Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:13 - Bibiliya Yera

13 Ibyo byago byose byadusohoyeho nk'uko byanditswe mu mategeko ya Mose, nyamara ntabwo twinginze Uwiteka Imana yacu ngo itugirire imbabazi, ndetse ntitwareka gukiranirwa kwacu ngo tumenye iby'ukuri byayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ibyo byago byatubayeho nk'uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ibyo byago byatubayeho nk'uko byanditswe mu Mategeko ya Musa. Ariko Uhoraho Mana yacu, ntitwigeze tukwambaza cyangwa ngo tureke ibyaha byacu, kandi ngo tuzirikane ukuri wahishuye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:13
35 Iomraidhean Croise  

‘Uwiteka aravuze ngo dore nzateza ibyago aha hantu n'abahatuye, nk'uko byanditswe mu magambo yo muri cya gitabo yose umwami w'Abayuda yasomye,


“Kandi abatubaha Imana mu mitima yabo bibikira uburakari, Iyo ibaboshye ntibarushya batabaza.


Hwejesha amaso yanjye, Kugira ngo ndebe ibitangaza byo mu mategeko yawe.


Umenyeshe inzira y'amategeko wigishije, Kugira ngo nibwire imirimo itangaza wakoze.


Intoki zawe ni zo zandemye, ni zo zambumbye, Umpe ubwenge kugira ngo nige ibyo wategetse.


Wakuyeho umujinya wawe wose, Waretse uburakari bwawe bukaze urabworoshya.


Bazabona ishyano abamanuka bajya muri Egiputa kwitabariza, bakiringira amafarashi bakizigira n'amagare kuko ari menshi, kandi bakiringira abagendera ku mafarashi kuko ari abanyamaboko cyane, maze ntibite ku Uwera wa Isirayeli kandi ntibashake Uwiteka.


Dore ibya mbere birasohoye, n'ibishya ndabibamenyesha mbibabwire bitari byaba.”


“Ariko Yakobo we, ntabwo wantakiye. Isirayeli we, waranzinutswe.


Nta wambaza izina ryawe, nta wibatura ngo akugundire kuko watwimye amaso, ukadutsemba uduhoye gukiranirwa kwacu.


Ariko noneho Uwiteka uri Data wa twese, turi ibumba nawe uri umubumbyi wacu, twese turi umurimo w'intoki zawe.


Ni cyo kizatuma Uwiteka acira Isirayeli umutwe n'ikibuno, inkindo n'imiberanya icyarimwe.


“Abana banyu nabakubitiye ubusa, ntibitaye ku gihano, inkota yanyu ni yo yarimbuye abahanuzi banyu nk'intare irimbura.


Abakunzi bawe bose barakwirengagije ntibakigushaka, kuko nagukomerekeje uruguma rw'ubwanzi n'igihano cy'umunyarugomo, nguhoye gukiranirwa kwawe gukabije kuko ibyaha byawe byagwiriye.


“Erega numvise Efurayimu yiganyira ati ‘Warampannye mpanwa nk'ikimasa kitamenyereye guhingishwa. Ungarure mbone kugaruka, kuko uri Uwiteka Imana yanjye.


Mwosaga imibavu, mugacumura ku Uwiteka kandi ntimwumvire ijwi ry'Uwiteka, habe no kugendera mu mategeko ye no mu mateka ye no mu byo yahamije. Ibyo ni byo byabazaniye ibi byago nk'uko biri n'uyu munsi.”


Dore mbahanzeho amaso ngo mbagirire nabi, si ukubagirira neza. Kandi abantu b'i Buyuda bose bari mu gihugu cya Egiputa bazarimburwa n'inkota n'inzara, kugeza ubwo bazashiraho rwose.


Uwiteka we, mbese amaso yawe ntuyarebesha ku kuri? Warabakubise ntibababara, warabatsembye ariko banze guhanwa, bakambije mu gahanga kabo harusha ubutare gukomera, ariko banze kugaruka.


Utwigarurire Uwiteka, Natwe tuzaba tukugarukiye. Tugarurire ibihe byacu, Bibe nk'ibya kera.


Kuko utibutse iminsi yo mu buto bwawe, ahubwo ukandakarisha ibyo byose. Nuko rero dore nanjye ngiye guherereza imigenzereze yawe ku mutwe wawe, kandi ibyo bibi n'ibizira byawe byose, ntabwo uzongera kubikora ukundi. Ni ko Umwami Uwiteka avuga.


Ni koko Abisirayeli bose baciye ku mategeko yawe, bariyobagiza kugira ngo batakumvira. Ni cyo cyatumye dusandazwamo umuvumo n'indahiro, byari byaranditswe mu mategeko ya Mose umugaragu w'Imana, kuko twagucumuyeho.


Na Isirayeli ashinjwa n'ubwibone bwe, ariko ntibarakagarukira Uwiteka Imana yabo, ngo ibyo byose bitume bayishaka.


Kandi ntibantakiye banyerekejeho umutima, ahubwo baborogera ku mariri yabo. Ikibatera guteranira hamwe ni ukurya no kunywa gusa, ariko jye barangomera.


“Bose bashyushye nk'iziko, barya abacamanza babo, abami babo bose baraguye, nta n'umwe wo muri bo untabaza.


Maze abungura ubwenge ngo basobanukirwe n'ibyanditswe,


Nuko ubwo yabise imana, abo ijambo ry'Imana ryajeho kandi ibyanditswe bitabasha gukuka,


Byanditswe mu byahanuwe ngo ‘Bose bazigishwa n'Imana.’ Umuntu wese wumvise ibya Data akabyiga aza aho ndi.


namwe muzamenya ukuri kandi ukuri ni ko kuzababātūra.”


niba mwaramwumvise mukigishirizwa muri we ibihura n'ukuri ko muri Yesu,


Kandi Uwiteka ati “Namaze imyaka mirongo ine mbashorerera mu butayu, imyambaro yanyu ntībasaziyeho, inkweto zanyu ntizasaziye mu birenge byanyu.


Ariko niba hariho umuntu muri mwe ubuze ubwenge, abusabe Imana iha abantu bose itimana, itishāma kandi azabuhabwa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan