Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 4:27 - Bibiliya Yera

27 aravuga ati “Ngiyi Babuloni hakomeye niyubakiye ngo habe umurwa wanjye nturaho, mpubakishije imbaraga z'amaboko yanjye ngo haheshe ubwami bwanjye icyubahiro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

27 yaravuze ati: “Dore ukuntu Babiloni ari umujyi ukomeye! Kubera ko ndi igihangange, ni jyewe ubwanjye wayiyubakiye kugira ngo ibe umurwa wa cyami impeshe icyubahiro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

27 yaravuze ati: “Dore ukuntu Babiloni ari umujyi ukomeye! Kubera ko ndi igihangange, ni jyewe ubwanjye wayiyubakiye kugira ngo ibe umurwa wa cyami impeshe icyubahiro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 4:27
44 Iomraidhean Croise  

Baravuga bati “Mureke twiyubakire umudugudu n'inzu y'amatafari ndende, izagere ku ijuru, kugira ngo twibonere izina rimenyekana, twe gutatanira gukwira mu isi yose.”


“Ubonye uko Ahabu yicishije bugufi imbere yanjye? Kuko yicishije bugufi imbere yanjye sinzamuteza ibyo byago ku ngoma ye, ahubwo nzabiteza inzu ye ku ngoma y'umuhungu we.”


Nzavugira imbere y'abami ibyo wahamije, Ne gukorwa n'isoni.


Iyo ubwibone buje isoni ziherako zikaza, Ariko ubwenge bufitwe n'abicisha bugufi.


Imbabazi n'ukuri ni byo bitwikīra gukiranirwa, Kandi kūbaha Uwiteka ni ko gutuma abantu bareka ibibi.


Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza, Ariko ubyatura akabireka azababarirwa.


Kuko yavuze ati “Narabikoze ubwanjye mbikoresheje imbaraga z'ukuboko kwanjye n'ubwenge bwanjye, kuko ndi umunyabwenge. Nakuyeho ingabano z'amahanga, nanyaze ubutunzi bwabo, nagize ubutwari, nimikūra abari bicaye ku ntebe z'ubwami.


kuko wiringiye ubugome bwawe ukavuga uti ‘Nta wundeba.’ Ubwenge bwawe n'ubuhanga bwawe ni byo bikuyobeje uribwira uti ‘Ni jye uriho nta wundi.’


“Nuko rero umva ibi yewe uwihaye kwinezeza, ukicara udabagira, ukibwira mu mutima uti ‘Ni jye uriho nta wundi, sinzaba umupfakazi kandi sinzapfusha abana.’


Kandi umurwa nategetse ko bazabajyanaho muri imbohe muzawushakire kuba amahoro, muwusabire ku Uwiteka kuko mu mahoro yaho namwe muzagira amahoro.’ ”


Ariko Yeremiya ati “Ntibazagutanga. Ndakwinginze, umvira ijwi ry'Uwiteka rivuga ibyo nkubwira, ni bwo uzamererwa neza kandi ubugingo bwawe buzarama.


ari ntawe yagiriye nabi, ahubwo akaba yarashubije ingwate uwayimugwatirije kandi ari nta we yariganije, ahubwo akagaburira abashonji akambika abambaye ubusa,


‘Umva uko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ndakwibasiye Farawo mwami wa Egiputa, wa kiyoka we kinini kiryamye hagati y'imigezi yaho wavuze uti “Uruzi rwanjye ni urwanjye bwite kandi ni jye warwiremeye ubwanjye.”


Kandi igihugu cya Egiputa kizaba ikidaturwa n'amatongo, maze bazamenye yuko ndi Uwiteka kuko yavuze ati “Uruzi ni urwanjye kandi ni jyewe waruremye.”


Ni nde uzi ko itazahindukira ikigarura ngo ibasigire umugisha, mubone uko mutura Uwiteka Imana yanyu amaturo y'ifu n'ay'ibinyobwa?


“Yemwe abishimira ikitagira umumaro mukabaza muti ‘Ese imbaraga zacu si zo zaduhaye gukomera?’


Nta wubizi ahari aho Imana yahindukira ikigarura, ikareka uburakari bw'inkazi yari ifite ntiturimbuke!”


Maze bakihuta nk'umuyaga, bagahitana, bagakora ibizira, amaboko yabo bayagize imana yabo.”


Uwo ni wa murwa wishimaga, wadabagiraga ukibwira mu mutima uti, “Ni jye, nta wundi uriho kereka jye.” Ko hahindutse amatongo, n'ahantu hasigaye hararwa n'inyamaswa! Uzahanyura wese azahatangarira yimyoze, ahamamishe ukuboko.


Nuko mwere imbuto zikwiriye abihannye.


Ahubwo ibiri imbere abe ari byo mutangana ubuntu, ni bwo byose bizabatunganira.


Akivuga ibyo gukiranuka n'ibyo kwirinda n'iby'amateka azacibwa, Feliki aratinya cyane aramusubiza ati “None genda, nimbona uburyo nzagutumira.”


Ahubwo mbanza ab'i Damasiko, maze mbwira ab'i Yerusalemu n'abo mu gihugu cyose cy'i Yudaya n'abanyamahanga, mbabwiriza kwihana no guhindukirira Imana bakora imirimo ikwiriye abihannye.


Nuko wihane ubwo bubi bwawe, usabe Umwami kugira ngo ahari niba bishoboka, ibyo wibwira mu mutima wawe ubibabarirwe.


Nuko iyo nemeza abantu, mbikoreshwa n'uko nzi igitinyiro cy'Uwiteka. Uko ndi ni ko bigaragarira Imana, kandi niringira yuko ari ko namwe bigaragarira imitima yanyu.


Bene Data, mwahamagariwe umudendezo, ariko umudendezo wanyu ntimukawugire urwitwazo rwo gukurikiza ibya kamere, ahubwo mukorerane mu rukundo,


Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka,


Muri Kristo Yesu gukebwa nta cyo kumaze cyangwa kudakebwa, ahubwo ikigira icyo kimaze ni ukwizera gukorera mu rukundo.


Uwibaga ntakongere kwiba, ahubwo akore imirimo akoreshe amaboko ibyiza, kugira ngo abone ibyo gufasha umukene.


ntuzabure kuyimusubiza izuba nirirenga, kugira ngo aryame muri uwo mwambaro agusabira umugisha. Ibyo bizakubera gukiranuka imbere y'Uwiteka Imana yawe.


Iyo ntatinya ibitutsi by'ababisha, Kandi ko abanzi babo bajijwa, Bakavuga bati ‘Amaboko yacu ni menshi, Uwiteka si we wakoze ibyo byose.’ ”


Uzirinde we kwibwira uti “Imbaraga zanjye n'amaboko yanjye ni byo byampesheje ubu butunzi.”


Ariko ikiruta byose mukundane urukundo rwinshi, kuko urukundo rutwikira ibyaha byinshi.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan