Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 2:45 - Bibiliya Yera

45 Uko wabonye ibuye ryavuye ku musozi ritarimbuwe n'intoki, rikamenagura ibyuma n'imiringa n'ibumba n'ifeza n'izahabu, ni uko Imana ikomeye yahishuriye umwami ibizaba mu bihe bizaza. Kandi izo nzozi ni iz'ukuri, no gusobanurwa kwazo ntiguhinyurwa.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

45 Ubwo bwami bushushanywa na rya buye weretswe ryarimbukaga ku musozi nta wuririmbuye, rikajanjagura icyuma n'umuringa n'ibumba n'ifeza n'izahabu. Nyagasani, Imana ikomeye yakweretse ibizabaho mu gihe kizaza. Inzozi ni izo, n'ibisobanuro byazo bifite ishingiro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

45 Ubwo bwami bushushanywa na rya buye weretswe ryarimbukaga ku musozi nta wuririmbuye, rikajanjagura icyuma n'umuringa n'ibumba n'ifeza n'izahabu. Nyagasani, Imana ikomeye yakweretse ibizabaho mu gihe kizaza. Inzozi ni izo, n'ibisobanuro byazo bifite ishingiro.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 2:45
32 Iomraidhean Croise  

Za nka ndwi nziza ni imyaka irindwi, na ya mahundo arindwi meza ni imyaka irindwi. Inzozi ni zimwe.


Icyo ni cyo nabwiye Farawo nti ‘Ibyo Imana igiye gukora yabibwiye Farawo.’


Kandi icyatumye izo nzozi zibonekera Farawo kabiri, ni uko ibyo byakomejwe n'Imana kandi izabisohoza vuba.


Ni cyo ubereye ukomeye, Uwiteka Mana, kuko nta wuhwanye nawe, kandi nta yindi mana iriho keretse wowe, nk'ibyo twumvishije amatwi yacu byose.


Kuko Uwiteka akomeye, akwiriye gusingizwa cyane, Kandi ateye ubwoba arusha imana zose.


Aho muzumva ijwi ry'ikondera hose abe ari ho mujya mudutabarira, Imana yacu ni yo izaturwanirira.”


“Nuko rero Mana yacu, Mana nkuru ikomeye itera ubwoba, ikomeza gusohoza isezerano ikagira ibambe, ntukerense imiruho yose twagize n'abami bacu n'abatware bacu, n'abatambyi bacu n'abahanuzi bacu, na ba sogokuruza n'ubwoko bwawe bwose, uhereye ku ngoma z'abami ba Ashūri ukageza ubu.


Dore Imana irakomeye kandi ntituyizi, Imibare y'imyaka yayo ntibarika.


Kuko nzi yuko Uwiteka akomeye, Kandi yuko Umwami wacu asumba ibigirwamana byose.


Uwiteka arakomeye ni uwo gushimwa cyane, Gukomera kwe ntikurondoreka.


Uzabavunaguza inkoni y'icyuma, Uzabamenagura nk'ikibumbano.”


Indirimbo. Zaburi ya bene Kōra.


Kuko Uwiteka akomeye akwiriye gushimwa cyane, Kandi ateye ubwoba, arusha ibigirwamana byose.


Ni cyo gitumye Umwami Imana ivuga iti “Dore ndashyira muri Siyoni ibuye ry'urufatiro ryageragejwe, ibuye rikomeza impfuruka ry'igiciro cyinshi rishikamye cyane, kandi uwizera ntazahutiraho.


Nuko Daniyeli ajya kwa Ariyoki, wari wategetswe n'umwami kurimbura abanyabwenge b'i Babuloni, amubwira atya ati “Nturimbure abanyabwenge b'i Babuloni, ahubwo unshyire umwami musobanurire ibyo ashaka.”


ariko mu ijuru hariho Imana ihishura ibihishwe, kandi ni yo yeretse Umwami Nebukadinezari ibizaba mu bihe bizaza. Inzozi n'ibyo werekewe ku gisasiro ni byo ibi:


“Nuko ibyawe, nyagasani, watekerezaga uryamye ibizaba mu gihe kizaza; Ihishura ibihishwe ni yo yakubwiye ibizaba.


Nuko ku ngoma z'abo bami, Imana yo mu ijuru izimika ubundi bwami butazarimbuka iteka ryose, kandi ubutware bwabwo ntibuzazungurwa n'irindi shyanga, ahubwo buzamenagura ubwo bwami bwose bukabutsembaho kandi buzahoraho iteka ryose.


Azagira imigambi ituma abashishwa byose n'uburyarya, kandi azishyira hejuru mu mutima we, azarimbura benshi biraye ndetse azahaguruka kurwanya Umwami w'abami. Ariko azavunagurika nta wumukozeho.


kandi nzubika intebe z'ubwami z'ibihugu byose, kandi nzarimbura imbaraga z'ibihugu by'abanyamahanga byose. Nzubika amagare y'intambara n'abayagenderamo, kandi amafarashi n'abayagenderaho bazagwana, umuntu wese yicwe n'inkota ya mugenzi we.


Uwo munsi i Yerusalemu nzahahindura ibuye riremerera amahanga yose, abazaryikorera bose bazakomereka cyane, kandi amahanga yose yo mu isi azateranira kuharwanya.”


Uhereye aho izuba rirasira ukageza aho rirengera izina ryanjye rirakomeye mu banyamahanga, kandi ahantu hose bosereza izina ryanjye imibavu, bakantura amaturo aboneye kuko izina ryanjye rikomeye mu banyamahanga. Ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga.


Yesu arabasubiza ati “Nanjye reka mbabaze ijambo rimwe, nimurinsubiza nanjye ndababwira ubutware buntera kubikora.


Ijuru n'isi bizashira, ariko amagambo yanjye ntazashira na hato.


Abafarisayo baramubaza bati “Ubwami bw'Imana buzaza ryari?” Arabasubiza ati “Ubwami bw'Imana ntibuzaza ku mugaragaro,


Kuko Uwiteka Imana yanyu ari Imana nyamana, ni Umwami w'abami, ni Imana ikomeye y'inyambaraga nyinshi, iteye ubwoba, itita ku cyubahiro cy'umuntu, idahongerwa.


Nuko wandike ibyo ubonye n'ibiriho, n'ibiri bukurikireho hanyuma


Mbona marayika ahagaze mu zuba arangurura ijwi, abwira ibisiga byose bigurukira mu kirere ati “Nimuze muteranire kurya ibyokurya byinshi Imana ibagaburira,


Hanyuma y'ibyo ngiye kubona mbona mu ijuru urugi rukinguye, kandi numva rya jwi nabanje kumva rivugana nanjye rimeze nk'iry'impanda rimbwira riti “Zamuka uze hano nkwereke ibikwiriye kuzabaho hanyuma y'ibyo.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan