Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:2 - Bibiliya Yera

2 Nkerekwa ibyo nagize ngo ndi ibwami i Shushani mu gihugu cya Elamu, ariko ubwo nabyerekwaga nari ku ruzi Ulayi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 Nagiye kubona mbona ndi i Shushani mu gihugu cya Elamu, ku ruzi rwa Ulayi hafi y'ikigo ntamenwa cy'ibwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

2 Nagiye kubona mbona ndi i Shushani mu gihugu cya Elamu, ku ruzi rwa Ulayi hafi y'ikigo ntamenwa cy'ibwami.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:2
24 Iomraidhean Croise  

Bene Shemu ni Elamu na Ashuri, na Arupakisadi na Ludi na Aramu.


Ku ngoma za Amurafeli umwami w'i Shinari, na Ariyoki umwami wa Elasari, na Kedorulawomeri umwami wa Elamu, na Tidali umwami w'i Goyimu,


Amagambo ya Nehemiya mwene Hakaliya. Mu kwezi kwitwa Kisilevu mu mwaka wa makumyabiri ubwo nari ibwami i Shushani,


Umwami Ahasuwerusi yari ku ntebe y'ubwami ku murwa w'i Shushani.


Nuko itegeko umwami yategetse rimaze kwamamara, abakobwa benshi bateranirizwa ku murwa w'i Shushani barindwa na Hegayi. Esiteri na we ajyanwa mu nzu y'umwami, arindwa na Hegayi umurinzi w'abagore.


Nuko intumwa ntizatinda zijyanwa n'itegeko ry'umwami, itegeko ryamamara ku murwa w'i Shushani. Maze umwami na Hamani bicazwa no kunywa, ariko abo ku murwa w'i Shushani barumirwa.


Esiteri aramusubiza ati “Umwanzi wacu uturenganya ni uyu mugome Hamani.” Hamani agirira ubwoba imbere y'umwami n'umwamikazi.


Hanyuma Moridekayi arasohoka ajya imbere y'umwami, yambaye imyambaro y'ubwami y'umukara wa kabayonga n'iy'ibitare, n'ikamba rinini ry'izahabu n'umwitero w'igitare cyiza n'uw'umuhengeri, nuko abo mu murwa w'i Shushani bararangurura barishima.


Uwo munsi umwami abwirwa umubare w'abiciwe mu murwa w'i Shushani.


Bukeye bwaho ku munsi wa cumi n'ine w'ukwezi kwa Adari, Abayuda bari i Shushani baraterana bahica abagabo magana atatu, ariko ntibagira icyo banyaga.


Uwo munsi Umwami Imana izarambura ukuboko ubwa kabiri, igarure abantu bayo basigaye bacitse ku icumu, ibakura Ashuri na Egiputa n'i Patirosi n'i Kushi na Elamu n'i Shinari n'i Hamati no mu birwa byo mu nyanja.


Ibyerekanywe bikomeye birampishurirwa: umuriganya arariganya, n'umunyazi aranyaga. Yewe Elamu, tera, nawe Bumedi, bagote! Gusuhuza umutima kwabo kose ndakurangije.


n'abami bose b'i Zimuri, n'abami bose bo muri Elamu, n'abami bose b'Abamedi,


Mu mwaka wa mirongo itatu, mu kwezi kwa kane, ku munsi wa gatanu w'uko kwezi nari mu mbohe ku mugezi Kebari, ijuru rirakinguka maze mbona ibyo neretswe n'Imana.


“Aho ni ho Elamu ari we n'inteko ze zose zikikije ku gituro cye, abo bose bishwe bagushijwe n'inkota, bamanutse batakebwe bagera mu ndiba y'isi kandi ari bo bateraga abantu ubwoba mu gihugu cy'abariho, batwaye ikimwaro cyabo bari kumwe n'abamanuka bajya mu rwobo.


Ariko ku munsi wa makumyabiri n'ine w'ukwezi kwa mbere, nari ku nkombe y'uruzi runini rwitwa Hidekelu.


“Jyewe Daniyeli ibyo neretswe bintera agahinda mu mutima, birambabaza cyane.


Nuko Daniyeli aravuga ati “Mu byo neretswe nijoro, nagiye kubona mbona imiyaga ine yo mu ijuru ihubukira ku nyanja nini.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Belushazari ari ku ngoma, jyewe Daniyeli neretswe ibikurikira ibyo neretswe ubwa mbere.


nubuye amaso mbona impfizi y'intama ifite amahembe abiri, ihagaze ku ruzi. Ayo mahembe uko ari abiri yari maremare ariko rimwe ryasumbaga irindi, irirerire ni ryo ryaherukaga kumera.


Arababwira ati “Nimwumve amagambo yanjye: niba muri mwe hazabamo umuhanuzi, mu iyerekwa ni ho Uwiteka nzamwimenyeshereza, mu nzozi ni ho nzavuganira na we.


Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k'abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,


Kandi nerekwa amafarashi n'abari bayicayeho. Bari bambaye ibyuma bikingira ibituza bisa n'umuriro na huwakinto n'amazuku. Imitwe y'ayo mafarashi yasaga n'iy'intare, mu kanwa kayo havagamwo umuriro n'umwotsi n'amazuku.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan