Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 7:1 - Bibiliya Yera

1 Mu mwaka wa mbere wo ku ngoma ya Belushazari umwami w'i Babuloni, Daniyeli yarose inzozi maze abona ibyo yeretswe ari ku buriri bwe. Aherako yandika ibyo yarose, arobanuramo ingingo zabyo zikomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Mu mwaka wa mbere Belishazari umwami wa Babiloniya ari ku ngoma, jyewe Daniyeli narose inzozi mbonekerwa ndyamye. Dore nanditse ibyo neretswe

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Mu mwaka wa mbere Belishazari umwami wa Babiloniya ari ku ngoma, jyewe Daniyeli narose inzozi mbonekerwa ndyamye. Dore nanditse ibyo neretswe

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 7:1
34 Iomraidhean Croise  

Hanyuma y'ibyo, ijambo ry'Uwiteka riza kuri Aburamu, mu iyerekwa riti “Aburamu, witinya ni jye ngabo igukingira, uzagororerwa ingororano ikomeye cyane.”


Imana ihamagara Isirayeli mu iyerekwa rya nijoro iti “Yakobo, Yakobo!” Aritaba ati “Karame.”


Nibwiraga mbitewe n'iyerekwa rya nijoro, Igihe abantu bashyizweyo,


Nuko genda ubyandikire ku gisate imbere yabo, ubyandike no mu gitabo, bibe iby'igihe kizaza kugeza iteka ryose.


Bukeye Uwiteka arambwira ati “Wende igisate kinini ucyandikisheho ikaramu y'umuntu uti ‘Maherishalalihashibazi.’


Umuhanuzi ufite icyo yarose nakirotore, kandi n'ufite ijambo ryanjye arivuge ibinyakuri. Umurama uhuriye he n'ingano? Ni ko Uwiteka abaza.


Kandi amahanga yose azamukorera, we n'umwana we n'umwuzukuru we kugeza igihe igihugu cye kizazungurwa, ni bwo amahanga menshi n'abami bakomeye bazigabanya igihugu cye.’


Maze Yeremiya yenda undi muzingo awuha Baruki w'umwanditsi mwene Neriya, awandikamo amagambo yose uko yavaga mu kanwa ka Yeremiya, ayari yanditswe mu gitabo Yehoyakimu umwami w'u Buyuda yatwitse, kandi yongeraho andi magambo menshi ahwanye n'ayo.


Nuko Yeremiya ahamagara Baruki mwene Neriya, Baruki aherako yandika mu muzingo w'igitabo amagambo yose ava mu kanwa ka Yeremiya, ayo Uwiteka yari yamubwiye.


Mu mwaka wa mirongo itatu, mu kwezi kwa kane, ku munsi wa gatanu w'uko kwezi nari mu mbohe ku mugezi Kebari, ijuru rirakinguka maze mbona ibyo neretswe n'Imana.


Yangejeje mu gihugu cya Isirayeli ndi mu buryo Imana yerekesha abantu, angeza mu mpinga y'umusozi muremure cyane aherekeye ikusi ho kuri wo, hari igisa n'umurwa wubatsweho.


Maze abo basore uko ari bane, Imana ibaha kujijuka no kuba abahanga mu byo bigishwa no mu by'ubwenge, ariko Daniyeli yagiraga ubwenge bwo kumenya ibyerekanwa byose no gusobanura inzozi.


Mu mwaka wa kabiri Umwami Nebukadinezari akiri ku ngoma yarose inzozi, nuko ahagarika umutima ntiyarushya agoheka.


Umwami ahindukirira Daniyeli wahimbwe Beluteshazari, aramubaza ati “Mbega urambwira inzozi neretswe n'icyo zisobanura?”


Maze umutima wacyo we kugumya kuba nk'uw'umuntu, ahubwo gihabwe umutima nk'uw'inyamaswa, kimere gityo ibihe birindwi.


Ariko hanyuma Daniyeli wahimbwe Beluteshazari mwitiriye imana yanjye, wababwagamo n'umwuka w'imana zera, araza murotorera izo nzozi nti


Umwami Belushazari ararika abatware be bakuru igihumbi ngo baze mu birori, abatunganiriza ibyokurya n'ibyokunywa. muri ibyo birori, umwami na we anywera vino imbere y'abo batware igihumbi.


“Ariko wowe umwana we Belushazari, ntiwicishije bugufi mu mutima wawe nubwo wamenye ibyo byose,


Ariko iryo joro Belushazari umwami w'u Bukaludaya aricwa.


“Hanyuma nkitegereza ibyo neretswe nijoro, mbona haje usa n'umwana w'umuntu aziye mu bicu byo mu ijuru, aza umujyo umwe asanga wa Mukuru nyir'ibihe byose, bamumugeza imbere.


“Jyewe Daniyeli ibyo neretswe bintera agahinda mu mutima, birambabaza cyane.


“Hanyuma y'ibyo nitegereje mu byo neretswe nijoro, mbona inyamaswa ya kane iteye ubwoba y'inyamaboko n'imbaraga byinshi cyane. Yari ifite imikaka minini y'ibyuma, iconshomera ibintu irabimenagura, ibisigaye ibisiribangisha amajanja yayo. Ariko yari ifite itandukaniro n'izindi nyamaswa zose zayibanjirije, kandi yari ifite amahembe cumi.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Belushazari ari ku ngoma, jyewe Daniyeli neretswe ibikurikira ibyo neretswe ubwa mbere.


Ni ukuri Uwiteka Imana ntizagira icyo ikora itabanje guhishurira abagaragu bayo b'abahanuzi ibihishwe byayo.


Maze Uwiteka aransubiza ati “Andika ibyerekanywe ubigaragaze ku mbaho, kugira ngo ubisomye abyihutire.


Arababwira ati “Nimwumve amagambo yanjye: niba muri mwe hazabamo umuhanuzi, mu iyerekwa ni ho Uwiteka nzamwimenyeshereza, mu nzozi ni ho nzavuganira na we.


Ibyanditswe kera byose byandikiwe kutwigisha, kugira ngo kwihangana no guhumurizwa bitangwa na byo biduheshe ibyiringiro.


Nkwiriye kwirata nubwo bitagira umumaro. Reka mbabwire ibyo neretswe n'ibyo nahishuriwe n'Umwami wacu.


Nuko wandike ibyo ubonye n'ibiriho, n'ibiri bukurikireho hanyuma


Kandi guhinda kurindwi kw'inkuba kumaze kuvuga, nari ngiye kwandika nuko numva ijwi rivugira mu ijuru rimbwira riti “Iby' uko guhinda kurindwi kw'inkuba kuvuze ubizigame, bibe ubwiru ntubyandike.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan