Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 9:12 - Bibiliya Yera

12 Maze ikomeza amagambo yayo yatuvuzeho, no ku bacamanza bacu baduciraga imanza, ubwo yatuzaniraga ibyago bikomeye kuko nta handi munsi y'ijuru higeze hagenzwa nk'uko i Yerusalemu hagenjejwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

12 Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n'abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

12 Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n'abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 9:12
31 Iomraidhean Croise  

Nuko rero, uhe umugaragu wawe umutima ujijutse ngo nshobore gucira abantu bawe imanza, kugira ngo menye gutandukanya ibyiza n'ibibi. Mbese ni nde washobora gucira ubu bwoko bwawe bukomeye imanza?”


‘Uwiteka aravuze ngo dore nzateza ibyago aha hantu n'abahatuye, nk'uko byanditswe mu magambo yo muri cya gitabo yose umwami w'Abayuda yasomye,


Ijyana abajyanama ho iminyago, N'abacamanza ikabajijisha.


Namwe bami bo mu isi n'amahanga yose, Namwe abakomeye n'abacamanza bo mu isi mwese.


Noneho mwa bami mwe, mugire ubwenge, Mwa bacamanza mwe z'abo mu isi, mwemere kwiga.


Ni jye uha abatware gutwara, N'imfura na zo ndetse n'abacamanza bo mu isi bose.


Ni cyo kizatuma nsuzuguza abatware b'ubuturo bwera, kandi Yakobo nzamuhindura ikivume, Isirayeli nzamuhindura igitutsi.


Uwiteka ari we ukomeza ijambo ry'umugaragu we agasohoza inama z'intumwa ze, avuga iby'i Yerusalemu ati ‘Hazaturwa’, akavuga iby'imidugudu y'i Buyuda ati ‘Izubakwa kandi nzubura imyanya yaho, yabaye amatongo.’


Ayii, uwo munsi urakomeye nta wundi umeze nka wo! Ni igihe cy'umubabaro wa Yakobo ariko azakirokokamo.


Bakijyamo baragihindūra ariko ntibarakumvira ijwi ryawe, habe no kugendera mu mategeko yawe, mu byo wabategetse byose nta cyo bakoze, ni cyo cyatumye ubateza ibyo byago byose.


“Genda ubwire Ebedimeleki Umunyetiyopiya uti ‘Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo Imana ya Isirayeli ivuga ngo: Dore ngiye gusohoreza uyu murwa amagambo nawuvuzeho yo kuwutera ibyago atari ayo kuwukiza, kandi uzabireba uwo munsi bisohoye.


Mwosaga imibavu, mugacumura ku Uwiteka kandi ntimwumvire ijwi ry'Uwiteka, habe no kugendera mu mategeko ye no mu mateka ye no mu byo yahamije. Ibyo ni byo byabazaniye ibi byago nk'uko biri n'uyu munsi.”


“Mwebwe abihitira mwese mwe, mbese ntibibababaje? Nimwitegereze murebe ko hari umubabaro uhwanye n'uwanjye wangezeho; Uwo Uwiteka yampanishije ku munsi w'uburakari bwe bukaze.


Nakuvugaho iki? Icyo nakugereranya na cyo ni iki, Wa mukobwa w'i Yerusalemu we? Naguhwanya n'iki kugira ngo nguhumurize, Wa mwari w'i Siyoni we? Kuko icyuho cyawe ari kinini nk'inyanja, Ni nde wabasha kugukiza?


Uwiteka yakoze icyo yagambiriye, Yashohoje ijambo rye yategetse mu minsi ya kera. Yagukubise hasi kandi ntiyakubabarira, Yatumye umwanzi wawe akwishimaho, Yashyize hejuru ihembe ry'ababisha bawe.


Kuko igicumuro cy'umukobwa w'ubwoko bwanjye, Kirusha icyaha cy'i Sodomu gukomera. Ni ho hubamye mu kanya, Kandi nta maboko ahakozeho.


Babonye iyerekwa ry'ubusa n'ubupfumu bw'ibinyoma, kandi baravuga bati ‘Ni ko Uwiteka avuga.’ Nyamara Uwiteka atari we wabatumye, ariko bemeza abantu kwiringira ko ijambo ryabo rizasohora.


Nzagukoreramo icyo ntigeze gukora, ndetse ntazongera gukora n'ukundi nguhoye ibizira byawe byose.


“Maze icyo gihe Mikayeli, wa mutware ukomeye ujya ahagarikira abantu bawe azahaguruka, hazaba ari igihe cy'umubabaro utigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho ukageza icyo gihe. Nuko icyo gihe abantu bawe bazaba banditswe mu gitabo, bazarokorwa.


umunsi w'umwijima w'icuraburindi, umunsi w'ibicu bya rukokoma n'ibihu. Uko umuseke utambikira mu mpinga z'imisozi, ni ko ubwoko bukomeye kandi bufite imbaraga bwadutse. Nta bwigeze kuboneka bumeze nka bwo, kandi hanyuma yabwo nta buzaboneka, ndetse no kugeza mu bihe byinshi bizakurikiraho.


“Ni mwe gusa namenye bo mu miryango yose yo mu isi, ni cyo gituma nzabahanira ibicumuro byanyu byose.”


Amagambo yanjye n'amategeko yanjye nategetse abagaragu banjye b'abahanuzi, aho ntibyasohoye kuri ba sogokuruza? Hanyuma bisubiyemo baravuga bati ‘Uwiteka Nyiringabo yagambiriye kuzatwitura ibihwanye n'ingeso zacu n'ibyo twakoze, none ni ko yadukoreye.’ ”


Nijoro nagiye kubona mbona umuntu uhetswe n'ifarashi y'igaju, ahagaze hagati y'ibiti by'imihadasi byo mu kabande, kandi inyuma ye hari amafarashi y'amagaju n'ay'ubugondo n'ay'imyeru.


Ndetse binangiye imitima imera nk'ubutare, ngo batumva amategeko n'amagambo Uwiteka Nyiringabo yatumishije umwuka we, ayavugira mu bahanuzi ba kera. Ni cyo cyatumye uburakari bwinshi buturuka ku Uwiteka Nyiringabo.


kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi, utigeze kubaho uhereye ku kuremwa ku isi ukageza none, kandi ntuzongera kubaho.


Kandi ndababwira ukuri yuko ijuru n'isi kugeza aho bizashirira, amategeko atazavaho inyuguti imwe cyangwa agace kayo gato, kugeza aho byose bizarangirira.


kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi utigeze kubaho, uhereye mu itangiriro ubwo Imana yaremaga ukageza none, kandi ntuzongera kubaho.


kuko iyo minsi izaba ari iyo guhoreramo ngo ibyanditswe byose bisohore.


Ndavuga yuko Kristo yabaye umukozi w'abakebwe wo kubagaburira iby'Imana ku bw'ukuri kwayo, kugira ngo asohoze ibyo ba sogokuruza basezeranijwe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan