Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 11:4 - Bibiliya Yera

4 namara gukomera ubwami bwe buzatagarana bugabanywemo mu birere bine byo mu ijuru, kandi ntibuzazungurwa n'urubyaro rwe, ntibuzategekwa nk'uko yari asanzwe abutegeka, kuko ubwami bwe buzakurwaho hakazima abandi batari abe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Namara gukomera cyane, ubwami bwe buzasenyuka bwicemo ibice bine, ntazasimburwa n'abamukomokaho ahubwo ubwami bwe buzagabirwa abandi, kandi bo ntibazakomera nk'uko we yari akomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Namara gukomera cyane, ubwami bwe buzasenyuka bwicemo ibice bine, ntazasimburwa n'abamukomokaho ahubwo ubwami bwe buzagabirwa abandi, kandi bo ntibazakomera nk'uko we yari akomeye.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 11:4
24 Iomraidhean Croise  

Dore wahinduye iminsi yanjye nk'intambwe z'intoki, Igihe cy'ubugingo bwanjye kuri wowe kimeze nk'ubusa, Ni ukuri umuntu wese nubwo akomeye, ni umwuka gusa. Sela.


Hariho umuntu nyakamwe utagira uwo babana, ndetse ntagire n'umwana cyangwa umuvandimwe, nyamara imiruho ye yose ntigira iherezo kandi amaso ye ntahaga ubutunzi. Ajya yibwira ati “Ni nde mbikorera bikabuza ubugingo bwanjye ibyiza?” Ibyo na byo ni ubusa, ni ukuri ni umuruho mubi.


Nimara kubaca nzagaruka mbagirire imbabazi, nzabagarura umuntu wese asubire mu mwandu we, n'umuntu wese mu gikingi cye.


Ariko nibatumvira nzaca ubwo bwoko, nzabuca kandi mburimbure.” Ni ko Uwiteka avuga.


Igihe nzavuga iby'ishyanga n'iby'igihugu ngo bikurweho, bisenywe birimbuke,


Kandi igikombe cyose cy'intumbi gishyirwamo intumbi kikamenwamo ivu, n'imirima yose yerekeye ku mugezi w'i Kidironi no ku ruhetero rw'irembo ry'amafarashi aherekeye iburasirazuba, hazaba aherejwe Uwiteka. Ntihazongera kurandurwa cyangwa gusenywa ukundi.”


Uku abe ari ko uzamubwira uti “Uku ni ko Uwiteka avuga ngo ‘Dore icyo nubatse ngiye kugisenya, n'icyo nateye nk'insina ngiye kukirandura ndetse no mu gihugu cyose.


Nzateza Elamu imiyaga ine iturutse mu birere bine by'ijuru, kandi nzabatataniriza muri ibyo birere byose, ndetse nta shyanga ibicibwa bya Elamu bitazageramo.


Maze arambwira ati “Hanurira umuyaga, uhanure mwana w'umuntu, maze ubwire umuyaga uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Uturuke mu birere bine wa mwuka we, uhuhe muri iyo mirambo kugira ngo ibeho.’ ”


Nuko Daniyeli aravuga ati “Mu byo neretswe nijoro, nagiye kubona mbona imiyaga ine yo mu ijuru ihubukira ku nyanja nini.


“Hanyuma y'ibyo mbona indi nyamaswa isa n'ingwe, ku mugongo wayo yari ifite amababa ane asa n'ay'igisiga, kandi yari ifite imitwe ine, ihabwa ubutware.


Nitegereje ayo mahembe mbona muri yo hameze irindi hembe ritoya. Imbere yaryo hakurwa amahembe atatu mu yari asanzwe, kandi kuri iryo hembe mbonaho amaso asa n'ay'umuntu, n'akanwa kavuga ibikomeye.


Kandi nk'uko ryavunitse mu cyimbo cyaryo hakamera andi mahembe ane, uko ni ko hazaba ubwami bune bukomoka muri ubwo bwoko, ariko buzaba budafite amaboko nk'ay'uwa mbere.


Isekurume y'ihene igira imbaraga nyinshi cyane, imaze gukomera iryo hembe rinini riravunika, mu cyimbo cyaryo hamera andi mahembe ane agaragara cyane, yerekeye mu birere bine by'ijuru.


Ndamubaza nti “Urajya he?” Ati “Ndajya kugera i Yerusalemu ngo ndebe ubugari n'uburebure bwaho uko bureshya.”


Marayika aransubiza ati “Biriya ni imiyaga ine yo mu ijuru, ivuye guhagarara imbere y'Umwami nyir'isi yose.


Amenye ibyo bibwira arababwira ati “Ubwami bwose iyo bwigabanyije ubwabwo burarimbuka, n'umudugudu wose cyangwa inzu yose, iyo byigabanyije ubwabyo ntibigumaho.


Ariko Imana iramubwira iti ‘Wa mupfu we, muri iri joro uranyagwa ubugingo bwawe. Ibyo wabitse bizaba ibya nde?’


Hanyuma y'ibyo mbona abamarayika bane bahagaze ku mpfuruka enye z'isi bafashe imiyaga ine yo mu isi, kugira ngo hatagira umuyaga uhuha mu isi cyangwa mu nyanja cyangwa ku giti cyose.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan