Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 3:25 - Bibiliya Yera

25 Arababwira ati “Dore ndareba abantu bane babohowe bagenda mu muriro hagati, kandi nta cyo babaye. Ariko ishusho y'uwa kane irasa n'iy'umwana w'Imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

25 Umwami arongera ati: “Nyamara ndabona abagabo bane bataboshye bagenda mu muriro rwagati kandi nta cyo wabatwaye! Uwa kane arasa n'imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

25 Umwami arongera ati: “Nyamara ndabona abagabo bane bataboshye bagenda mu muriro rwagati kandi nta cyo wabatwaye! Uwa kane arasa n'imana.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 3:25
20 Iomraidhean Croise  

Umunsi umwe abana b'Imana baje bashengereye Uwiteka, kandi na Satani yazanye na bo.


Igihe inyenyeri zo mu ruturuturu zaririmbiranaga, Abana b'Imana bose bakarangurura ijwi ry'ibyishimo?


Izakurokora ibyago bitandatu ndetse birindwi, Kandi nta kibi kizakuzaho.


Uyu munyamubabaro yaratatse, Uwiteka aramwumva, Amukiza amakuba n'ibyago bye byose.


Ni nde wazamutse mu ijuru kandi akamanuka? Ni nde wateranyirije umuyaga mu bipfunsi bye? Ni nde wapfunyitse amazi mu mwambaro we? Ni nde washinze impera zose z'isi? Izina rye ni nde, kandi izina ry'umwana we ni nde niba uyazi?


Nunyura mu mazi nzaba ndi kumwe nawe, nuca no mu migezi ntizagutembana. Nunyura mu muriro ntuzashya, kandi ibirimi byawo ntibizagufata


bazakurwanya, ariko ntibazakubasha kuko ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore.” Ni ko Uwiteka avuga.


Ntukabatinye kuko ndi kumwe nawe kugira ngo nkurokore.” Ni ko Uwiteka avuga.


Nzakurokora nkuvane mu maboko y'abanyabyaha, kandi nzagukiza amaboko y'abateye ubwoba.”


Ariko naho itadukiza, nyagasani umenye ko tutari bukorere imana zawe, habe no kuramya icyo gishushanyo cy'izahabu wakoze.”


Uwo mwanya Umwami Nebukadinezari aratangara, ahaguruka n'ingoga abaza abajyanama be ati “Harya ntitwajugunye mu muriro abantu batatu baboshywe?” Baramusubiza bati “Ni koko, nyagasani.”


Nebukadinezari aravuga ati “Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego ishimwe, ni yo yohereje marayika wayo ikiza abagaragu bayo bayiringiye, kuko bigurukije ijambo ry'umwami bagahara amagara yabo, kugira ngo batagira indi mana yose bakorera cyangwa basenga itari Imana yabo.


Imana yanjye yohereje marayika wayo abumba iminwa y'intare, nta cyo zantwaye kuko nabonetse imbere yayo ntafite icyaha, kandi nawe nyagasani, nta cyo nagucumuyeho.”


bazafata inzoka, kandi nibanywa ikintu cyica nta cyo kizabatwara na hato, bazarambika ibiganza ku barwayi bakire.”


Marayika aramusubiza ati “Umwuka Wera azakuzaho, n'imbaraga z'Isumbabyose zizagukingiriza, ni cyo gituma Uwera uzavuka azitwa Umwana w'Imana.


Ariko akunkumurira icyo gikururuka mu muriro, ntiyagira icyo aba.


kandi werekanywe n'ubushobozi ko ari Umwana w'Imana mu buryo bw'Umwuka Wera bigahamywa no kuzuka kwe, ni we Yesu Kristo Umwami wacu.


Mbese ni nde uzabagirira nabi nimugira ishyaka ry'ibyiza?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan