Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 4:34 - Bibiliya Yera

34 None jyewe Nebukadinezari ndashimisha Umwami wo mu ijuru, ndamusingiza, ndamwubaha kuko imirimo ye yose ari iy'ukuri kandi inzira ze ari izigororotse, ariko abibone abasha kubacisha bugufi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

34 None jyewe Nebukadinezari, ndaramya Umwami nyir'ijuru, ndamusingiza ndamwogeza. Ibyo akora byose biratunganye, arangwa n'ubutabera, ni we ubasha gucisha bugufi abirasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

34 None jyewe Nebukadinezari, ndaramya Umwami nyir'ijuru, ndamusingiza ndamwogeza. Ibyo akora byose biratunganye, arangwa n'ubutabera, ni we ubasha gucisha bugufi abirasi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 4:34
57 Iomraidhean Croise  

“Inzira y'Imana itungana rwose, Ijambo ry'Uwiteka ryaravugutiwe, Ni ingabo ikingira abamwiringira bose.


Ni cyo cyatumye Dawidi ashimira Uwiteka imbere y'iteraniro ryose, aravuga ati “Uwiteka Mana ya sogokuruza wacu Isirayeli, uhimbazwe iteka ryose.


Nuko rero Mana yacu, turagushima dusingiza izina ryawe ry'icyubahiro.


“Navuye mu nda ya mama nambaye ubusa, nzasubira mu nda y'isi nta cyo nambaye. Uwiteka ni we wabimpaye, kandi Uwiteka ni we ubintwaye. Izina ry'Uwiteka rishimwe.”


Uwiteka ni we Mwami iteka ryose, Abanyamahanga barimbukiye mu gihugu cye.


Yacishirije bugufi imbaraga zanjye mu nzira, Yagabanije iminsi yanjye.


Abo bashimire Uwiteka kugira neza kwe, N'imirimo itangaza yakoreye abantu.


Batamba ibitambo by'ishimwe, Bogeresha imirimo ye indirimbo z'ibyishimo.


Abo bashimire Uwiteka kugira neza kwe, N'imirimo itangaza yakoreye abantu.


Abo bashimire Uwiteka kugira neza kwe, N'imirimo itangaza yakoreye abantu.


Imirimo y'intoki ze ni umurava no kutabera, Amategeko ye yose arahamye.


Indirimbo y'Amazamuka. Nduburira amaso yanjye ku misozi, Gutabarwa kwanjye kuzava he?


Indirimbo y'Amazamuka. Wowe wicara mu ijuru, Kuri wowe ni ho nuburira amaso.


Ubwami bwawe ni ubw'iteka ryose, Ubutware bwawe buzahoraho ibihe byose.


Uwiteka azahora ku ngoma iteka ryose, Imana yawe, Siyoni izayihoraho ibihe byose. Haleluya.


Utambire Imana ishimwe, Uhigure Isumbabyose umuhigo wawe.


Itegekesha imbaraga zayo iteka, Amaso yayo yitegereza amahanga, Abagome be kwishyira hejuru. Sela.


Igomwa rye ni we rizagaruka ku mutwe, Urugomo rwe ruzagwa mu gitwariro cye.


Ndashimisha Uwiteka umutima wanjye wose, Ndatekerereza abantu imirimo yawe yose itangaza.


Zaburi iyi ni indirimbo yo kuririmbwa ku isabato.


Nzahana ab'isi mbahora ibyo bakoze bibi, n'abanyabyaha nzabahana mbahora gukiranirwa kwabo, nzamaraho ubwibone bw'abibone, n'agasuzuguro k'abanyagitinyiro nzagacisha bugufi.


Agasuzuguro k'abantu kazacishwa bugufi n'ubwibone bw'abantu buzashyirwa hasi, uwo munsi Uwiteka ni we uzogezwa wenyine,


Nuko nimuhimbarize Uwiteka iburasirazuba, muhimbarize izina ry'Uwiteka Imana ya Isirayeli mu birwa byo mu nyanja.


Ariko Uwiteka ni we Mana nyamana, ni Imana ihoraho, ni Umwami w'ibihe byose. Isi itigiswa n'uburakari bwayo, kandi amahanga ntabasha kwihanganira umujinya wayo.


Mbese ku bushake bw'Isumbabyose, Ntihaturuka ibibi n'ibyiza?


Mbona wa mugabo wari wambaye umwenda w'igitare wari hejuru y'amazi y'uruzi, atunga ukuboko kw'iburyo n'ukw'imoso ku ijuru, numva arahira Ihoraho iteka ryose ngo bizamara igihe n'ibihe n'igice cy'igihe kandi ati “Nibamara kumenagura imbaraga z'abera, ibyo byose bizaherako birangire.”


Nuko ku ngoma z'abo bami, Imana yo mu ijuru izimika ubundi bwami butazarimbuka iteka ryose, kandi ubutware bwabwo ntibuzazungurwa n'irindi shyanga, ahubwo buzamenagura ubwo bwami bwose bukabutsembaho kandi buzahoraho iteka ryose.


Ndota inzozi ziteye ubwoba, ibyo nibwiriye ku gisasiro n'ibyo neretswe bimpagarika umutima,


Hashize amezi cumi n'abiri, umwami yari i Babuloni arambagira mu rugo ibwami,


bituma ntegeka ko banzanira abanyabwenge b'i Babuloni bose, kugira ngo bansobanurire ibyo neretswe.


Ariko abo mu isi yose ni nk'ubusa imbere yayo, ikora uko ishaka mu ngabo zo mu ijuru no mu bantu bo mu isi, kandi nta wubasha kuyikoma mu nkokora cyangwa kuyibaza ati “Uragira ibiki?”


“Umva, nyagasani, Imana Isumbabyose yahaye so Nebukadinezari ubwami no gukomera n'ubwiza n'icyubahiro.


Nuko yirukanwa mu bantu umutima we uhindurwa nk'uw'inyamaswa, abana n'imparage, akarisha nk'inka, umubiri we utondwaho n'ikime kiva mu ijuru kugeza aho yamenyeye ko Imana Isumbabyose ari yo itegeka ubwami bw'abantu, kandi ko ibwimikamo uwo ishatse.


Umwami Dariyo aherako yandikira abantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe batuye mu isi yose ati “Amahoro agwire muri mwe!


Nuko ahabwa ubutware n'icyubahiro n'ubwami, kugira ngo abantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe bajye bamukorera. Ubutware bwe ni ubutware bw'iteka ryose butazashira, kandi ubwami bwe ni ubwami butazakurwaho.


Maze ubwami n'ubutware n'icyubahiro cy'ubwami bwose buri munsi y'ijuru, bizahabwe ubwoko bw'abera b'Isumbabyose. Ubwami bwayo ni ubwami buzahoraho iteka, kandi ubutware bwose buzajya buyikorera buyumvire.’


Ni cyo cyatumye Uwiteka atugenera ibyo byago akabiduteza, kuko Uwiteka Imana yacu ari yo ikiranuka mu mirimo yayo yose ikora, ariko twe ntituyumvira.


Ni cyo cyatumye batakira Uwiteka bakavuga bati “Turakwinginze Uwiteka, turakwinginze twe kurimbuka tuzira ubugingo bw'uyu muntu, kandi ntudushyire mu rubanza rw'amaraso y'udacumuye, kuko ari wowe Uwiteka ukoze icyo ushaka.”


kandi abacumbagiraga nzabagira abarokotse, n'abatatanirijwe kure mbagire ishyanga rikomeye, kandi Uwiteka azabategeka ari ku ngoma ye i Siyoni, uhereye ubwo ukageza iteka ryose.


azima mu nzu ya Yakobo iteka ryose, ubwami bwe ntibuzashira.”


“Naho uwo mukoresha w'ikoro ahagarara kure, ntiyahangara no kūbura amaso ngo arebe mu ijuru, ahubwo yikubita mu gituza ati ‘Mana, mbabarira kuko ndi umunyabyaha.’


kuko nk'uko Data afite ubugingo muri we, ni ko yabuhaye Umwana ngo abugire na we.


Icyo Gitare umurimo wacyo uratunganye rwose, Ingeso zacyo zose ni izo gukiranuka. Ni Imana y'inyamurava itarimo gukiranirwa, Ica imanza zitabera, iratunganye.


Umwami nyir'ibihe byose udapf, kandi utaboneka, ari we Mana imwe yonyine, ihimbazwe kandi icyubahiro kibe icyayo iteka ryose, Amen.


Ni yo yonyine ifite kudapfa, iba mu mucyo utegerwa: nta muntu wigeze kuyireba kandi nta wabasha kuyireba. Icyubahiro n'ubutware budashira bibe ibyayo, Amen.


arahira Ihoraho iteka ryose yaremye ijuru n'ibirimo, n'isi n'ibiyirimo n'inyanja n'ibiyirimo ati “Ntihazabaho igihe ukundi,


Marayika wa karindwi avuza impanda. Mu ijuru havuga amajwi arenga ngo “Ubwami bw'isi bubaye ubw'Umwami wacu n'ubwa Kristo we, kandi azahora ku ngoma iteka ryose.”


ba bakuru makumyabiri na bane bikubita imbere y'Iyicara kuri iyo ntebe, bakaramya Ihoraho iteka ryose, bakajugunya amakamba yabo imbere y'iyo ntebe bavuga bati


Iyo ibyo bizima bihaye Iyicara kuri ya ntebe ihoraho iteka ryose, icyubahiro no guhimbazwa n'ishimwe,


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan