Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 6:4 - Bibiliya Yera

4 Ariko Daniyeli aratona cyane kuruta abandi batware bakomeye n'abandi b'intebe, kuko umwuka mwiza cyane yari ari muri we. Ndetse umwami yibwiraga kumwegurira igihugu cyose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n'abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw'ubwami bwe bwose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n'abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw'ubwami bwe bwose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 6:4
32 Iomraidhean Croise  

Farawo abaza abagaragu be ati “Tuzabona hehe umuntu umeze nk'uyu, urimo umwuka w'Imana?”


Baratinya kuko yabinjije mu nzu ya Yosefu, baravuga bati “Ifeza zagarutse mu masaho yacu ubwo twazaga mbere, ni zo zatumye batwinjiza ngo adushakeho urwitwazo, adusumire, atunyagane n'indogobe zacu, tube imbata.”


Ukiranirwa azirana n'abakiranutsi, Kandi ugenda ari intungane azirana n'abanyabyaha.


Kandi mbona imirimo yose n'iby'ubukorikori byose, yuko ari byo bituma umuntu agirira ishyari mugenzi we. Ibyo na byo ni ubusa, ni nko kwiruka inyuma y'umuyaga.


“Maze baravuga bati ‘Nimuze tugambanire Yeremiya kuko amategeko atazabura ku mutambyi, n'inama ku munyabwenge, n'ijambo ku muhanuzi. Nimuze tumukubitishe ururimi kandi twe kwita ku magambo ye yose.’ ”


Nawe Uwiteka, uzi imigambi yabo yose bangiriye yo kunyica, we kubabarira igicumuro cyabo kandi icyaha cyabo we kugihanagura imbere y'amaso yawe, ahubwo basitarire imbere yawe kandi mu gihe cy'uburakari bwawe uzagire uko ubagenza.


Kuko numvise benshi bansebya, n'ibiteye ubwoba bikaba mu mpande zose. Incuti zanjye zose ziranyubikiye zireba icyo nsitaraho ngo zindege ziti “Nimumurege natwe tuzamurega.” Baravuga bati “Ahari azemera gushukwa tubone uburyo bwo kumutsinda, maze tubimuhore.”


Kandi umurwa nategetse ko bazabajyanaho muri imbohe muzawushakire kuba amahoro, muwusabire ku Uwiteka kuko mu mahoro yaho namwe muzagira amahoro.’ ”


Uwo mwanya Abakaludaya baza kurega Abayuda.


kuko muri uwo mugabo Daniyeli, uwo umwami yahimbye Beluteshazari habonetsemo umwuka mwiza no kwitegereza, yashoboraga gusobanura inzozi no guhishura ibihishwe, no guhangura ibyananiranye. Nuko nibahamagare Daniyeli, aze asobanure impamvu yabyo.”


Daniyeli asubiza umwami ati “Nyagasani uhoraho,


bagira inama hamwe yo koshyoshya Yesu ngo babone uko bamufata, bamwice.


Kuko yamenye yuko ishyari ari ryo rimubatangishije.


Baramugenza, batuma abatasi bigize nk'abakiranutsi ngo bakūre impamvu mu byo avuga, bahereko babone uko bamushyīra Umutegeka, na we amucire urubanza.


Muri ayo magambo ashubirije imbere y'abantu ntibashobora kubona ijambo na rimwe ryatuma bamurega, batangarira ibyo abashubije baraceceka.


Abatambyi bakuru n'abanditsi bashaka uko bamwica, kuko batinyaga rubanda.


Pilato yongera gusohoka arababwira ati “Dore ndamusohoye, ndamubazaniye ngo mumenye yuko ari nta cyaha mubonyeho.”


Ariko ibyo nkora, nzakomereza kubikora, kugira ngo nkure urwitwazo ku bashaka impamvu yo guhamya ko bameze nkatwe mu byo birata.


kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b'Imana batagira inenge hagati y'ab'igihe kigoramye cy'ubugoryi, abo mubonekeramo nk'amatabaza mu isi,


Ni cyo gituma nshaka ko abapfakazi bato bashyingirwa, bakabyara abana, bagategeka ingo zabo, ntibahe abanzi urwitwazo rwo kudutuka;


n'ijambo ryawe ribe rizima ritariho umugayo, kugira ngo umuntu uri mu ruhande rw'ababisha amware atabonye ikibi yakuvuga.


Mugire ingeso nziza hagati y'abapagani, kugira ngo, nubwo babasebya nk'abakora nabi, nibabona imirimo yanyu myiza, izabatere guhimbaza Imana ku munsi wo kugendererwamo.


kandi mufite imitima itabacira urubanza, kugira ngo nubwo babasebya batuka ingeso zanyu nziza zo muri Kristo bamware.


Ariko se na nyina ntibari bazi ko byaturutse ku Uwiteka, kuko yashakaga impamvu ku Bafilisitiya. Icyo gihe Abafilisitiya bari barahindūye Abisirayeli.


Baramusubiza bati “Ntabwo waturiganije kandi ntabwo waduhase, nta n'icyo wanyaze umuntu wese.”


Dawidi akajya yitonda mu byo yakoraga byose, kandi Uwiteka yari kumwe na we.


Ahimeleki asubiza umwami ati “Mbese ni nde mu bagaragu bawe bose w'umwiringirwa nka Dawidi umukwe w'umwami, uba mu nama zawe akaba umunyacyubahiro mu rugo rwawe?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan