Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:3 - Bibiliya Yera

3 nubuye amaso mbona impfizi y'intama ifite amahembe abiri, ihagaze ku ruzi. Ayo mahembe uko ari abiri yari maremare ariko rimwe ryasumbaga irindi, irirerire ni ryo ryaherukaga kumera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Nubuye amaso mbona impfizi y'intama ihagaze ku nkombe y'urwo ruzi. Yari ifite amahembe abiri maremare ariko iryameze nyuma risumba iryameze mbere.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Nubuye amaso mbona impfizi y'intama ihagaze ku nkombe y'urwo ruzi. Yari ifite amahembe abiri maremare ariko iryameze nyuma risumba iryameze mbere.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:3
25 Iomraidhean Croise  

Dawidi yubura amaso abona marayika w'Uwiteka ahagaze hagati y'isi n'ijuru, afite inkota mu ntoki ze ayerekeje i Yerusalemu. Dawidi n'abakuru bari bambaye ibigunira, bagwa hasi bubamye.


“Kuro umwami w'u Buperesi aravuga ati ‘Uwiteka Imana nyir'ijuru yangabiye ibihugu by'abami bose byo mu isi, kandi yanyihanangirije kuyubakira inzu i Yerusalemu mu Buyuda.


Bagurira abo guhimba inama zo kubabuza gusohoza ibyo bagambiriye, biba bityo igihe Kuro umwami w'u Buperesi yamaze ku ngoma, bageza ku ngoma ya Dariyo umwami w'u Buperesi.


Mu mwaka wa gatatu ari ku ngoma, atekeshereza abatware be bose n'abagaragu be ibyokurya, abakomeye b'u Buperesi n'u Bumedi n'imfura n'abatware b'intebe bateranira imbere ye.


Dore nzabateza Abamedi, ntibazita ku ifeza, kabone n'izahabu ntizabanezeza.


Ibyerekanywe bikomeye birampishurirwa: umuriganya arariganya, n'umunyazi aranyaga. Yewe Elamu, tera, nawe Bumedi, bagote! Gusuhuza umutima kwabo kose ndakurangije.


Kandi avuga ibya Kuro ati ‘Ni umushumba wanjye, azasohoza ibyo nshaka byose.’ Akavuga iby'i Yerusalemu ati ‘Hazubakwa’, kandi avuga iby'urusengero ati ‘Urufatiro rwawe ruzashyirwaho.’ ”


“Nimutyaze imyambi mutware ingabo muzikomeje, Uwiteka yabyukije imitima y'abami b'Abamedi, kuko imigambi ye iri kuri Babuloni ngo aharimbure, kuko ari uguhōra k'Uwiteka ahōrera urusengero rwe.


Nuko ntereye amaso mbona umugabo wambaye umwenda w'igitare, yari akenyeje izahabu nziza yacukuwe Ufazi.


Kandi uzakurikirwa n'ubundi bwami budahwanije n'ubwawe gukomera, kandi hazaba ubundi bwami bwa gatatu bw'imiringa butegeke isi yose.


Ni yo irokora igakiza, ikora ibimenyetso n'ibitangaza mu ijuru no mu isi, kandi ni yo yakijije Daniyeli inzara z'intare.”


“Ndongera mbona indi nyamaswa ya kabiri isa n'idubu yegutse uruhande rumwe, kandi yari itambitse imbavu eshatu mu mikaka yayo. Barayibwira bati ‘Byuka uconshomere inyama nyinshyi.’


Nkerekwa ibyo nagize ngo ndi ibwami i Shushani mu gihugu cya Elamu, ariko ubwo nabyerekwaga nari ku ruzi Ulayi,


“Impfizi y'intama y'amahembe abiri wabonye, ni bo bami b'Abamedi n'Abaperesi.


Maze nubura amaso, ngiye kubona mbona amahembe ane.


Nuko nongera kūbura amaso, ngiye kubona mbona umuzingo w'igitabo uguruka.


Maze marayika twavuganaga arasohoka arambwira ati “Noneho ubura amaso urebe kiriya gisohotse uko kimeze.”


Nuko nubura amaso ngiye kubona mbona abagore babiri basohotse bafite umuyaga mu mababa yabo, kandi bari bafite amababa nk'ay'igishondabagabo, baterura iyo ndengo bayitwarira mu kirere.


Ndongera nubura amaso, ngiye kubona mbona amagare ane aturuka hagati y'imisozi ibiri, kandi iyo misozi yari imiringa.


Balāmu arambura amaso, abona Abisirayeli baganditse nk'uko imiryango yabo iri. Umwuka w'Imana amuzaho,


Nuko Yosuwa yegereye i Yeriko yubura amaso abona umuntu uhagaze amwerekeye, afite inkota mu ntoki. Yosuwa aramwegera aramubaza ati “Mbese uri uwo mu bacu, cyangwa uwo mu babisha bacu?”


Nuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk'ay'umwana w'intama, ivuga nk'ikiyoka.


Nuko mbona hagati ya ya ntebe na bya bizima bine no hagati ya ba bakuru, Umwana w'Intama uhagaze usa n'uwatambwe, afite amahembe arindwi n'amaso arindwi ari yo Myuka irindwi y'Imana itumwa kujya mu isi yose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan