Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:15 - Bibiliya Yera

15 “Noneho Nyagasani Mana yacu, nubwo wakuje ubwoko bwawe muri Egiputa amaboko yawe akomeye, ukihesha icyubahiro kugeza ubu, twaracumuye dukora nabi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 “Nyagasani Mana yacu, ubwo wadukuraga mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bwawe bwinshi wabaye icyamamare kugeza n'ubu, ariko twebwe ubwoko bwawe twakoze ibyaha tugucumuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

15 “Nyagasani Mana yacu, ubwo wadukuraga mu gihugu cya Misiri ukoresheje ububasha bwawe bwinshi wabaye icyamamare kugeza n'ubu, ariko twebwe ubwoko bwawe twakoze ibyaha tugucumuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:15
30 Iomraidhean Croise  

kuko ari ubwoko bwawe n'umwandu wawe wikuriye muri Egiputa, bakuwe mu ruganda aho bacurira ibyuma.


kuko bakoze ibyangwa imbere yanjye bakandakaza, uhereye igihe ba sekuruza babo baviriye muri Egiputa na bugingo n'ubu.’ ”


ariko bakisubiriramo mu gihugu bajyanywemo ari imbohe, bagahindukira bakagutakambira bari mu gihugu banyagiwemo bavuga bati ‘Twaracumuye, tugira ubugoryi dukora nabi’,


“Abo ni bo bagaragu bawe n'abantu, wacunguje ububasha bwawe bwinshi n'amaboko yawe akomeye.


none tegera ugutwi kwawe kumve n'amaso yawe arebe, wumve gusenga umugaragu wawe nsengera imbere yawe muri iyi minsi ku manywa na nijoro nsabira abagaragu bawe b'Abisirayeli, nātura ibyaha Abisirayeli twagukoreye. Ni koko jyewe n'inzu ya data twaragucumuye.


Werekanira ibimenyetso n'ibitangaza kuri Farawo n'abagaragu be bose no ku bantu bo mu gihugu cye bose, kuko wari uzi yuko babagiriraga nabi kubera ubwibone, nuko wihesha izina ryogeye nk'uko rimeze none.


Ariko ku bw'izina ryayo, Ibakiriza kugira ngo imenyekanishe imbaraga zayo zikomeye.


Kandi umwana wawe nakubaza mu gihe kizaza ati ‘Ibi ni ibiki?’ Uzamusubize uti ‘Uwiteka yadukuje amaboko muri Egiputa, mu nzu y'uburetwa.


Uwo muhango uzabe nk'ikimenyetso gishyizwe ku kuboko kwawe kandi nk'ibishyizwe mu ruhanga rwawe hagati y'amaso yawe, kuko Uwiteka yadukuje amaboko muri Egiputa.”


Mose abwira abantu ati “Mujye mwibuka uyu munsi muviriye muri Egiputa, mu nzu y'uburetwa, kuko Uwiteka yabakujeyo amaboko. Ntimuzagire imitsima yasembuwe murya.


Uwo muhango uzakubere nk'ikimenyetso gishyizwe ku kuboko kwawe, n'urwibutso rushyizwe hagati y'amaso yawe, kugira ngo amategeko y'Uwiteka abe mu kanwa kawe, kuko Uwiteka yagukuje amaboko muri Egiputa.


Abanyegiputa bazamenya yuko ndi Uwiteka, nimara kwihesha icyubahiro kuri Farawo no ku magare ye, no ku bahetswe n'amafarashi be.”


Mose yinginga Uwiteka Imana ye ati “Uwiteka, ni iki kigurumanishije uburakari bwawe, ukarakarira ubwoko bwawe wakuje mu gihugu cya Egiputa imbaraga nyinshi n'amaboko menshi?


Uwiteka abwira Mose ati “Uhereye none uzabona ibyo nzagirira Farawo. Azabarekura bagende, abyemejwe n'amaboko menshi, kandi no kwirukana azabirukana mu gihugu cye ku bw'ayo maboko.”


Nuko bwira Abisirayeli yuko ndi Uwiteka, kandi nzabatura imitwaro Abanyegiputa babakorera, mbakure mu buretwa babakoresha, mbacunguze ukuboko kurambutse n'ibihano bikomeye.


ariko ni ukuri iyi ni yo mpamvu itumye nguhagarika: ni ukugira ngo nkwereke imbaraga zanjye, kandi ngo izina ryanjye ryamamare mu isi yose.


Mu cyimbo cy'umufatangwe hazamera umuberoshi, mu cyimbo cy'umukeri hazamera umuhadasi, bizubahisha izina ry'Uwiteka, bizaba ikimenyetso gihoraho kitazakurwaho.”


Ubonana n'unezererwa ibyo gukiranuka akabikora, n'abagendera mu nzira zawe bakwibuka, ariko wararakaye kuko twakoze ibyaha, ndetse twabimazemo igihe kirekire. Aho no gukizwa tuzakizwa?


Nyagasani, twemeye ibyaha byacu n'ibicumuro bya ba sogokuruza, kuko twagucumuyeho.


Maze nandika urwandiko rw'isezerano ndushyiraho icyitegererezo cyanjye cy'ubushishi, ntora abagabo mugerera ifeza ku minzani.


“Twaracumuye kandi turagoma, Nawe ntiwatubabarira.


Ariko hagomeye amategeko yanjye hakora ibibi kurusha abanyamahanga, hakagomera amateka yanjye kurusha ibihugu bihakikije, kuko bahakanye amategeko yanjye n'amateka yanjye ntibayagenderemo.”


“Twaracumuye tuba ibyigenge, twakoze nabi twaragomye, turateshuka tuva mu mategeko n'amateka yawe.


Uwo mwana aramubwira ati ‘Data, nacumuye ku Yo mu ijuru no mu maso yawe, ntibinkwiriye kwitwa umwana wawe.’


“Naho uwo mukoresha w'ikoro ahagarara kure, ntiyahangara no kūbura amaso ngo arebe mu ijuru, ahubwo yikubita mu gituza ati ‘Mana, mbabarira kuko ndi umunyabyaha.’


Yaturokoye urupfu rukomeye rutyo na none iracyaturokora, kandi twiringira yuko izakomeza kuturokora,


Kandi ujye wibuka yuko wari umuretwa mu gihugu cya Egiputa, Uwiteka Imana yawe ikagukūzayo amaboko menshi n'ukuboko kurambutse. Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana yawe igutegeka kuziririza umunsi w'isabato.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan