Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 6:10 - Bibiliya Yera

10 Nuko Umwami Dariyo ashyiraho ukuboko ku rwandiko rw'iryo tegeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 Nuko Umwami Dariyusi ashyira umukono kuri iryo tegeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

10 Nuko Umwami Dariyusi ashyira umukono kuri iryo tegeko.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 6:10
47 Iomraidhean Croise  

Nuko ujye wumva kwinginga k'umugaragu wawe n'uk'ubwoko bwawe bwa Isirayeli, uko bazajya basenga berekeye aha. Ni koko ujye wumva uri mu ijuru ari ryo buturo bwawe, kandi uko uzajya wumva ujye ubababarira.


maze umuntu wese akagira icyo agusaba cyose yinginze, cyangwa ubwoko bwawe bw'Abisirayeli bwose, uko umuntu wese azajya yimenyaho indwara yo mu mutima we akarambura amaboko ye yerekeye iyi nzu,


“Kandi abantu bawe nibatabara bakajya kurwana n'ababisha mu nzira yose uzabagabamo, maze bagasenga Uwiteka berekeye uyu murwa watoranyije n'inzu nubakiye izina ryawe,


Nuko Salomo arangije iryo sengesho ryose yingingishaga Uwiteka, arahaguruka ava imbere y'icyotero cy'Uwiteka aho yari apfukamye arambuye amaboko ayatunga ku ijuru.


Kandi Salomo yari yararemye ikintu gisa n'uruhimbi cy'imiringa, uburebure bwacyo bw'umurambararo bwari mikono itanu, ubugari bwacyo bwari mikono itanu, n'uburebure bwacyo bw'igihagararo bwari mikono itatu, agishinga mu rugo hagati agihagararaho, maze apfukama imbere y'iteraniro ry'Abisirayeli ryose, atega amaboko ayerekeje ku ijuru.


nibakugarukira n'umutima wose n'ubugingo bwabo bwose bari mu gihugu bari banyagiwemo, aho bajyanywe ari imbohe bagasenga berekeye igihugu cyabo wahaye ba sekuruza, n'umurwa watoranyije n'inzu nubakiye izina ryawe,


Ituro rya nimugoroba rituwe mpaguruka aho nari ndi nibabaje, umwambaro wanjye n'umwitero wanjye byari bishishimutse, mperako nkubita amavi hasi ntegera Uwiteka Imana yanjye ibiganza


Ndamusubiza nti “Ndi umugabo ungana atya nahunga? Mbese ni nde mu bo tungana wahungira mu rusengero akīkiza? Sindi bujyeyo.”


Zaburi iyi ni iya Dawidi, ubwo yisarishirizaga imbere ya Abimeleki, akamwirukana akagenda.


Uzarimbura abanyabinyoma, Uwiteka yanga urunuka umwicanyi n'umuriganya.


Jyeweho nzambaza Imana, Uwiteka azankiza.


Mwami, mbabaririra, Kuko ari wowe ntakira umunsi ukīra.


Nimuze tumuramye twunamye, Dupfukamire Uwiteka Umuremyi wacu.


Baraza bavugira imbere y'umwami ibya rya tegeko rye bati “Mbese harya nyagasani, ntiwashyizeho ukuboko ku rwandiko rw'iteka waciye ngo mu minsi mirongo itatu, umuntu wese uzagira icyo asaba imana yose cyangwa umuntu wese atari wowe asabye, nyagasani, ngo azajugunywe mu rwobo rw'intare?” Umwami aramusubiza ati “Narabitegetse koko, nkurikije amategeko y'Abamedi n'Abaperesi atavuguruzwa.”


Nsenga Uwiteka Imana yanjye nyaturira nti “Nyagasani Mana nkuru y'igitinyiro, ikomeza gusohoza isezerano no kugirira ibambe abayikunda bakitondera amategeko yayo.


Kuko wanjugunye imuhengeri mu nyanja, Umwuzure warangose, Ibigogo byawe n'imiraba yawe byose byarandengeye.


Abwira uwo muntu unyunyutse ukuboko ati “Haguruka uhagarare hagati mu bantu.”


“Umuntu uza aho ndi ntiyange se na nyina, n'umugore we n'abana be, na bene se na bashiki be ndetse n'ubugingo bwe, uwo ntashobora kuba umwigishwa wanjye.


Atandukana na bo umwanya ureshya n'ahaterwa ibuye, arapfukama arasenga ati


Bukeye bw'aho bakiri mu nzira benda gusohora mu mudugudu, Petero ajya hejuru y'inzu gusenga nko mu isaha ya gatandatu.


Aba ntibasinze nk'uko mwibwira kuko ubu ari isaha ya gatatu y'umunsi,


Ariko sinita ku bugingo bwanjye ngo nibwire ko ari ubw'igiciro kuri jye, kuko nkwiriye kurangiza urugendo rwanjye n'umurimo nahawe n'Umwami Yesu, wo guhamya ubutumwa bwiza bw'ubuntu bw'Imana.


Amaze kuvuga atyo, arapfukama asengana na bo bose.


Tumaze iyo minsi tuvayo turagenda, bose baduherekeranya n'abagore n'abana baturenza umudugudu, dupfukama mu kibaya cy'inyanja turasenga.


Nuko Petero na Yohana barazamuka bajya mu rusengero mu gihe cyo gusenga, ari cyo saa cyenda.


Kandi none Mwami Mana, reba ibikangisho byabo, uhe abagaragu bawe kuvuga ijambo ryawe bashize amanga rwose,


“Nimugende muhagarare mu rusengero, mubwire abantu amagambo yose y'ubu bugingo.”


Petero n'izindi ntumwa barabasubiza bati “Ibikwiriye ni ukumvira Imana kuruta abantu.


Arapfukama avuga ijwi rirenga ati “Mwami, ntubabareho iki cyaha.” Amaze kuvuga atyo arasinzira. Nuko Sawuli na we ashima ko yicwa.


Petero abaheza bose, arapfukama arasenga, ahindukirira intumbi ati “Tabita, haguruka.” Arambura amaso, abonye Petero arabyuka aricara.


Ni cyo gituma mpfukamira Data wa twese,


Nuko ibyo bituma abenshi bo muri bene Data bari mu Mwami Yesu na bo biringizwa n'ingoyi zanjye, bakarushaho gutinyuka no kuvuga ijambo ry'Imana bashize amanga.


kuko ntegerezanya ibyiringiro yuko ntazakorwa n'isoni z'ikintu cyose, ahubwo nzajya ngira ubushizi bw'amanga bwose, buzatuma Kristo akomeza gukuzwa n'umubiri wanjye iteka ryose nk'uko bimeze ubu, nubwo nabaho cyangwa nubwo napfa.


Ntimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n'Imana mubisabiye, mubyingingiye, mushima.


Kandi icyo muzavuga cyose n'ibyo muzakora, mujye mubikora byose mu izina ry'Umwami Yesu, mushima Imana Data wa twese ku bw'uwo.


Nuko tujye dutambira Imana iteka igitambo cy'ishimwe tubiheshejwe na Yesu, ari cyo mbuto z'iminwa ihimbaza izina ryayo.


Nuko rero, twegere intebe y'ubuntu tudatinya, kugira ngo tubabarirwe tubone ubuntu bwo kudutabara mu gihe gikwiriye.


Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa. Dore Satani agiye gushyirisha bamwe muri mwe mu nzu y'imbohe kugira ngo mugeragezwe, kandi muzamara iminsi cumi mubabazwa. Ariko ujye ukiranuka uzageze ku gupfa, nanjye nzaguha ikamba ry'ubugingo.’


‘Nzi aho uba ko ari ho intebe y'ubwami bwa Satani iri, nyamara ugakomeza izina ryanjye ntiwihakane kunyizera, ndetse no mu minsi ya Antipa umugabo wakiranukiraga kumpamya, wiciwe iwanyu aho Satani aba.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan