Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 5:20 - Bibiliya Yera

20 Ariko yishyira hejuru, yinangira umutima bimutera kuba umunyagitinyiro mu byo yakoraga, ni ko gukurwa ku ntebe y'ubwami maze icyubahiro cye bakimukuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

20 Ariko yaje kwishyira hejuru arinangira ahinduka umunyagasuzuguro, kubera ibyo avanwa ku ngoma yamburwa n'ikuzo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

20 Ariko yaje kwishyira hejuru arinangira ahinduka umunyagasuzuguro, kubera ibyo avanwa ku ngoma yamburwa n'ikuzo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 5:20
27 Iomraidhean Croise  

Ariko banga kumva, ahubwo bagamika amajosi nk'uko ba sekuruza bagiraga, ntibizera Uwiteka Imana yabo,


Ariko Hezekiya ntiyitura ubuntu yagiriwe kuko yiyogeje mu mutima we, ni cyo cyatumye uburakari bumubaho we n'Abayuda n'ab'i Yerusalemu.


Kandi agomera Umwami Nebukadinezari yari yamurahirije Imana, ahubwo agamika ijosi, yinangira umutima ngo adahindukirira Uwiteka Imana ya Isirayeli.


None menye yuko Uwiteka aruta izindi mana zose, kuko yanesheje Abanyegiputa, ubwo bishyiranaga hejuru ubwibone ngo bagirire Abisirayeli nabi.”


Na n'ubu uracyishyira hejuru, ukabuza ubwoko bwanjye ntureke bugenda?


Farawo aratuma asanga mu matungo y'Abisirayeli hatapfuye na rimwe. Maze umutima wa Farawo uranangira ntiyareka ubwo bwoko bugenda.


Kwibona kubanziriza kurimbuka, Kandi umutima wirarira ubanziriza kugwa.


Umuntu wese w'ubwibone bwo mu mutima ni ikizira ku Uwiteka, Ni ukuri rwose ntazabura guhanwa.


“Manuka wicare mu mukungugu, wa mwari w'i Babuloni we. Wa mukobwa w'Abakaludaya we, icara hasi ukuwe ku ntebe y'ubwami, kuko utazongera kuvugwaho ko udamaraye kandi ko umenyereye kugubwa neza.


Ubwire umwami n'umugabekazi uti “Nimwicishe bugufi mwicare hasi, kuko ikamba ryarimbishaga imitwe yanyu riguye hasi.


“Uku ni ko Uwiteka Nyiringabo, Imana ya Isirayeli ivuze, ngo ‘Dore ngiye guteza uyu murwa n'imidugudu yawo yose ibyago byose nawuvuzeho, kuko bashinze amajosi kugira ngo batumva amagambo yanjye.’ ”


Yewe mukobwa utuye i Diboni we, manuka uve mu bwiza bwawe wicare wicwa n'inyota, kuko uwanyaze Mowabu aguteye amaze kurimbura ibihome byawe.


“ ‘Uku ni ko Uwiteka avuga ngo: Abahagarikiye Egiputa na bo bazagwa, kandi ubwibone bw'ububasha bwabo buzacishwa bugufi, bazagushwa n'inkota uhereye ku munara w'i Sevene. Byavuzwe n'Umwami Uwiteka.


“ ‘Ni cyo cyatumye Umwami Uwiteka avuga ati: Kuko wabaye muremure, mu bushorishori bwawo bwageze mu bicu, kandi uburebure bwawo bugatuma umutima wawo wishyira hejuru,


“Nuko uwo mwami azakora uko ashatse, yigire munini yishyire hejuru ngo asumbe imana zose, kandi azavuga ibikomeye bisuzuguza Imana nyamana. Azishyira yizane kugeza aho uburakari buzasohorera, kuko ibyagambiriwe bizasohozwa.


Hashize amezi cumi n'abiri, umwami yari i Babuloni arambagira mu rugo ibwami,


Umwami atararangiza ayo magambo haza ijwi rivuye mu ijuru riti “Yewe Mwami Nebukadinezari, ni wowe ubwirwa. Ubwami bwawe ubukuwemo,


Isekurume y'ihene igira imbaraga nyinshi cyane, imaze gukomera iryo hembe rinini riravunika, mu cyimbo cyaryo hamera andi mahembe ane agaragara cyane, yerekeye mu birere bine by'ijuru.


Ndababwira yuko uwo muntu yamanutse ajya iwe, ari we utsindishirijwe kuruta wa wundi, kuko uwishyira hejuru azacishwa bugufi, ariko uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.”


Ahubwo muhugurane iminsi yose bikitwa uyu munsi, hatagira uwo muri mwe unangirwa umutima n'ibihendo by'ibyaha.


None se ni iki gituma mwinangira imitima nk'Abanyegiputa na Farawo ubwo bayinangiraga, imaze gukorera muri bo ibitangaza? Mbese ntibarekuye abo bantu bakigendera?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan