Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 3:28 - Bibiliya Yera

28 Nebukadinezari aravuga ati “Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego ishimwe, ni yo yohereje marayika wayo ikiza abagaragu bayo bayiringiye, kuko bigurukije ijambo ry'umwami bagahara amagara yabo, kugira ngo batagira indi mana yose bakorera cyangwa basenga itari Imana yabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

28 Nebukadinezari aravuga ati: “Nihasingizwe Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, yo yohereje umumarayika wayo igakiza abagaragu bayo bayizera. Baciye ku itegeko ryanjye, bahara amagara yabo aho gukorera no kuramya izindi mana zitari Imana yabo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

28 Nebukadinezari aravuga ati: “Nihasingizwe Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, yo yohereje umumarayika wayo igakiza abagaragu bayo bayizera. Baciye ku itegeko ryanjye, bahara amagara yabo aho gukorera no kuramya izindi mana zitari Imana yabo!

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 3:28
45 Iomraidhean Croise  

Kandi ati “Uwiteka ahimbazwe, Ni we Mana ya Shemu, Kanāni abe umugaragu we.


Bakirwana na bo baratabarwa, Abahagari n'abari kumwe na bo bose batangwa mu maboko y'Abarubeni n'Abagadi n'Abamanase, kuko batakambiye Imana muri iyo ntambara, ikemera guhendahendwa kuko bayiringiye.


Bukeye bwaho bazinduka kare mu gitondo, barasohoka bajya mu butayu bw'i Tekowa. Bagisohoka Yehoshafati arahagarara aravuga ati “Nimunyumve yemwe Bayuda namwe abatuye i Yerusalemu, mwizere Uwiteka Imana yanyu mubone gukomezwa, mwizere n'abahanuzi bayo mubone kugubwa neza.”


Nuko Uwiteka yohereza marayika atsemba abagabo bakomeye bose b'intwari, n'abatware n'abagabo bari mu ngerero z'umwami wa Ashūri, maze asubira mu gihugu cye akozwe n'isoni. Nuko ageze mu ngoro y'imana ye, abo yibyariye bamwicishirizamo inkota.


None umuntu wo mu bantu bayo wese uri muri mwe Imana ye ibane na we, azamuke ajye i Yerusalemu mu Bayuda yubake inzu y'Uwiteka Imana ya Isirayeli, ari yo Mana iba i Yerusalemu.


Kandi nciye iteka, umuntu wese uzahindura iri tegeko bazakure inkingi mu nzu ye, bayishinge bamuterure bayimuhambireho, kandi inzu ye bayigire icyavu bamuhoye ibyo.


Muhimbaze Uwiteka mwa bamarayika be mwe, Mwa banyambaraga nyinshi mwe, basohoza itegeko rye, Mukumvira ijwi ry'ijambo rye.


Uwiteka anezererwa abamwubaha, Anezererwa abategereza imbabazi ze.


Dore ijisho ry'Uwiteka riri ku bamwubaha, Riri ku bategereza imbabazi ze,


Imitima yacu izamwishimira, Kuko twiringiye izina rye ryera.


Ibyaha bizicisha umunyabyaha, Abanga umukiranutsi bazacirwaho iteka.


Imana ni yo irimo agakiza kanjye n'icyubahiro cyanjye, Igitare cy'imbaraga zanjye n'ubuhungiro bwanjye biri mu Mana.


Ntukabyikubite imbere, ntukabikorere kuko Uwiteka Imana yawe ndi Imana ifuha, mpōra abana gukiranirwa kwa ba se, nkageza ku buzukuruza n'ubuvivi bw'abanyanga,


Dore Imana ni yo gakiza kanjye nzajya niringira ne gutinya, kuko Uwiteka Yehova ari we mbaraga zanjye n'indirimbo yanjye agahinduka agakiza kanjye.”


Maze marayika w'Uwiteka arasohoka atera urugerero rw'Abashuri, yica ingabo zabo agahumbi n'inzovu munani n'ibihumbi bitanu, abantu babyutse kare mu gitondo basanga ingabo zose ari imirambo.


Ni nde wo muri mwe wubaha Uwiteka akumvira umugaragu we? Ugenda mu mwijima adafite umucyo niyiringire izina ry'Uwiteka, kandi yishingikirize ku Mana ye.


Nuko umwami abwira Daniyeli ati “Ni ukuri Imana yanyu ni yo Mana nyamana, ni umwami w'abami kandi ni yo ihishura ibihishwe, kuko ishoboye guhishura ibyo byahishwe.”


Arababwira ati “Dore ndareba abantu bane babohowe bagenda mu muriro hagati, kandi nta cyo babaye. Ariko ishusho y'uwa kane irasa n'iy'umwana w'Imana.”


None jyewe Nebukadinezari ndashimisha Umwami wo mu ijuru, ndamusingiza, ndamwubaha kuko imirimo ye yose ari iy'ukuri kandi inzira ze ari izigororotse, ariko abibone abasha kubacisha bugufi.


Ba bagabo bongera guteranira ibwami babwira umwami bati “Nyagasani, umenye ko ari itegeko ry'Abamedi n'Abaperesi, ngo nta tegeko cyangwa iteka ryahamijwe n'umwami rivuguruzwa.”


Umwami Dariyo aherako yandikira abantu b'amoko yose y'indimi zitari zimwe batuye mu isi yose ati “Amahoro agwire muri mwe!


Yesu aramubwira ati “Genda Satani, kuko handitswe ngo ‘Uramye Uwiteka Imana yawe, abe ari yo ukorera yonyine.’ ”


Petero na Yohana barabasubiza bati “Niba ari byiza imbere y'Imana kubumvira kuruta Imana nimuhitemo,


Maze nijoro marayika w'Umwami Imana akingura inzugi z'inzu y'imbohe, arabasohora arababwira ati


Nuko bene Data, ndabinginga ku bw'imbabazi z'Imana ngo mutange imibiri yanyu, ibe ibitambo bizima byera bishimwa n'Imana, ari ko kuyikorera kwanyu gukwiriye.


Kandi nubwo natanga ibyanjye byose ngo ngaburire abakene, ndetse nkitanga ubwanjye ngo ntwikwe ariko singire urukundo, nta cyo byamarira.


kuko ntegerezanya ibyiringiro yuko ntazakorwa n'isoni z'ikintu cyose, ahubwo nzajya ngira ubushizi bw'amanga bwose, buzatuma Kristo akomeza gukuzwa n'umubiri wanjye iteka ryose nk'uko bimeze ubu, nubwo nabaho cyangwa nubwo napfa.


Mbese abamarayika bose si imyuka iyikorera, itumwa gukora umurimo wo gufasha abazaragwa agakiza?


Bicishwaga amabuye bagakerezwa inkerezo, bakageragezwa bakicishwa inkota, bakazerera bambaye impu z'intama n'iz'ihene, banyazwe byose, bakababazwa bakagirirwa nabi.


abo yahaye kwizera Imana yamuzuye ikamuha icyubahiro, kugira ngo kwizera kwanyu n'ibyiringiro byanyu bibe ku Mana.


Na bo bamuneshesheje amaraso y'Umwana w'Intama n'ijambo ryo guhamya kwabo, ntibakunda amagara yabo, ntibanga no gupfa.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan