka ari mirongo ine, kandi muzamenya ko nabahindutse.’


Azabyara umuhungu uzamwite YESU, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha byabo.”


Kuko abahanuzi bose n'amategeko byahanuye kugeza igihe cya Yohana,


Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k'urusengero


“Duhuriye he Yesu w'i Nazareti? Uje kuturimbura? Ndakuzi uri uwera w'Imana.”


Marayika aramusubiza ati “Umwuka Wera azakuzaho, n'imbaraga z'Isumbabyose zizagukingiriza, ni cyo gituma Uwera uzavuka azitwa Umwana w'Imana.


kuko iyo minsi izaba ari iyo guhoreramo ngo ibyanditswe byose bisohore.


Abanza kubona mwene se Simoni aramubwira ati “Twabonye Mesiya” (risobanurwa ngo: Kristo).


Uwatumwe n'Imana avuga amagambo yayo, kuko Imana idatanga Umwuka imugeze.


Ariko mwihakana Uwera kandi Umukiranutsi, musaba ko bababohorera umwicanyi,


Mose yaravuze ati ‘Umwami Imana izabahagurukiriza umuhanuzi muri bene wanyu umeze nkanjye, nuko muzamwumvire mu byo azababwira byose.


Abami bo mu isi bateje urugamba, N'abakuru bateraniye hamwe, Kurwanya Uwiteka n'Uwo yasīze.’


Ubwo twunzwe n'Imana ku bw'urupfu rw'Umwana wayo wadupfiriye tukiri abanzi bayo, none ubwo tumaze kūngwa na yo, ntituzarushaho gukizwa ku bw'ubugingo bwe?


Ni yo ibaha kuba muri Kristo Yesu waduhindukiye ubwenge buva ku Mana, no gukiranuka no kwezwa no gucungurwa,


kandi mboneke ko ndi muri we ntafite gukiranuka kwanjye kuva mu mategeko, ahubwo mfite ukuzanwa no kwizera Kristo, ari ko gukiranuka kuva ku Mana guheshwa no kwizera


Kandi imaze kuzanisha amahoro amaraso yo ku musaraba we imwiyungisha n'ibintu byose, ari ibyo ku isi cyangwa ibyo mu ijuru.


igahanagura urwandiko rw'imihango rwaturegaga, ikarudukuzaho kurubamba ku musaraba.


Kuko abezwa yabatunganishije rwose igitambo kimwe kugeza iteka ryose.


Ni cyo cyatumye yari akwiriye gushushanywa na bene Se kuri byose, ngo abe umutambyi mukuru w'imbabazi kandi ukiranuka mu by'Imana, abe n'impongano y'ibyaha by'abantu.


Byari bikwiriye ko tugira Umutambyi mukuru umeze atyo wera, utagira uburiganya, utandura, watandukanijwe n'abanyabyaha kandi washyizwe hejuru y'amajuru,


kuko iyo biba bityo aba yari akwiriye kubabazwa kenshi, uhereye ku kuremwa kw'isi. Ahubwo none abonetse rimwe gusa ku mperuka y'ibihe, kugira ngo akuzeho ibyaha kwitamba.


Simoni Petero imbata ya Yesu Kristo n'intumwa ye, ndabandikiye mwebwe abagabanye kwizera kw'igiciro cyinshi guhwanye n'ukwacu, muguheshejwe no gukiranuka kwa Yesu Kristo, ari we Mana yacu n'Umukiza.


Ukora ibyaha ni uwa Satani, kuko uhereye mbere na mbere Satani akora ibyaha. Ibyo Umwana w'Imana yerekaniwe ni ibi: ni ukugira ngo amareho imirimo ya Satani.


Nuko mbona marayika wundi aguruka aringanije ijuru, afite ubutumwa bwiza bw'iteka ryose ngo abubwira abari mu isi, bo mu mahanga yose n'imiryango yose, n'indimi zose n'amoko yose.


“Wandikire marayika w'Itorero ry'i Filadelifiya uti “Uwera kandi w'ukuri ufite urufunguzo rwa Dawidi, ukingura ntihagire ukinga kandi ukinga ntihagire ukingura, aravuga aya magambo ati


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan