Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 2:28 - Bibiliya Yera

28 ariko mu ijuru hariho Imana ihishura ibihishwe, kandi ni yo yeretse Umwami Nebukadinezari ibizaba mu bihe bizaza. Inzozi n'ibyo werekewe ku gisasiro ni byo ibi:

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

28 Nyamara nyagasani, hari Imana yo mu ijuru isobanura amayobera, ni yo yakumenyesheje ibizaba mu gihe kizaza. Dore ibyo weretswe mu nzozi uryamye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

28 Nyamara nyagasani, hari Imana yo mu ijuru isobanura amayobera, ni yo yakumenyesheje ibizaba mu gihe kizaza. Dore ibyo weretswe mu nzozi uryamye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 2:28
32 Iomraidhean Croise  

Baramusubiza bati “Ni uko twarose inzozi, kandi akaba ari nta wubasha kuzidusobanurira.” Yosefu arababaza ati “Gusobanura si ukw'Imana se? Ndabinginze, nimuzindotorere.”


Yosefu asubiza Farawo ati “Si jye, Imana ni yo iri busubize Farawo amagambo y'amahoro.”


Yosefu abwira Farawo ati “Inzozi za Farawo ni zimwe: ibyo Imana igiye gukora yabibwiye Farawo.


Yakobo ahamagaza abana be arababwira ati “Nimuterane, mbabwire ibizababaho mu minsi izabaho kera.


Ariko Imana yacu iri mu ijuru, Yakoze ibyo yashatse byose.


Mu minsi y'imperuka umusozi wubatsweho inzu y'Uwiteka uzakomerezwa mu mpinga z'imisozi, ushyirwe hejuru usumbe iyindi kandi amahanga yose azawushikira.


Ni nde udakwiriye kukubaha, Mwami w'amahanga we? Ko bigukwiriye kuko mu banyabwenge bo mu mahanga bose no mu bwami bwabo bwose, nta wuhwanye nawe.


Uburakari bukaze bw'Uwiteka ntibuzakimirana, keretse amaze gukora agasohoza ibyo yagambiriye mu mutima we, ibyo muzabimenya neza mu minsi y'imperuka.


“Ariko mu minsi y'imperuka nzagarura ab'i Mowabu bajyanywe ari imbohe, ni ko Uwiteka avuga, ni ho urubanza rwa Mowabu rugeze.”


Erega urusha Daniyeli ubwenge, nta gihishwe uyoberwa!


maze uzazamuka utere ubwoko bwanjye Isirayeli umeze nk'igicu gitwikiriye igihugu. Ku minsi y'imperuka nzatuma utera igihugu cyanjye kugira ngo amahanga akurizeho kumenya, igihe nziyerekanira muri wowe imbere yabo ko ndi Uwera, yewe Gogi we.


Iminsi myinshi nishira uzagendererwa, mu myaka y'iherezo uzaza mu gihugu cyari cyaramazwe n'inkota hanyuma kikagarurwa, kikababwamo n'ubwoko bwateranirijwe hamwe buvuye mu moko menshi, bukajya ku misozi ya Isirayeli yahoze ari amatongo, ariko bwazanywe buvanywe mu mahanga, kandi bazaba biraye bose uko bangana.


Mu ijambo ryose ry'ubwenge no kumenya, icyo umwami yababazaga, yabonaga barusha abakonikoni n'abapfumu bose bari mu gihugu cye cyose inkubwe cumi.


Nuko none nzanywe no kugusobanurira ibizaba ku bantu bawe mu minsi y'imperuka, kuko ibyo weretswe ari iby'igihe gishyize kera.”


kugira ngo bingingire Imana yo mu ijuru ibyo bihishwe, ngo ibagirire imbabazi batarimburanwa n'abanyabwenge bandi b'i Babuloni.


Kandi ihishura ibihishwe by'ahatagerwa, izi n'ibyo mu mwijima, umucyo ubana na yo.


Nuko ku ngoma z'abo bami, Imana yo mu ijuru izimika ubundi bwami butazarimbuka iteka ryose, kandi ubutware bwabwo ntibuzazungurwa n'irindi shyanga, ahubwo buzamenagura ubwo bwami bwose bukabutsembaho kandi buzahoraho iteka ryose.


Uko wabonye ibuye ryavuye ku musozi ritarimbuwe n'intoki, rikamenagura ibyuma n'imiringa n'ibumba n'ifeza n'izahabu, ni uko Imana ikomeye yahishuriye umwami ibizaba mu bihe bizaza. Kandi izo nzozi ni iz'ukuri, no gusobanurwa kwazo ntiguhinyurwa.”


Nuko umwami abwira Daniyeli ati “Ni ukuri Imana yanyu ni yo Mana nyamana, ni umwami w'abami kandi ni yo ihishura ibihishwe, kuko ishoboye guhishura ibyo byahishwe.”


Ariko hanyuma Daniyeli wahimbwe Beluteshazari mwitiriye imana yanjye, wababwagamo n'umwuka w'imana zera, araza murotorera izo nzozi nti


Hanyuma Abisirayeli bazagaruka bashaka Uwiteka Imana yabo n'umwami wabo Dawidi. Bazasanga Uwiteka n'ineza ye mu minsi y'imperuka, bamushaka bamwubashye.


Dore iyabumbye imisozi ikarema n'umuyaga, ikagaragariza umuntu ibyo yibwira, igahindura umuseke kuba umwijima kandi igatambagira aharengeye ho mu isi, Uwiteka Imana Nyiringabo, ni ryo zina ryayo.


None ngiye mu bwoko bwanjye. Reka ngusobanurire ibyo buriya bwoko buzagirira ubwawe mu bihe bizaza.”


Nuko musenge mutya muti “ ‘Data wa twese uri mu ijuru, Izina ryawe ryubahwe,


“Nuko none mwandike iyi ndirimbo uyigishe Abisirayeli, uyibatoreze kugira ngo iyi ndirimbo imbere umuhamya ushinja Abisirayeli.


Nugira ibyago, ibyo byose bikaba bikujeho, mu minsi izaza kera uzahindukirira Uwiteka Imana yawe uyumvire,


Umenye yuko mu minsi y'imperuka hazaza ibihe birushya,


Kera Imana yavuganiye na ba sogokuruza mu kanwa k'abahanuzi mu bihe byinshi no mu buryo bwinshi,


Mubanze kumenya iki, yuko mu minsi y'imperuka hazaza abakobanyi bakobana, bakurikiza irari ryabo,


Ibyahishuwe na Yesu Kristo, ibyo Imana yamuhereye kugira ngo yereke imbata ze ibikwiriye kuzabaho vuba, agatuma marayika we na we akabimenyesha imbata ye Yohana


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan