Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 6:22 - Bibiliya Yera

22 Daniyeli asubiza umwami ati “Nyagasani uhoraho,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

22 Daniyeli asubiza umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

22 Daniyeli asubiza umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 6:22
37 Iomraidhean Croise  

Ni ukuri koko banyibye mu gihugu cy'Abaheburayo, n'ino na ho banshyize muri iyi nzu y'imbohe nta cyaha nkoze.”


Mu mubabaro wanjye nambaje Uwiteka, Ni koko natakiye Imana yanjye, Yumvira ijwi ryanjye mu rusengero rwayo, Ibyo nayitakiye biyinjira mu matwi.


Aragenda asanga intumbi aho irambaraye mu nzira, indogobe n'intare bihagaze iruhande rw'intumbi, ariko intare yari itariye intumbi kandi itakuye indogobe.


Nuko Uwiteka yohereza marayika atsemba abagabo bakomeye bose b'intwari, n'abatware n'abagabo bari mu ngerero z'umwami wa Ashūri, maze asubira mu gihugu cye akozwe n'isoni. Nuko ageze mu ngoro y'imana ye, abo yibyariye bamwicishirizamo inkota.


Ni wowe Mana yanjye y'imbaraga nzagushima, Ni wowe Mana yanjye nzagusingiza.


Nzakaraba ntafite igicumuro, Ni ko nzazenguruka igicaniro cyawe Uwiteka,


Kuko numvise benshi bambeshya, Ubwoba bukantera impande zose, Ubwo bangīraga inama, Bagashaka uburyo banyica.


Uyu munyamubabaro yaratatse, Uwiteka aramwumva, Amukiza amakuba n'ibyago bye byose.


Abitura inabi ababagiriye neza, Na bo ni abanzi banjye kuko nkurikiza icyiza.


Kuko umunsi umwe mu bikari byawe uruta iyindi igihumbi ahandi, Nakunda guhagarara ku muryango w'inzu y'Imana yanjye, Bindutira kuba mu mahema y'abanyabyaha.


Muvuge ko abakiranutsi bazagubwa neza, kuko bazatungwa n'imirimo y'amaboko yabo.


Yababaranye na bo mu mibabaro yabo yose, na marayika uhora imbere ye yajyaga abakiza. Urukundo rwe n'imbabazi ze ni byo byamuteye kubacungura, yarabateruraga akabaheka iminsi yose ya kera.


Yeremiya arongera abaza Umwami Sedekiya ati “Icyo nagucumuyeho ni iki ari wowe cyangwa abagaragu bawe cyangwa ubu bwoko, cyatumye munshyira mu nzu y'imbohe?


Nebukadinezari aravuga ati “Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego ishimwe, ni yo yohereje marayika wayo ikiza abagaragu bayo bayiringiye, kuko bigurukije ijambo ry'umwami bagahara amagara yabo, kugira ngo batagira indi mana yose bakorera cyangwa basenga itari Imana yabo.


Bukeye umwami yibambura kare mu museso, agenda yihuta ajya kuri rwa rwobo rw'intare.


Imana yanjye yohereje marayika wayo abumba iminwa y'intare, nta cyo zantwaye kuko nabonetse imbere yayo ntafite icyaha, kandi nawe nyagasani, nta cyo nagucumuyeho.”


Ariko Daniyeli aratona cyane kuruta abandi batware bakomeye n'abandi b'intebe, kuko umwuka mwiza cyane yari ari muri we. Ndetse umwami yibwiraga kumwegurira igihugu cyose.


Nuko abo batware bakomeye n'ab'intebe bateranira ibwami babwira umwami bati “Mwami Dariyo, nyaguhoraho,


Ariko jyeweho nzahoza amaso ku Uwiteka, nzategereza Imana impe agakiza, Imana yanjye izanyumvira.


Dutakiye Uwiteka yumva ijwi ryacu, atuma marayika adukura mu Egiputa. Dore none turi i Kadeshi, umudugudu wo ku rugabano rwawe.


Maze ku isaha ya cyenda Yesu avuga ijwi rirenga ati “Eli, Eli, lama sabakitani?” Bisobanurwa ngo “Mana yanjye, Mana yanjye, ni iki kikundekesheje?”


Petero agaruye umutima aribwira ati “Noneho menye by'ukuri yuko Umwami Imana yatumye marayika wayo, ikankura mu maboko ya Herode, ikankiza ibyo ubwoko bw'Abayuda bwategerezaga byose.”


Ni cyo gituma mpirimbanira kugira umutima utandega ikibi, ngirira Imana cyangwa abantu iminsi yose.


kuko iri joro iruhande rwanjye hahagaze marayika w'Imana, ndi uwayo nyikorera


Kwishima kwacu ni uku: ni ibyo umutima wacu uhana uhamya yuko ingeso twagiraga mu isi, kandi cyane cyane kuri mwe, ari ukwera no kutaryarya kuva ku Mana no kudakurikiza ubwenge bwa kavukire, ahubwo gukurikiza ubuntu bw'Imana.


Nyamara Umwami wacu yarampagarikiye arankomeza, kugira ngo ubutumwa bubwirizwe n'akanwa kanjye butagabanije, abanyamahanga bose babwumve. Nuko nkira akanwa k'intare.


Mbese abamarayika bose si imyuka iyikorera, itumwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza?


baheshejwe no kwizera gutsinda abami, no gukora ibyo gukiranuka no guhabwa ibyasezeranijwe, no kuziba iminwa y'intare


Dawidi arongera aravuga ati “Uwiteka wandokoye mu nzara z'intare n'idubu, azankiza no mu maboko y'uwo Mufilisitiya.” Nuko Sawuli abwira Dawidi ati “Ngaho genda, Uwiteka abane nawe.”


Ati “Mbese databuja agenzereza iki umugaragu we? Nakoze iki? Cyangwa se ni cyaha ki kindiho?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan