Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 12:1 - Bibiliya Yera

1 “Maze icyo gihe Mikayeli, wa mutware ukomeye ujya ahagarikira abantu bawe azahaguruka, hazaba ari igihe cy'umubabaro utigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho ukageza icyo gihe. Nuko icyo gihe abantu bawe bazaba banditswe mu gitabo, bazarokorwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Wa muntu wari wambaye imyambaro yera arongera ati: “Icyo gihe kizaba ari igihe cy'amakuba kitigeze kibaho mu bwoko bwawe. Ariko Mikayeli umutware w'abamarayika, akaba n'umurinzi w'ubwoko bwawe azahagoboka. Nuko buri wese wo mu bwoko bwawe wanditswe mu gitabo cy'Imana azarokoka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Wa muntu wari wambaye imyambaro yera arongera ati: “Icyo gihe kizaba ari igihe cy'amakuba kitigeze kibaho mu bwoko bwawe. Ariko Mikayeli umutware w'abamarayika, akaba n'umurinzi w'ubwoko bwawe azahagoboka. Nuko buri wese wo mu bwoko bwawe wanditswe mu gitabo cy'Imana azarokoka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 12:1
48 Iomraidhean Croise  

Mbese gukiranirwa kwabo kuzabakirisha? Mana, tsinda amahanga hasi n'umujinya wawe.


Rundanya ibyaha ku byaha byabo, Be kwinjira mu byo gukiranuka kwawe.


Maze uzasigara i Siyoni n'i Yerusalemu wese, yanditswe mu bazima b'i Yerusalemu, azitwe uwera.


Uwiteka yatumye ubutumwa kuri Yakobo, bugera kuri Isirayeli.


Nuko rero ntutinye Yakobo we, mugaragu wanjye, ni ko Uwiteka avuga, nawe Isirayeli ntiwihebe, kuko dore nzagukiza nkuvanye kure n'urubyaro rwawe ndukure mu gihugu cy'uburetwa bwabo, kandi Yakobo azagaruka, ashyikije umutima mu nda kandi aruhutse, nta wuzamutera ubwoba.


Ayii, uwo munsi urakomeye nta wundi umeze nka wo! Ni igihe cy'umubabaro wa Yakobo ariko azakirokokamo.


Kandi ukuboko kwanjye kuzibasira abahanuzi babona iyerekwa ritagize icyo rimaze, bagahanura ibinyoma. Ntabwo bazaba mu nama y'ubwoko bwanjye, kandi ntabwo bazandikwa mu gitabo cy'inzu ya Isirayeli, habe no kwinjira mu gihugu cya Isirayeli, namwe muzamenya ko ndi Umwami Uwiteka.


Nanjye Uwiteka nzaba Imana yazo, umugaragu wanjye Dawidi azibere igikomangoma. Ni jye Uwiteka wabivuze.


Nzagukoreramo icyo ntigeze gukora, ndetse ntazongera gukora n'ukundi nguhoye ibizira byawe byose.


Ariko umutware w'ibwami bw'u Buperesi amara iminsi makumyabiri n'umwe ambuza. Nyuma Mikayeli, umwe wo mu batware bakomeye aza kuntabara, ntinda mu bami b'u Buperesi.


Ariko ndagusobanurira ibyanditswe mu byanditswe by'ukuri, kandi abo nta wundi dufatanije kubarwanya keretse Mikayeli, umutware wanyu.


Azabamba amahema y'ubwami hagati y'inyanja n'umusozi wera ufite ubwiza, nyamara azaba ageze ku munsi w'imperuka ye, nta wuzamuvuna.


Imbere ye hatembaga umuriro, uduhumbagiza baramukoreraga kandi inzovu incuro inzovu bari bamuhagaze imbere. Imanza zirashingwa, ibitabo birabumburwa.


Maze ikomeza amagambo yayo yatuvuzeho, no ku bacamanza bacu baduciraga imanza, ubwo yatuzaniraga ibyago bikomeye kuko nta handi munsi y'ijuru higeze hagenzwa nk'uko i Yerusalemu hagenjejwe.


umunsi w'umwijima w'icuraburindi, umunsi w'ibicu bya rukokoma n'ibihu. Uko umuseke utambikira mu mpinga z'imisozi, ni ko ubwoko bukomeye kandi bufite imbaraga bwadutse. Nta bwigeze kuboneka bumeze nka bwo, kandi hanyuma yabwo nta buzaboneka, ndetse no kugeza mu bihe byinshi bizakurikiraho.


Maze abubahaga Uwiteka baraganiraga, Uwiteka agatega amatwi akumva, nuko igitabo kikandikirwa imbere ye cy'urwibutso rw'abubahaga Uwiteka bakita ku izina rye.


kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi, utigeze kubaho uhereye ku kuremwa ku isi ukageza none, kandi ntuzongera kubaho.


kuko muri iyo minsi hazabaho umubabaro mwinshi utigeze kubaho, uhereye mu itangiriro ubwo Imana yaremaga ukageza none, kandi ntuzongera kubaho.


Ariko ntimwishimire yuko abadayimoni babumvira, ahubwo mwishimire yuko amazina yanyu yanditswe mu ijuru.”


Ubwo gucibwa kwabo guhesheje abari mu isi kwiyunga n'Imana, kugarurwa kwabo ntikuzaba kuzuka?


Ni bwo Abisirayeli bose bazakizwa nk'uko byanditswe ngo “Umukiza azava i Siyoni, Azakura muri Yakobo kutubaha Imana.”


imushyize hejuru y'ubutware bwose n'ubushobozi bwose, n'imbaraga zose n'ubwami bwose, n'izina ryose rivugwa uretse muri iki gihe gusa, ahubwo no mu bihe bizaza.


Kandi nawe, uwo dufatanije uwo murimo by'ukuri, ndakwinginze ujye ufasha abo bagore kuko bakoranaga nanjye, bakamfasha kurwanira ubutumwa bwiza bo na Kilementi n'abandi bafatanyaga nanjye, amazina yabo yanditswe mu gitabo cy'ubugingo.


Nyamara Mikayeli ari we marayika ukomeye, ubwo yatonganaga na Satani agira impaka na we intumbi ya Mose, ntiyahangaye kumucira urubanza amuvuma, ahubwo yaramubwiye ati “Umwami Imana iguhane.”


no kuri Yesu Kristo, ari we mugabo wo guhamya ukiranuka n'imfura yo kuzuka, utwara abami bo mu isi, udukunda kandi watwejeshejeho ibyaha byacu amaraso ye,


Mu ijuru habaho intambara. Mikayeli n'abamarayika be batabarira kurwanya cya kiyoka, ikiyoka kirwanana n'abamarayika bacyo.


Abari mu isi bose bazayiramya, umuntu wese izina rye ritanditswe mu gitabo cy'ubugingo cy'Umwana w'Intama, watambwe uhereye ku kuremwa kw'isi.


Bazarwanya Umwana w'Intama, ariko Umwana w'Intama azabanesha, kuko ari we Mutware utwara abatware n'Umwami w'abami, kandi abari hamwe na we bahamagawe batoranijwe bakiranutse na bo bazayinesha.”


Mbona abapfuye, abakomeye n'aboroheje bahagaze imbere y'iyo ntebe, nuko ibitabo birabumburwa. Kandi n'ikindi gitabo kirabumburwa, ari cyo gitabo cy'ubugingo. Abapfuye bacirwa imanza z'ibyanditswe muri ibyo bitabo zikwiriye ibyo bakoze.


Kandi umuntu wese utabonetse ko yanditswe muri cya gitabo cy'ubugingo, ajugunywa muri iyo nyanja yaka umuriro.


“Unesha ni we uzambikwa imyenda yera, kandi sinzahanagura izina rye na hato mu gitabo cy'ubugingo, ahubwo nzatūrira izina rye imbere ya Data n'imbere y'abamarayika be.


Ndamusubiza nti “Mwami wanjye, ni wowe ubizi.” Arambwira ati “Aba ni abavuye muri urya mubabaro mwinshi, kandi bameshe ibishura byabo babyejesha amaraso y'Umwana w'Intama.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan