Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 4:1 - Bibiliya Yera

1 Jyewe Nebukadinezari, nari ngwiriwe neza mu nzu yanjye ya kambere nezerewe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Jyewe Nebukadinezari, nari nibereye mu ngoro yanjye nguwe neza nezerewe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Jyewe Nebukadinezari, nari nibereye mu ngoro yanjye nguwe neza nezerewe,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 4:1
16 Iomraidhean Croise  

Dawidi asohorwa no kubasanganira arababwira ati “Niba muzanywe no kuntabara munzaniye amahoro, umutima wanjye n'iyanyu bizaba kimwe. Ariko niba muzanywe no kungambanira ku banzi banjye kandi nta rugomo nagize, Imana ya ba sogokuruza banyu ibirebe ibihane.”


Maze umwami yoherereza Rehumu umutware w'intebe na Shimushayi umwanditsi, na bagenzi babo bandi babaga i Samariya no mu bindi bihugu byo hakurya y'uruzi urwandiko, arabasubiza ati “Amahoro n'ibindi.


Bamwoherereza urwandiko rwanditswe rutya ngo: “Ku Mwami Dariyo, nimuhorane amahoro masa.


Bukeye ku munsi wa cumi n'itatu w'ukwezi kwa mbere bahamagara abanditsi b'umwami, bandika ibyo Hamani ategetse byose babyoherereza ibisonga by'umwami, n'abatware b'intebe batwaraga ibihugu bye byose, n'ibikomangoma byo mu mahanga yose, igihugu cyose uko imyandikire yacyo iri, n'ishyanga ryose uko ururimi rwaryo ruri, babyandika mu izina ry'Umwami Ahasuwerusi bashyiraho n'ikimenyetso cy'impeta ye.


Nuko icyo gihe ku munsi wa makumyabiri n'itatu w'ukwezi kwa gatatu kwitwa Sivani, bahamagara abanditsi b'umwami bandika ibyo Moridekayi ategetse Abayuda byose, n'ibisonga by'umwami n'abatware b'intebe n'abatware b'ibihugu uko ari ijana na makumyabiri na birindwi, uhereye i Buhindi ukageza Etiyopiya, igihugu cyose nk'uko imyandikire yacyo imeze, n'ishyanga ryose uko ururimi rwayo ruri, bandikira n'Abayuda mu rurimi rwabo uko imyandikire yabo imeze.


“Ni cyo cyatumye nca iteka, kugira ngo umuntu wese wo mu moko yose y'indimi zitari zimwe uzavuga nabi Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego, azatemagurwe kandi urugo rwe ruzahindurwe nk'icyavu, kuko ari nta yindi mana ibasha gukiza bene aka kageni.”


Umuntu uhamya itegeko ry'umwami ararangurura ati “Yemwe bantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe, nimwumve uko tubategeka,


Maze umwami ategeka ko bamuzanira ba bagabo bareze Daniyeli, babazanana n'abagore babo n'abana babo babajugunya muri urwo rwobo rw'intare, zibasamira mu kirere zibamenagurana n'amagufwa yabo batararushya bagera mu rwobo hasi.


Nshyizeho itegeko ngo abantu bo mu butware bwose bwo mu gihugu cyanjye bajye bubaha Imana ya Daniyeli, bahindire imishyitsi imbere yayo kuko ari yo Mana nzima ihoraho iteka ryose, ubwami bwayo ntibuzarimburwa kandi ubutegetsi bwayo buzageza ku mperuka.


Nuko ahabwa ubutware n'icyubahiro n'ubwami, kugira ngo abantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe bajye bamukorera. Ubutware bwe ni ubutware bw'iteka ryose butazashira, kandi ubwami bwe ni ubwami butazakurwaho.


Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Muri iyo minsi, abantu cumi bazava mu mahanga y'indimi zose bafate ikinyita cy'umwambaro w'Umuyuda bamubwire bati ‘Turajyana kuko twumvise yuko Imana iri kumwe namwe.’ ”


Uwo muriri ubaye abantu benshi baraterana, batangazwa n'uko umuntu wese yumvise ba bandi bavuga ururimi rw'iwabo.


ndabandikiye abari i Roma mwese bakundwa n'Imana, bahamagariwe kuba abera. Ubuntu bube muri mwe n'amahoro biva ku Mana Data wa twese, no ku Mwami wacu Yesu Kristo.


ubuntu bube muri mwe n'amahoro biva ku Mana Data wa twese no ku Mwami Yesu Kristo.


ndakwandikiye Timoteyo, umwana wanjye nyakuri nibyariye mu byo kwizera. Ubuntu n'imbabazi n'amahoro bibe kuri wowe, biva ku Mana Data wa twese no kuri Kristo Yesu Umwami wacu.


mwatoranijwe nk'uko Imana Data wa twese yabamenye kera mubiheshejwe no kwezwa n'Umwuka, kugira ngo mwumvire Imana muminjagirwe amaraso ya Yesu Kristo. Ubuntu n'amahoro bigwire muri mwe.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan