Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 8:13 - Bibiliya Yera

13 Nyuma numva uwera avuga, maze undi wera abaza uwo wavugaga ati “Ibyo byerekanywe by'igitambo gihoraho n'igicumuro kinyagisha bizageza ryari, ubwo ubuturo bwera n'izo ngabo bizasiribangwa?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

13 Ngiye kumva numva umumarayika aravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y'Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

13 Ngiye kumva numva umumarayika aravuze, undi aramubwira ati: “Dore nawe muri iryo bonekerwa, ibitambo bya buri munsi ntibigitambwa, ubugome bwabaye kirimbuzi, Ingoro y'Imana barayigaruriye, ingabo zayo na zo barazitsembye. Ese ibyo bizagumaho bigeze ryari?”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 8:13
38 Iomraidhean Croise  

Mana, umubisha azageza he kudutuka? Umwanzi azatuka izina ryawe iteka?


Ntitureba ibimenyetso byacu, Nta muhanuzi ukiriho, Kandi nta n'umwe muri twe uzi aho ibyo bizagarukira.


Uwiteka, uzageza he kurakara iteka ryose? Ishyari ryawe rizaka nk'umuriro?


Maze isezerano mwasezeranye n'urupfu rizapfa, kandi ubumwe mufitanye n'ikuzimu ntibuzahama, ahubwo ibyago nibisandara bigahitanya igihugu, buzabakandagirira hasi.


Ndayibaza nti “Nyagasani, ibyo bizageza he?” Iransubiza iti “Bizageza aho imidugudu izabera imyirare ari nta wuyibamo, n'amazu ari nta wuyabamo, n'igihugu kigahinduka amatongo rwose,


Abantu bawe bera bahategetse igihe gito gusa, abanzi bacu bakuribatiye ubuturo bwawe bwera.


Gutegeka kwe n'amahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi n'ubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose. Ibyo ngibyo Uwiteka Nyiringabo azabisohoresha umwete we.


Abungeri benshi bononnye uruzabibu rwanjye, banyukanyutse igikingi cyanjye, igikingi cyanjye nakundaga bagihinduye ubunoge bubi.


Azahagurutsa ingabo ze zonone ubuturo bwera n'igihome, bakureho igitambo gihoraho bashyireho ikizira cy'umurimbuzi.


“Uhereye igihe igitambo gihoraho kizakurirwaho bagashyiraho ikizira cy'umurimbuzi, hazacaho iminsi igihumbi na magana abiri na mirongo urwenda.


Ndabyumva ariko sinabimenya, mperako ndabaza nti “Databuja, ikizaheruka ibindi muri ibyo ni ikihe?”


“Ibyo neretswe ndi ku gisasiro ngibi: nabonye uwera wagizwe umurinzi amanuka ava mu ijuru,


Maze umutima wacyo we kugumya kuba nk'uw'umuntu, ahubwo gihabwe umutima nk'uw'inyamaswa, kimere gityo ibihe birindwi.


Kandi nk'uko bategetse ko igishyitsi n'imizi by'icyo giti bigumaho, ni ko ubwami bwawe buzakomeza kuba ubwawe, umaze kumenya ko ijuru ari ryo ritegeka.


Nyuma negera umwe mu bari bahagaze aho mubaza amashirakinyoma y'ibyo byose, arabimbwira ansobanurira impamvu zabyo


“Maze wa wundi arambwira ati ‘Iyo nyamaswa ya kane izaba ubwami bwa kane ku isi, kandi buzaba budasa n'ubundi bwami bwose, buzaconshomera isi yose buyisiribange, buyimenagure.


Uwo mutware azasezerana na benshi isezerano rikomeye, rimare icyumweru kimwe. Nikigera hagati azabuzanya ibitambo n'amaturo, umurimbuzi azaza ku ibaba ry'ibizira, maze kugeza ku mperuka yategetswe uburakari buzasandazwa kuri uwo murimbuzi.”


Muzahunga munyure mu gikombe cy'imisozi yanjye, kuko igikombe cy'iyo misozi kizagera Aseli. Nuko muzahunga nk'uko mwahungaga igishyitsi cy'isi cyabaye ku ngoma ya Uziya umwami w'Abayuda, maze Uwiteka Imana yanjye izazana n'abera bayo bose.


“Byose nabihawe na Data, kandi nta wuzi Umwana w'Imana keretse Se, kandi nta wuzi Se keretse Umwana w'Imana, n'umuntu wese uwo Mwana ashatse kuyimenyesha.


“Ariko ubwo muzabona ikizira kirimbura cyahanuwe n'umuhanuzi Daniyeli gihagaze Ahera, (ubisoma abyitondere),


“Ariko nimubona ikizira kirimbura kigeze aho kidakwiriye, (usoma abyitondere), icyo gihe abazaba bari i Yudaya bazahungire ku misozi,


“Byose nabihawe na Data, kandi nta wuzi Umwana uwo ari we keretse Se, kandi nta wuzi Se uwo ari we keretse Umwana n'uwo Umwana ashatse kumumenyesha.”


“Ariko ubwo muzabona i Yerusalemu hagoswe n'ingabo, muzamenye yuko kurimbuka kwaho kwenda gusohora.


Bamwe bazicwa n'inkota, abandi bajyanwe mu mahanga yose ari imbohe, kandi i Yerusalemu hazasiribangwa n'abanyamahanga, kugeza ubwo ibihe by'abanyamahanga bizashirira.


Uhereye kera kose nta muntu wigeze kubona Imana, ahubwo Umwana w'ikinege uri mu gituza cya Se, ni we wayimenyekanishije.


ati “Uwiteka yaturutse kuri Sinayi, Yabarasiye atungutse kuri Seyiri, Yabaviriye atungutse ku musozi wa Parani, Ava hagati mu bera inzovu nyinshi, Iburyo bwe haturuka umuriro w'amategeko ye, arawuboherereza.


kugira ngo abakomeze imitima itabaho umugayo, yere mu maso y'Imana yacu ari yo Data wa twese, ubwo Umwami wacu Yesu azazana n'abera be bose.


nkanswe ukandagiye Umwana w'Imana, agakerensa amaraso y'isezerano yamwejesheje, agahemura Umwuka utanga ubuntu! Ntimugira ngo azaba akwiriye igihano gikabije cyane kuruta bya bindi?


Kandi bahishurirwa yuko batabyiyerekewe ahubwo ko ari mwe babyerekewe. Ibyo none mumaze kubibwirwa n'ababwirije ubutumwa bwiza, babwirijwe n'Umwuka Wera woherejwe ava mu ijuru, kandi ibyo abamarayika babigirira amatsiko bashaka kubirunguruka.


Henoki uwa karindwi uhereye kuri Adamu yahanuye ibyabo ati “Dore Uwiteka yazanye n'inzovu nyinshi z'abera be,


ariko urugo rw'urusengero urureke nturugere kuko rwahawe abanyamahanga, kandi umudugudu wera bazamara amezi mirongo ine n'abiri bawukandagira.


Batakana ijwi rirenga bati “Ayii Mwami wera w'ukuri! Uzageza he kudaca amateka no kudahōra abari mu isi, uhōrere amaraso yacu?”


Marayika w'Uwiteka aramubwira ati “Urambariza iki izina ryanjye, ko ari izina ritangaza?”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan